Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yagiranye Ibiganiro N’Umuyobozi Mukuru Wa UNHCR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yagiranye Ibiganiro N’Umuyobozi Mukuru Wa UNHCR

admin
Last updated: 26 April 2021 11:11 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), Filippo Grandi, umaze iminsi mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda.

Grandi yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame ari kumwe n’Umuyobozi wa UNHCR mu Rwanda Ahmed Baba Fall, Umuhuzabikorwa w’amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Fodé Ndiaye na Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange.

Nyuma y’ibyo biganiro, Grandi yanditse kuri Twitter ko ikibazo cy’impunzi mu karere gikomeye, ariko yishimiye umusanzu w’ubuyobozi bw’u Rwanda mu kugikemura binyuze mu kuzimura ku bushake cyangwa kuzituza ku babishaka.

Yakomeje ati “Uyu munsi nagiranye ibiganiro byiza cyane na Perezida Paul Kagame ku buryo bwo kurenga imbogamizi zihari tukabyaza umusaruro amahirwe ashoboka.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

U Rwanda rumaze imyaka ibiri rwakira impunzi n’abashaka ubuhungiro bari baraheze muri Libya bashaka kujya i Burayi, mu gihe baba bagishakirwa niba hari ibihugu byabakira, naho abazabihitamo bakazatuzwa mu Rwanda.

Ku wa 25 Mata Grandi yagiranye ibiganiro n’inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga na Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, harebwa ibikorwa bireba impunzi ziri mu Rwanda, ingorane zihari n’ibisubizo bishoboka.

Yanasuye inkambi y’agateganyo ya Gashora yakirirwamo impunzi zivanwa mu gihugu cya Libya. Uwo munsi yanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyamata, mu Karere ka Bugesera.

Uru rugendo rukozwe mu gihe inkunga zahabwaga impunzi zikomeje kugabanyuka cyane.

U Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga 137.000, ziganjemo Abanye-Congo ibihumbi bisaga 77 n’Abarundi basaga ibihumbi 59.

- Advertisement -

Rucumbikiye kandi impunzi zirenga 60 zituruka mu bihugu bya Afghanistan, Angola, Centrafrique, Chad, Eritrea, Ethiopia, Guinea, Haiti, Kenya, Somalia, Sudan y’Epfo, Tanzania na Uganda.

Perezida Kagame nyuma yo kugirana ibiganiro n’aba bayobozi
TAGGED:Abanye-CongoBurundifeaturedFilippo GrandiImpunziPaul KagameUNHCR
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Munyenyezi Uheruka Kwirukanwa Muri Amerika Yasabiwe Gufungwa By’Agateganyo
Next Article Amafoto: Akarasisi K’Ingabo Z’ U Burundi, Hari Abikuye Ishati
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?