Perezida Nana Akufo Addo Aravugwaho Kunanirwa Kuzahura Ubukungu bwa Ghana

Ghana ni kimwe mu bihugu by’Afurika bimaze igihe bifite ubuyobozi buhamye kandi buteza imbere abaturage kurusha henshi muri Afurika.

Ituwe n’abaturage barengaho gato Miliyoni  31 kandi ifite amabuye y’agaciro menshi arimo na zahabu.

Kubera Zahabu nyinshi, hari n’abigeze kuyita Gold Coast.

Kuva yabona ubutegetsi yipakuruye abakoloni b’Abongereza, Ghana yakomeje kuba igihugu gifite imiyoborere bamwe bavuga ko ari intangarugero mu karere iherereyemo ndetse na henshi muri Afurika.

- Advertisement -

Iki gihugu cyabyaye Koffi Anan wayoboye Umuryango w’Abibumbye kiri mu bihugu by’Afurika bifite amateka akomeye kuko yigeze kugira ubwami bwategetse ahantu hanani mu gice irimo ndetse no mu bituranye nayo .

N’ubwo isura ya Ghana ari nziza muri rusange, muri iki gihe iki gihugu gifite ubukungu  buri kugwa.

Buri kugwa cyane k’uburyo abahanga mu bukungu bavuga ko  bwaguye k’uburyo gifite n’umwenda wa Miliyari $38.

Ifaranga rya Ghana ryataye agaciro ku kigero cya +40 % .

Ibi kandi  si ikibazo kizarangira vuba kubera ko igomba kwishyura uwo mwenda kandi igashora mu mishinga ituma ubukungu buzamuka ntibukomeze kugwa.

Ni akazi kagomba gukorwa na Minisitiri w’imari witwa Ofori-Atta.

Ku rundi ruhande, Guverinoma ya  Ghana iri gusaba umwenda ngo irebe ko yashora mu nzego z’ubukungu zabyara inyungu vuba kandi zigaha abaturage akazi.

Uwo mwenda Ghana iri kwaka ungana na Miliyari $3 ashobora kuziyongera.

Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF,  nirwo ruri gusabwa uwo mwenda.

Ikibazo ni uko hari bamwe mu bayobozi ba Politiki batumva kimwe na bagenzi babo ingano y’umwenda igihugu cyabo kigomba gufata.

Mu mpera za Nzeri, 2022 hari itsinda ry’abahanga bo muri IMF bagiye i Accra ngo baganire n’abayobozi b’aho icyakorwa ngo uriya mwenda utangwe ariko ku nyungu nto.

Hari abadepite bamwe muri Ghana basa n’abashaka kunaniza kunaniza Perezida Nana Akufo Addo.

Ni abo mu mashyaka akomeye nka Congrès national démocratique (NDC) badashaka ko imigambi y’iri k’ubutegetsi igerwaho uko yakabaye.

Ishyaka riri k’ubutegetsi ryitwa Nouveau parti patriotique (NPP).

Nana Akuffo Ado afite kandi ibibazo bishingiye ku ngingo y’uko mu gihe gito kiri imbere hari amatora y’Umukuru w’igihugu bityo akaba agomba kubyitwamo neza.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version