Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ku Ihohoterwa Rikorerwa Abagore n’Abakobwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ku Ihohoterwa Rikorerwa Abagore n’Abakobwa

Last updated: 25 November 2021 2:55 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yitabiriye inama y’Ubumwe bwa Afurika (AU) ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma batandukanye b’abagabo.

Ni inama yiswe Men’s Conference on Positive Masculinity, ishishikariza abagabo kugira uruhare mu guhangana n’ihohoterwa muri Afurika. Yakiriwe na Perezida Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo uyoboye AU muri uyu mwaka.

AU ivuga ko ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa muri Afurika riterwa n’ubusumbane bushingiye gitsina, ahantu hamwe na hamwe bigasa n’ibyemewe.

Nubwo ngo hari imbaraga nyinshi zikoreshwa mu kubirwanya, usanga ihohoterwa rikomeza kwiyongera.

Harimo irikorwa n’abo bashakanye rikorerwa ku mubiri, ku gitsina cyangwa mu bitekerezo; gukatwa bimwe mu bice by’imyanya y’ibanga ahantu hamwe na hamwe muri Afurika; gushyingira abakobwa bakiri bato; gufatwa ku ngufu, gushimutwa; gukoreshwa uburaya ku gahato n’ibindi.

AU ivuga ko ibintu byabaye bibi kurushaho mu bihe bya COVID-19, ku buryo guma mu rugo y’amezi atatu ishobora gutera ibibazo by’ihohoterwa bigera kuri miliyoni 15 cyangwa miliyoni 61 mu gihe yaramuka igeze ku mwaka wose.

Minisiteri zishinzwe uburinganire muri Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ziheruka gutangaza izamuka ry’ibibazo by’ihohoterwa rya 48%.

Mu kuzirikana uruhare rw’abagabo n’abahungu mu guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore, abayobozi b’abagabo bo ku mugabane wa Afurika bahuriye muri RDC kuri uyu wa Kane.

Ni mu nama ya mbere ku ruhare rw’abagabo mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore.

Perezida Kagame yakiriwe ku kibuga cy’indege i Kinshasa na Minisitiri w’Intebe Sama Lukonde. Nyuma yaje kwakirwa na Perezida Tshisekedi muri Palais de la Nation.

AU yavuze ko muri iriya nama, “Abagabo mu nshingano zitandukanye bashishikarizwa kugira uruhare rukomeye mu gushyigikira no kurangaza imbere gahunda zigamije kurandura ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa muri Afurika.”

Muri iyo nama kandi byitezwe ko abayobozi bagomba kwiyemeza gushyiraho uburyo butuma abagore baba benshi mu nzego z’ubuyobozi ku nzego zose, harimo mu bakuru b’ibihugu, mu bagoze guverinoma n’izindi nzego.

Perezida Kagame yakiriwe i Kinshasa na Minisitiri w’Intebe Sama Lukonde

Perezida Kagame yakiriwe na Tshisekedi muri Palais de la Nation i Kinshasa
Yakiranywe icyubahiro gikwiye Umukuru w’Igihugu

 

TAGGED:AUfeaturedIhohoterwaPaul KagameSama LukondeTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IPRC Musanze Yaravuguruwe Ku Bufatanye N’u Bushinwa
Next Article Aba ‘Influencers’ B’Abanyarwanda Baba Hanze Babaye Indashyikirwa Bagiye Guhembwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Abanyarwanda Babiri Baguye Mu Mpanuka Yabereye Uganda

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibishanga Bya Kigali Biri Gutunganywa Bizatahwa Muri Kamena 2026-REMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?