Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 May 2025 8:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Faye mu kiganiro avuga ku Rwanda mu by'ikoranabuhanga.
SHARE

Diomaye Faye uyobora Senegal yabwiye amahanga ko u Rwanda ari igihugu ibindi byo muri Afurika bikwiye kwigiraho mu guha ikoranabuhanga umwanya wa mbere mu bintu byose.

Hari mu kiganiro yatangiye mu nama ngari y’iminsi ibiri iri kubera Abidjan muri Côte d’Ivoire yitwa Africa CEO Forum yitabiriwe n’Abakuru b’ibihugu 75 n’abandi bakomeye muri Afurika.

Faye yavuze ko u Rwanda rukwiye kureberwaho n’ibindi bihugu by’Afurika bikiga uko rwabigenje ngo inkingi nyinshi z’ubukungu bwarwo zibe zishingiye ku ikoranabuhanga.

Yarugereranyije na Estonia, igihugu kiri mu Majyaruguru w’Uburayi hafi y’inyanja ya Baltic.

Umwe mu basangiza b’amagambo bayoboye ibiganiro byabaye ku munsi wa mbere w’iyi nama( Tariki 12, Gicurasi, 2025) yabajije Perezida Diomaye Faye ati: “Haba hari igihugu mufatiraho icyitegererezo mu kwimakaza ikoranabuhanga mu mikorere iteza imbere ubukungu?”.

Yamubwiye ko uretse Estonia, ikindi gihugu cya Afurika abona ko gikwiye kwitabwaho na buri wese muri Afurika ushaka gukoresha ikoranabuhanga ari u Rwanda.

Yasubije ati: “ Dushobora gufatira icyitegererezo ku gihugu cyo mu Burayi cya Estonia. Ni igihugu kitari icyacu muri Afurika. Ni igihugu cyashoye mu ikoranabuhanga ku rwego rugaragara. Ku rundi ruhande iwacu muri Afurika dufite ikindi gihugu kitwa u Rwanda twafatiraho urugero”.

Kuri we, ibyo bihugu byombi byatangije kera gukora ibintu ibindi bihugu bya Afurika biri kugerageza gukora muri iki gihe.

Diomaye Faye avuga ko ikoranabuhanga rya Estonia ryazamutse mu nzego zose ku buryo riri kuri 98%.

Perezida wa Senegal avuga ko intego Afurika ifite ari ukuzazamura urwego rwayo mu ikoranabuhanga rukagera aho ibyo bihugu byombi( Estonia n’u Rwanda) bigeze.

Intego ya Afurika kuri we si ukuba abagenerwabikorwa mu ikoranabuhanga, ahubwo ni no kuba abafatanyabikorwa muri ryo.

Estonia: Igihugu cyo mu Majyaruguru y’Uburayi gikoresha ikoranabuhanga mu bintu byose ku kigero cya 98%.

Estonia ni igihugu cyateje imbere inzego zacyo zose kandi gifite ubukire bugaragara.

Kibarirwa mu bihugu bitabamo ruswa nyinshi ku isi hose, gifite itangazamakuru ryisanzuye bigaragara, abaturage babayeho neza kandi hafi yo hose hari ikoranabuhanga mu bintu bitandukanye.

Ikoranabuhanga ry’iki gihugu ryatumye kiba icya mbere ku isi cyateguye, gikoresha kandi kiyobora amatora kuri murandasi agenda neza.

Umurwa mukuru w’iki gihugu ni Tallinn.

U Rwanda narwo ruvugwaho kugira ikoranabuhanga muri byinshi kandi ntirugaragaramo ruswa nka henshi muri Afurika.

Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 yatumye rutakaza benshi mu bari amaboko yarwo ariko aho ihagarikiwe, ubuyobozi bw’u Rwanda bwatangije amavugurura mu bukungu yatumwe rugera ku rwego rwo kwishimira.

Icyakora, inzira iracyari ndende nk’uko abayobozi bakuru barwo bakunze kubivuga…

TAGGED:AfricaDiomayeEstoniaFayefeaturedForumRwandaSenegalUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 
Next Article DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?