Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ihuza Qatar N’Inshuti Zayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ihuza Qatar N’Inshuti Zayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2023 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kagame yaraye ageze i Doha muri Qatar mu nama ihuza iki gihugu n’ibindi by’inshuti zacyo; iyo nama yitwa Qatar Economic Forum. Ari mu bayobozi b’ibihugu bazatanga ikiganiro muri iyi nama.

Ku kibuga cy’indege cy’i Doha yakiriwe na Akbar Al-Baker, akaba umuyobozi w’ikigo cya Qatar gitarwa abantu n’ibintu mu ndege, Qatar Airways.

Iyi nama yateguwe ku bufatanye n’umuherwe w’Umunyamerika witwa Michael Bloomberg( niwe nyiri ikinyamakuru cyandika ku bukungu kitwa The Bloomberg) akazayitangamo ikiganiro.

Iratangira kuri uyu wa Kabiri taliki 23 izarangire taliki 25, Gicurasi, 2023.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Izigirwamo uko ibihugu by’Abarabu bigize ikigobe cya Gulf (bihagarariwe na Qatar) hamwe n’Ubuhinde, byakorana n’inshuti zabyo kugira ngo nabyo bishyireho uburyo bwabigoboka mu gihe Ubushinwa na Amerika bakomeza guhanganisha ubukungu bwabo.

Abahanga mu bukungu bavuga ko iriya nama igamije kurebera hamwe uko Qatar yashyiraho ubundi buryo bw’ingoboka bwatuma ibihugu bikorana nayo bigira ubukungu bwihagazeho muri iki gihe idolari riri kujegajega.

Kimwe mu byerekana ko idolari ry’Amerika($) riri kujegajega ni uko na Banki nkuru y’Amerika( yitwa Federal Reserve) idahagaze neza.

Guhagarara nabi kwayo kwatumye hari banki zari zisanzwe zikomeye zahombye.

Kuba Qatar ikize kuri gazi na petelori byayihaye amadolari abarirwa muri Tiriyari $3( ni ukuvuga miliyari ibihumbi bitatu) yo gushyira mu kigega cyayo kugira ngo ifashe ibihugu by’inshuti gukomeza kubona amavuta bikeneye bityo ntibigirweho ingaruka zikomeye n’imihindagurikire ya hato na hato y’igiciro cyayo ku isoko mpuzamahanga.

- Advertisement -
Qatar ni igihugu gito cyane ariko gikize bifatika

Abitabiriye iriya nama baranonosora uko ubukungu bw’igice cy’Amajyepfo cyane y’isi( Afurika) n’icy’Amajyepfo ashyira Uburasirazuba( Aziya yo ku Buhinde n’ibihugu bibukikije) bwakomeza kongererwa imbaraga.

Kubera ubukungu bwa Qatar,  nayo iri kwigaragaza mu ruhando mpuzamahanga nk’igihugu gishobora gufasha ibindi kwivana mu bukene kandi kikagira ijambo mu guhuza ibihugu bimwe na bimwe bifitanye amakimbirane.

TAGGED:AmerikafeaturedInamaKagamePeteloriQatarUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyemari Rusizana Afungiwe ‘Guhakana’ Ko Akorana N’Abakomeye
Next Article Gerayo Amahoro: Ubukangurambaga Bugarukanye Ingufu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?