Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukraine Yongeye Kugaba Igitero Mu Burusiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ukraine Yongeye Kugaba Igitero Mu Burusiya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2025 1:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Intambara y'Uburusiya na Ukraine iri hafi kumara imyaka itatu.
SHARE

Igisirikare cya Ukraine kivuga ko cyagabye igitero mu Ntara ya Kursk mu Burusiya, ibintu ingabo z’Uburusiya zidahakana.

Iki gitero cyagabwe mu rwego rwo kwihimura ku bindi Uburusiya bumaze iminsi bugaba muri Ukraine.

Muri  Kanama, 2024 nibwo ingabo za Ukraine zagabye igitero cya mbere muri iriya Ntara ariko ziza kuhirukanwa n’iz’Uburusiya bwazigose buzibuza ubwinyagamburiro.

Gusa ntabwo abasirikare bose ba Ukraine birukanywe muri ako gace, ibi bikaba igisobanuro cy’uko muri iki gihe bongeye kwisuganya bakomeza ibitero bagana imbere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hagati aho, amakuru ava muri Ukraine aremeza ko Perezida wayo Volodymyr Zelensky yizeye ko Donald Trump ari we uzatuma amahoro agaruka, intambara ikarangira.

Zelensky avuga ko Trump ari we ufite uburyo bwatuma intambara ari kurwana na Putin ikaba igiye kumara imyaka itatu ihagarara.

Twabibutsa ko iyi ntambara yatangiye muri Gashyantare, 2022.

Trump nawe ubwo yiyamamarizaga kuyobora Amerika, yavuze kenshi ko azakora ku buryo iriya ntambara irangira nubwo atigeze asobanura uko azabigenza.

Amakuru avuga ko kugira ngo Putin yemere ko intambara yatangije ihagaraye, bizaba ngombwa ko Ukraine yemera ko intara Uburusiya bwamaze gufata buzigarurira zikaba izabwo.

- Advertisement -

Ku rundi ruhande, Ukraine nayo ivuga ko ishobora kwemera ibyo ari uko Amerika n’Abanyaburayi bayemereye kujya muri OTAN/NATO.

Iyi ni ingingo Putin adashobora kwemera kuko n’ubundi bivugwa ko yatangije iriya ntambara nyuma yo kubona amakuru y’uko Kyiv yashakaga kujya muri uriya Muryango w’ibihugu byo mu Majyaruguru y’Inyanja ya Atlantic byiyemeje gutabarana.

Ku byerekeye igitero Ukraine ivugwaho kugaba mu Burusiya, Minisiteri y’ingabo y’iki gihugu ivuga ko ibifaro bibiri ari byo byakoreshejwe muri icyo gitero.

Byombi byarashwe nk’uko ubuyobozi bw’iyi Minisiteri bubyemeza ariko ko  imirwano igikomeje.

Uruhande rwa Ukraine ruvuga ko ingabo z’iki gihugu zakoze ibintu byiza, ko gutera imbere mu Burusiya ari amakuru meza.

Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida Zelensky witwa Andriy Yermak aravugwaho kemeza ko Uburusiya buri kugererwa mu kebo bugereramo abandi.

Hari undi muyobozi muri iki gihugu witwa Andriy Kovalenko wanditse kuri Telegram ko Abarusiya bo mu Ntara ya Kursk bahuye n’akaga benewabo babakururiye.

BBC yanditse ko bishoboka ko igitero Ukraine yagabye ari icyo kujijisha, ko hari ikindi kiremereye kurushaho iri gutegura mu gihe kiri imbere.

Mu mezi make yatambutse, ingabo za Ukraine zavugwagaho ubuke no kutagira ibikoresho bihagije byo gukoma imbere abasirikare b’Uburusiya.

Indi ngingo ivugwa muri iyi ntambara ni uruhare ingabo za Koreya ya Ruguru ziyifite mo.

Ukraine iherutse gutangaza ko hari umusirikare wa Koreya ya Ruguru wafatiwe ku rugamba ariko ntihatangajwe amazina ye.

Ni amakuru kandi yemejwe na Koreya y’Epfo, umwanzi w’igihe kirekire wa Koreya ya Ruguru.

TAGGED:AbasirikareBurusiyaIngaboPutinUkraineZelensky
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Inkuba Yakubise Abantu 12
Next Article Imirongo Mishya Ya Minisiteri Y’Ubucuruzi N’Inganda Ku Buziranenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahanga

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?