Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Macron Yemeje Ko Agiye Gusura U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Macron Yemeje Ko Agiye Gusura U Rwanda

Last updated: 19 May 2021 10:22 am
Share
SHARE

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yemeje ko azagirira uruzinduko mu Rwanda mpera z’uku kwezi, rugamije gushimangira umubano mushya ukomeje kugaragara hagati y’ibihugu byombi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Macron yavuze ko yaganiriye na Perezida Kagame, bemeranya “gufungura paji nshya mu mubano.”

Yakomeje ati “Ndemeza ko mu mpera z’uku kwezi kwa Gicurasi nzagirira uruzinduko mu Rwanda, rukazaba ari urugendo ruri mu rwego rwa politiki, kwibuka, ariko runajyanye n’ubukungu n’ubuzima by’igihe kiri imbere.”

Bimaze iminsi bitangazwa ko Macron azasura u Rwanda ku wa 27 Gicurasi, mu ruzinduko ruzasozwa ku wa 28 Gicurasi.

Ni uruzinduko ruzaba rukurikira urwa Nicolas Sarkozy mu 2010.

Umubano w’ibihugu byombi wajemo ibibazo ahanini bishingiye ku ruhare u Bufaransa bwakomeje gushinjwa mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko icyo gihugu gikora ibishoboka byose mu kuruhishira. Biheruka kwemezwa na Raporo yakozwe n’ikigo Levy Firestone Muse LLP cyo muri Amerika, ku busabe bwa Guverinoma y’u Rwanda.

Perezida Macron aheruka gushyiraho komisiyo yacukumbuye uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside, yemeje ko hari uruhare rukomeye bwagize mu mateka yagejeje kuri Jenoside, nubwo nta bimenyetso byagaragaje ko bwayigizemo uruhare.

Perezida Kagame aheruka kuvuga ko izi raporo zombi zigaragaza ubushake bwo kubakira umubano mushya ku kuri.

Umubano utifashe neza watumye u Bufaransa kugeza magingo aya butagira ambasaderi mu Rwanda, kuko nyuma ya Michel Flesch wasoje imirimo mu 2015, ambasade yabwo i Kigali iyobowe na Chargé d’Affaires Jérémie Blin.

Biteganyijwe ko mu ruzinduko azagirira mu Rwanda, Macron azanafungura ikigo ndangamuco w’Abafaransa, Centre Culturel Francophone.

 

TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedPaul KagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Car Free Day Yagarutse, Guhurira Hamwe Ntibyemewe
Next Article Abimukira Bava Muri Maroc Bongeye Kugana Uburayi Ari Benshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?