Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amerika Irashaka Gukaza Imishinga Ihuriyeho N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gukaza Imishinga Ihuriyeho N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2024 6:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Eric W. Kneedler yaganiriye na Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon François Xavier Kalinda uko  Washington yarushaho gukorana na Kigali mu mishinga impande zombi zihuriyeho.

Perezida wa Sena ati: “ Twaganiriye cyane cyane ku mubano dusanzwe dufitanye na Leta zunze ubumwe z’Amerika. Twavuze ibintu byinshi bijyanye n’uwo mubano, haba mu bukungu, mu bukerarugendo, mu buzima, mu by’umutekano n’ibindi.”

Avuga ko u Rwanda rwishimira ko Amerika ibona kandi igaha aagaciro urugendo rw’iterambere rwihaye.

Ikindi avuga ko gishimishije kandi baganiriyeho ni uko Amerika nayo itanga umusanzu mu kugarura amahoro mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubutwererane hagati y’Amerika n’u Rwanda bumaze imyaka 60.

Ambasaderi w’Amerika we avuga ko ubwo butwererane bwamaze gushibukamo ubufatanye binyuze mu mishinga ibihugu byombi bihuriyemo.

Yabwiye itangazamakuru ko mu biganiro bye na Perezida wa Sena y’u Rwanda barebye kandi bita ku mahirwe agaragara ku mpande zombi kugira ngo habeho ubufatanye burushijeho mu bukungu n’ubucuruzi.

Uyu muyobozi avuga ko muri biriya biganiro habayeho no kureba uko Abanyamerika bakomeza kugirana ubucuti n’Abanyamerika, bikaba ubucuti bushingiye ku baturage ubwabo( People to People: P2P)hagati yabo.

Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Eric W. Kneedler

N’ubwo hari ubwo umubano hagati ya Kigali na Washington ujya uzamo agatotsi kubera impamvu runaka, muri rusange u Rwanda rubanye neza na Amerika ndetse iki gihugu kirufata nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi muri Afurika.

- Advertisement -

Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwa kugeza no mu gihe gito gishize ubwo COVID-19 yadukaga mu Rwanda, Amerika yabaye ingirakamaro mu gufasha u Rwanda kwivana muri ibyo bibazo.

Hari abanyeshuri benshi b’u Rwanda biga muri Amerika ndetse hari Kaminuza zo muri iki gihugu zafunguye amashami yazo mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame afite gahunda mu ntangiriro za Gashyantare, 2024 yo kuzajya gusura Abanyarwanda baba muri Amerika no mu bihugu biyituriye muri gahunda ngarukamwaka ya Rwanda Day.

Iy’umwaka wa 2024 izabera Atlanta, uyu akaba ari umurwa mukuru wa Leta ya Georgia muri Amerika.

TAGGED:AmbasaderiAmerikaCOVID-19featuredKalindaRwandaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isomwa Ry’Urubanza Rwa Dubai Ryasubitswe
Next Article Rwanda: Ni Iki Gitera Abakristo Amacakubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?