Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: PM Ngirente Yabwiye Polisi Ko N’Iterambere Riri Mu Nshingano Zayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

PM Ngirente Yabwiye Polisi Ko N’Iterambere Riri Mu Nshingano Zayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2024 9:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard Ngirente
SHARE

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yabwiye abapolisi bari bamaze umwaka urenga batorezwa kuba ofisiye ko badashinzwe umutekano gusa, ahubwo bagomba no kugira uruhare mu iterambere ry’Abanyarwanda.

Hari mu gikorwa cyo kubaha iryo peti ku mugaragaro cyabereye i Rwamagana mu Murenge wa Gishari ahasanzwe hari ishuri rikomeye rigira Abanyarwanda abapolisi

Ngirente yagize ati:  “Mu myaka 30 ishize u Rwanda rwakomeje kuba igihugu gitekanye kandi gifite ubukungu buzamuka buri mwaka. Ayo majyambere n’umutekano dufite inshingano zo kubirinda no gukomeza kubibungabunga binyuze mu bufatanye n’inzego zose cyane cyane ubwa Polisi”.

Icyakora Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ashima ko umutekano uganje mu Rwanda nubwo hari aho bitameze neza.

Mu byaha Ngirente avuga ko bigaragara muri iki gihe ari ibyambukiranya imipaka, icuruzwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge n’ibindi byaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Avuga ko Polisi ifite inshingano zo guhashya ibyo byaha, ariko ntibirangirire aho ahubwo ikagura imikorere ikajya no mu iterambere ry’Abanyarwanda kandi rikaba iterambere rirambye.

Yagize ati: “ Polisi igomba gukora n’ibindi bikorwa birimo gushyikiriza abaturage mu bikorwa by’iterambere kugira ngo dukomeze kwihesha agaciro nk’Abanyarwanda. Polisi kandi irasabwa gukomeza kugira uruhare mu bindi birenze gucunga umutekano”.

Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi rya Gishari, Commissioner of Police( CP) Robert Niyonshuti yashimye ubwitange bwabaranze mu gihe bamaze mu mahugurwa biga amasomo agamije kubungura ubumenyi, ubushobozi, imyitwarire n’imikorere ya kinyamwuga ku rwego rw’aba-Ofisiye bato.

Bahawe ubumenyi bw’ibanze ku byo bise imicungire y’abantu, ibikorwa bya polisi, amategeko, gukoresha imbaraga n’imbunda, uburyo polisi ikorana n’abaturage n’ibindi.

Ikindi cyatangaje abitabiriye kiriya gikorwa ni uko ku nshuro ya mbere, abana 300 biga mu mashuri abanza nabo bakoze akarasisi.

Abapolisi 641 nibo batangiye guhugurirwa hamwe ariko arangizwa n’abantu 635, barimo ab’igitsina gabo 527 n’ab’igitsina gore 108.

Batandatu ntibayarangije kubera kunanirwa gukurikirana amasomo, uburwayi, n’imyitwarire mibi itajyanye n’indangagaciro za polisi y’u Rwanda.

Ndinzi Fréderic yahawe igihembo yambikwa umudari nk’umunyeshuri wahize abandi.

TAGGED:AbanafeaturedGishariImyitozoNgirenteOfisiyePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Abaturage Bagiye Kwiyubakira Kaburimbo Ya Metero 824
Next Article Ngoma: Imvura Ivanze N’Umuyaga Yasenye Inzu 19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?