Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Yavuze Ko u Rwanda Rwiteguye Kwagura Trace Awards Festival
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Perezida Yavuze Ko u Rwanda Rwiteguye Kwagura Trace Awards Festival

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2023 7:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanzi bahawe ibihembo bya Trace Awards baraye bahuye na Perezida Paul Kagame abashimira akazi bakoze ariko abasaba kwagura impano. Yabwiye abateguye ibi bihembo ko u Rwanda rwiteguye kubafasha kwagura ibikorwa byabo.

Avuga ko inganda ndangamuco ari umuyoboro mwiza wo kugaragaza impano buri wese yifitemo.

Kugira impano kandi ngo byugururira umuntu amarembo hirya no hino ku isi.

Perezida Kagame yagize ati: “ Ndashaka kubahimira mwese, haba abahembwe n’abateguye Trace bafashyira ibi bintu byose ku murongo….Ndagira ngo mbabwire kandi ko hano mu Rwanda tugira urugwiro, tugaha ikaze uwo ari we wese, yaba Umunyafurika, abakomoka muri Afurika n’ahandi…”

Baganiriye nawe bamubwira uko bakiriwe mu Rwanda n’ibyo barukundiye

Avuga ko mu gutegura ibihembo nka Trace Awards, habamo uburyo bwiza bwo guha abahanzi urubuga rwo kwerekana ibyo bazi kandi bashoboye.

Kagame yabasezeranyije ko u Rwanda ruzakora ibyo rushoboye rugafasha abahanzi gukomeza kwagura impano yabo.

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abo bahanzi n’abateguye Trace Awards Africa ko u Rwanda rufite ubushobozi bwo kwagura iby’aya marushanwa bikagera kure kurushaho.

Bwiza Emerance, umwe mu bahanzi b’u Rwanda ukunzwe muri iki gihe

Ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2023, nibwo i Kigali habereye ibirori byo gushimira abahanzi bahize abandi muri Afurika no muri Diaspora Nyafurika, mu bihembo bya Trace Awards and Festival.

Byateguwe n’Ikigo Trace Group gifite televiziyo zikomeye ku ruhando mpuzamahanga zizwiho guteza imbere umuziki.

Bwari ubwa mbere bitangiwe muri Afurika, bibera mu Rwanda.

Byahuje abahanzi bakomeye muri Afurika no hanze yaho ( African Diaspora).

Abahanzi nyarwanda baririmbye barimo Bruce Melodie, Bwiza na Chriss Eazy.

Abakomeye mu baturutse ahandi muri Afurika no muri Diaspora yayo ni Diamond Platnumz, Davido, Yemi Alade, Mr Eazi n’abandi.

Ikigo Trace Group cyatangijwe kandi kiyoborwa na Olivier Laouchez, hari mu mwaka wa 2003.

TAGGED:featuredIbihemboIgitaramoImpanoKagameRwandaTrace
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Buri Mwaka Hagiye Kujya Hataha Abantu 2000 Barangije Igifungo Kubera Jenoside
Next Article U Rwanda Rwishimira Uko Amasezerano N’Ubushinwa Mu Bucuruzi Yubahirizwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?