Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yakiriye Umuyobozi w’Ishuri Ryo Muri Afghanistan Ryimukiye Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yakiriye Umuyobozi w’Ishuri Ryo Muri Afghanistan Ryimukiye Mu Rwanda

admin
Last updated: 16 November 2021 5:01 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Shabana Basij-Rasikh washinze Ishuri ry’Imiyoborere ry’abakobwa muri Afghanistan (SOLA), riheruka kwimurira ibikorwa mu Rwanda mu buryo bw’igihe gito.

U Rwanda rwemeye kwakira abayobozi, abanyeshuri n’abarimu ba SOLA muri Kanama 2021, ubwo Afghanistan yari imaze gufatwa n’umutwe wa Taliban wakunze kubangamira bikomeye uburezi bw’abana b’abakobwa.

Icyo gihe Basij-Rasikh yatangaje ko hamwe n’abanyeshuri hafi 250, abarimu, abakozi n’imiryango yabo bimuriye ibikorwa mu Rwanda mu buryo bw’igihe gito.

Yagize ati “SOLA irimo kwimurirwa ahandi, ariko ukwimuka kwacu ntabwo ari ukwa burundu. Igihembwe kimwe cy’amezi atandatu nicyo duteganya. Bitewe n’uko ibintu bizaba bimeze, twizera ko tuzagaruka mu rugo muri Afghanistan. Muri iki gihe ndasaba ko ubusugire bw’umuryango wacu bwubahirizwa.”

Ubwoba bwari bufite ishingiro

Umutwe wa Taliban umaze gufata igihugu, abaturage benshi barahunze, cyane cyane abakoranaga n’Abanyamerika bari bahamaze imyaka 20.

Uretse abo, abagore n’abakobwa bahise bahangayikishwa n’ibihe biri imbere.

Hashingirwa ku byabaye ubwo umutwe wa Taliban wategekaga igihugu kuva mu 1996 kugeza mu 2001 ukameneshwa n’ingabo za Amerika zifatanyije n’iza Afghanistan.

Ntabwo abakobwa n’abagore bari bemerewe kujya ku kazi, byahindutse ubutegetsi bwa Taliban bukuweho.

Mbere ntibyari byemewe ku mugore kugaragaza akantu na gato ku mubiri igihe yambaye yikwije, ndetse abagore bahabwaga ibihano bihambaye birimo gukubitwa bazira kugerageza kwiga kandi bibujijwe, no guterwa amabuye kugeza upfuye igihe uhamijwe icyaha cy’ubusambanyi.

Muri make abagore bari bahejwe mu buzima rusange bw’igihugu, ari abo mu rugo gusa.

Ubwo Taliban yafataga igihugu, abagore n’abakobwa birukiye kugura imyenda ibapfuka hose, izwi nka burqa.

Nyuma y’amezi make bari ku butegetsi, abakobwa basabwe kuba bagumye mu ngo ntibajye ku mashuri kugeza hashyizweho uburyo bukwiye bwo kwiga, mu gihe abahungu mu byiciro byose bakomeje amasomo.

Guverinoma kandi yashyizweho na Taliban nta mugore numwe ubamo, nubwo bivugwa ko bashobora kuzongerwamo nyuma.

Ni mu gihe abahise bimurirwa mu Rwanda bagize amahirwe yo gukomeza amasomo, bitandukanye na bagenzi babo batabashije gusohoka muri Afghanistan.

TAGGED:AghanistanfeaturedPaul KagameShabana Basij-RasikhSOLA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Haftar Yiyamamarije Kuyobora Libya
Next Article Mango Telecom Ltd Yavuye Ku Izima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?