Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yagiranye Ibiganiro N’Umuyobozi Mukuru Wa UNHCR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yagiranye Ibiganiro N’Umuyobozi Mukuru Wa UNHCR

Last updated: 26 April 2021 11:11 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), Filippo Grandi, umaze iminsi mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda.

Grandi yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame ari kumwe n’Umuyobozi wa UNHCR mu Rwanda Ahmed Baba Fall, Umuhuzabikorwa w’amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Fodé Ndiaye na Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange.

Nyuma y’ibyo biganiro, Grandi yanditse kuri Twitter ko ikibazo cy’impunzi mu karere gikomeye, ariko yishimiye umusanzu w’ubuyobozi bw’u Rwanda mu kugikemura binyuze mu kuzimura ku bushake cyangwa kuzituza ku babishaka.

Yakomeje ati “Uyu munsi nagiranye ibiganiro byiza cyane na Perezida Paul Kagame ku buryo bwo kurenga imbogamizi zihari tukabyaza umusaruro amahirwe ashoboka.”

U Rwanda rumaze imyaka ibiri rwakira impunzi n’abashaka ubuhungiro bari baraheze muri Libya bashaka kujya i Burayi, mu gihe baba bagishakirwa niba hari ibihugu byabakira, naho abazabihitamo bakazatuzwa mu Rwanda.

Ku wa 25 Mata Grandi yagiranye ibiganiro n’inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga na Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, harebwa ibikorwa bireba impunzi ziri mu Rwanda, ingorane zihari n’ibisubizo bishoboka.

Yanasuye inkambi y’agateganyo ya Gashora yakirirwamo impunzi zivanwa mu gihugu cya Libya. Uwo munsi yanasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyamata, mu Karere ka Bugesera.

Uru rugendo rukozwe mu gihe inkunga zahabwaga impunzi zikomeje kugabanyuka cyane.

U Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga 137.000, ziganjemo Abanye-Congo ibihumbi bisaga 77 n’Abarundi basaga ibihumbi 59.

Rucumbikiye kandi impunzi zirenga 60 zituruka mu bihugu bya Afghanistan, Angola, Centrafrique, Chad, Eritrea, Ethiopia, Guinea, Haiti, Kenya, Somalia, Sudan y’Epfo, Tanzania na Uganda.

Perezida Kagame nyuma yo kugirana ibiganiro n’aba bayobozi
TAGGED:Abanye-CongoBurundifeaturedFilippo GrandiImpunziPaul KagameUNHCR
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Munyenyezi Uheruka Kwirukanwa Muri Amerika Yasabiwe Gufungwa By’Agateganyo
Next Article Amafoto: Akarasisi K’Ingabo Z’ U Burundi, Hari Abikuye Ishati
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?