Perezida Kagame Yateye Igiti No Muri Seychelles

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe  muri Seychelles, Perezida Kagame yateye igiti. Ni igiti cyera ku rubuto rwa mbere runini mu bugari.

Uru ni urubuto rwitwa Coco-de-Mer. Yaruteye mu busitani bw’iki gihugu.

Si ubwa mbere Perezida Kagame ateye igiti ku butaka bw’ikindi gihugu kuko yigeze no kugitera muri Zambia ubwo yahakoreraga urugendo mu mezi menshi ashize.

Umukuru w’u Rwanda ari muri Seychelles mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

Ku munsi warwo wa  mbere yaganiriye na mugenzi we uyobora kiriya gihugu, nyuma bombi bagirana ibiganiro byabahuje n’abandi bayobozi bakuru ku mpande zombi.

Hanasinywe amasezerano ku mpande zombi arimo n’ubufatanye mu bya gisirikare.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version