Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasabye Abacamanza Guca Ukubiri Na Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yasabye Abacamanza Guca Ukubiri Na Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2021 10:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye abacamanza kunoza imikorere, bakirinda kuba uru rwego rwagaragara nk’urwamunzwe na ruswa cyangwa ko rukoreshwa n’abanyamafaranga.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu ubwo yakiraga indahiro z’abacamanza batatu barimo Dr Aimé Muyoboke Kalimunda wagizwe Umucamanza mu Urukiko rw’Ikirenga, Rukundakuvuga François Régis wagizwe Perezida w’urukiko rw’Ubujurire na Mukamurera Clotilde wagizwe Perezida w’urukiko Rukuru rw’ubucuruzi.

Perezida Kagame yavuze ko inshingano z’ubucamanza aba barahiye bazisanzwemo, igishya kikaba ari inzego z’ubucamanza bagiye gukoreramo zahindutse, abifuriza imirimo myiza.

Yavuze ko ubukungu bw’igihugu bukomeje kwaguka, ari nako ibyifuzo by’abanyarwanda byiyongera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yanavuze ko imikorere y’amabanki itashoboka, igihe abantu baba bakoresha inzego z’ubutabera mu gutinda kwishyura cyangwa ntibanishyure na busa.

Yakomeje ati “Urwego rw’ubutabera rugomba gukurikiranira hafi iryo zamuka ry’ubukungu n’indi mibereho y’abanyarwanda, bukabigiramo uruhare, naho ubundi inshingano zaba zitumvikana batagizemo uruhare.”

Yatanze ingero zirimo ko ishoramari n’amasezerano mpuzamahanga bifasha gushyigikira ubukungu, ariko ko bibaho iyo hari icyizere ko ibyasezeranyijwe bizaboneka, kandi bigashingira ku buryo ubutabera bikurikirana ibyo bikorwa, n’ahakozwe amakosa, ababigizemo uruhare bagahanwa.

Yakomeje ati “Nanone abaturage batakaza icyizere mu butabera iyo babona ko kurangiza imanza bitubahwa kuko harimo ruswa n’ubundi buriganya, aho gukemura ibibazo bikazamura izindi manza nyinshi.”

“Inzego z’ubutabera rero zigomba gushyigikira iterambere n’umuco wo kubahiriza amategeko. Abacamanza ninabo ibi byose bikwiye kuba biheraho, bikabagaragaramo ko bubahiriza ubutabera, bubahiriza n’amategeko ubwabo, bityo no mu baturarwanda bikabanezeza ko bafite uwo baregera, bafite ubarenganura, bafite ukuri kandi kubashoboresha mu mirimo yabo bikorera muri rusange. ”

- Advertisement -

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuza ku mwanya wa 37 mu kuba rugendera ku mategeko, ariko hari n’ibikeneye gukorwa ngo rugere ku mwanya wa mbere.

Ibyo byose ngo bigakorwa hagamijwe kurinda ibyagezweho no kubyubakiraho.

Yasabye ko ingamba ziriho ku rwego rw’abunzi zakwihutishwa kuko ruriya rwego rutanga amahirwe yo gukemura impaka, rukumvikanisha abantu bitabaye ngombwa ko bajya mu nkiko.

Yakomeje ati “Iyo abaturage uko baba bangana kose babona ko Urwego rw’ubutabera rurimo ruswa, rudakora uko bikwiye kandi rukoreshwa n’abafite ubushobozi cyangwa imbaraga, bikagira iryo zina gusa gutyo, tugomba kwibaza impamvu abaturage cyangwa abatuye u Rwanda babibona batyo, tugashaka icyakorwa kugira ngo ibyo bihinduke.”

Umuhango wo kwakira izi ndahiro wabereye muri Village Urugwiro.

Kalimunda yari asanzwe ari Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire kuva muri Nyakanga 2018. Mbere yari Umucamanza mu rukiko rw’Ikirenga, ari naho yasubijwe.

Francois-Regis Rukundakuvuga we yari asanzwe ari umucamanza mu Urukiko rw’Ikirenga kuva muri Mata 2019. Yamaze imyaka isaga icumi ari Umugenzuzi w’Inkiko.

Ni mu gihe Mukamurera yari asanzwe ari Umucamanza mu Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi. Yanabaye umucamanza mu Urukiko rw’Isoko Rusange ry’Umuryango waAfurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo, COMESA.

Perezida Kagame niwe wakiriye indahiro zabo
Barahiriye kuzuzuza inshingano z’ubutabera
TAGGED:AbacamanzafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Y’U Rwanda Iha Abatuye Bangui Amazi Ibarinda Ibyago Byo Kuyavana Kure
Next Article Afurika Yunze Ubumwe Ntiyumva Kimwe Uko Ibibera Muri Tchad Byakemurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?