Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yakiriye Umuyobozi w’Ishuri Ryo Muri Afghanistan Ryimukiye Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yakiriye Umuyobozi w’Ishuri Ryo Muri Afghanistan Ryimukiye Mu Rwanda

admin
Last updated: 16 November 2021 5:01 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Shabana Basij-Rasikh washinze Ishuri ry’Imiyoborere ry’abakobwa muri Afghanistan (SOLA), riheruka kwimurira ibikorwa mu Rwanda mu buryo bw’igihe gito.

U Rwanda rwemeye kwakira abayobozi, abanyeshuri n’abarimu ba SOLA muri Kanama 2021, ubwo Afghanistan yari imaze gufatwa n’umutwe wa Taliban wakunze kubangamira bikomeye uburezi bw’abana b’abakobwa.

Icyo gihe Basij-Rasikh yatangaje ko hamwe n’abanyeshuri hafi 250, abarimu, abakozi n’imiryango yabo bimuriye ibikorwa mu Rwanda mu buryo bw’igihe gito.

Yagize ati “SOLA irimo kwimurirwa ahandi, ariko ukwimuka kwacu ntabwo ari ukwa burundu. Igihembwe kimwe cy’amezi atandatu nicyo duteganya. Bitewe n’uko ibintu bizaba bimeze, twizera ko tuzagaruka mu rugo muri Afghanistan. Muri iki gihe ndasaba ko ubusugire bw’umuryango wacu bwubahirizwa.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwoba bwari bufite ishingiro

Umutwe wa Taliban umaze gufata igihugu, abaturage benshi barahunze, cyane cyane abakoranaga n’Abanyamerika bari bahamaze imyaka 20.

Uretse abo, abagore n’abakobwa bahise bahangayikishwa n’ibihe biri imbere.

Hashingirwa ku byabaye ubwo umutwe wa Taliban wategekaga igihugu kuva mu 1996 kugeza mu 2001 ukameneshwa n’ingabo za Amerika zifatanyije n’iza Afghanistan.

Ntabwo abakobwa n’abagore bari bemerewe kujya ku kazi, byahindutse ubutegetsi bwa Taliban bukuweho.

- Advertisement -

Mbere ntibyari byemewe ku mugore kugaragaza akantu na gato ku mubiri igihe yambaye yikwije, ndetse abagore bahabwaga ibihano bihambaye birimo gukubitwa bazira kugerageza kwiga kandi bibujijwe, no guterwa amabuye kugeza upfuye igihe uhamijwe icyaha cy’ubusambanyi.

Muri make abagore bari bahejwe mu buzima rusange bw’igihugu, ari abo mu rugo gusa.

Ubwo Taliban yafataga igihugu, abagore n’abakobwa birukiye kugura imyenda ibapfuka hose, izwi nka burqa.

Nyuma y’amezi make bari ku butegetsi, abakobwa basabwe kuba bagumye mu ngo ntibajye ku mashuri kugeza hashyizweho uburyo bukwiye bwo kwiga, mu gihe abahungu mu byiciro byose bakomeje amasomo.

Guverinoma kandi yashyizweho na Taliban nta mugore numwe ubamo, nubwo bivugwa ko bashobora kuzongerwamo nyuma.

Ni mu gihe abahise bimurirwa mu Rwanda bagize amahirwe yo gukomeza amasomo, bitandukanye na bagenzi babo batabashije gusohoka muri Afghanistan.

TAGGED:AghanistanfeaturedPaul KagameShabana Basij-RasikhSOLA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Haftar Yiyamamarije Kuyobora Libya
Next Article Mango Telecom Ltd Yavuye Ku Izima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?