Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ihuza Qatar N’Inshuti Zayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ihuza Qatar N’Inshuti Zayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2023 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kagame yaraye ageze i Doha muri Qatar mu nama ihuza iki gihugu n’ibindi by’inshuti zacyo; iyo nama yitwa Qatar Economic Forum. Ari mu bayobozi b’ibihugu bazatanga ikiganiro muri iyi nama.

Ku kibuga cy’indege cy’i Doha yakiriwe na Akbar Al-Baker, akaba umuyobozi w’ikigo cya Qatar gitarwa abantu n’ibintu mu ndege, Qatar Airways.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye n’umuherwe w’Umunyamerika witwa Michael Bloomberg( niwe nyiri ikinyamakuru cyandika ku bukungu kitwa The Bloomberg) akazayitangamo ikiganiro.

Iratangira kuri uyu wa Kabiri taliki 23 izarangire taliki 25, Gicurasi, 2023.

Izigirwamo uko ibihugu by’Abarabu bigize ikigobe cya Gulf (bihagarariwe na Qatar) hamwe n’Ubuhinde, byakorana n’inshuti zabyo kugira ngo nabyo bishyireho uburyo bwabigoboka mu gihe Ubushinwa na Amerika bakomeza guhanganisha ubukungu bwabo.

Abahanga mu bukungu bavuga ko iriya nama igamije kurebera hamwe uko Qatar yashyiraho ubundi buryo bw’ingoboka bwatuma ibihugu bikorana nayo bigira ubukungu bwihagazeho muri iki gihe idolari riri kujegajega.

Kimwe mu byerekana ko idolari ry’Amerika($) riri kujegajega ni uko na Banki nkuru y’Amerika( yitwa Federal Reserve) idahagaze neza.

Guhagarara nabi kwayo kwatumye hari banki zari zisanzwe zikomeye zahombye.

Kuba Qatar ikize kuri gazi na petelori byayihaye amadolari abarirwa muri Tiriyari $3( ni ukuvuga miliyari ibihumbi bitatu) yo gushyira mu kigega cyayo kugira ngo ifashe ibihugu by’inshuti gukomeza kubona amavuta bikeneye bityo ntibigirweho ingaruka zikomeye n’imihindagurikire ya hato na hato y’igiciro cyayo ku isoko mpuzamahanga.

Qatar ni igihugu gito cyane ariko gikize bifatika

Abitabiriye iriya nama baranonosora uko ubukungu bw’igice cy’Amajyepfo cyane y’isi( Afurika) n’icy’Amajyepfo ashyira Uburasirazuba( Aziya yo ku Buhinde n’ibihugu bibukikije) bwakomeza kongererwa imbaraga.

Kubera ubukungu bwa Qatar,  nayo iri kwigaragaza mu ruhando mpuzamahanga nk’igihugu gishobora gufasha ibindi kwivana mu bukene kandi kikagira ijambo mu guhuza ibihugu bimwe na bimwe bifitanye amakimbirane.

TAGGED:AmerikafeaturedInamaKagamePeteloriQatarUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyemari Rusizana Afungiwe ‘Guhakana’ Ko Akorana N’Abakomeye
Next Article Gerayo Amahoro: Ubukangurambaga Bugarukanye Ingufu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?