Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Mu rukererera rwa Tariki 14, Nzeri, 2025 muri Gakenke hafatiwe abantu batandatu  bacukura gasegereti na colta mu buryo butemewe n’amategek bafatanwa n’abakiliya babo.

Polisi ivuga ko bacukuraga ayo mabuye mu mugezi wa Rutamba mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Ruli, mu Kagari ka Jango.

Aba bantu bakorera mu Kagari ka Jango, Umurenge wa Ruli.

Abakiliya babo batatu nibo bafashwe, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru akameza ko  aba ari nabo batiza umurinda abishora abakora  ubu bucukuzi.

Polisi y’u Rwanda isaba abaturage kwirinda ubu bucukuzi kubera ingaruka zabwo zigera ku muryango n’igihugu muri rusange.

IP Ignace Ngirabakunzi uvugira Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru  yaburiye abitwaza amafaranga bakajya kuyashukisha abaturage kugira ngo bishore mu bucukuzi  butemewe ko yaba abacukura n’abababagurira, bazafatwa bashyikirizwe inzego.

Ati: “ Ushukisha umuturage amafaranga niwe kibazo ahanini. Gusa n’umuturage agomba gutekereza ingaruka zamugeraho igihe yishoye muri ibyo bikorwa. Polisi izakomeza gukora ibikorwa byo kubigisha bigendane no kubafata kuko nta muntu wakwihanganira kubona umuturage ashyira ubuzima bwe  n’ubw’abandi mu kaga binyuze mu kwangiza ibikorwa by’inyungu rusange.”

Abacukura gasegereti na colta mu buryo butemewe n’amategeko mu murenge wa Ruli babita ‘abahebyi’.

Mu kubikora, bangiza imyaka n’imirima y’abaturage, imigezi, bakanagirana n’amakimbirane n’abangirizwa ibikorwa.

Ariya mabuye bayacukura mu migezi

Ku byerekeye abakiliya babo n’uburyo bishyurana, Taarifa Rwanda yamenye ko hari ubwo abakiliya bushyura abahebyi mbere, hanyuma abandi bakazacukura bishyura.

Aha rero biba bigoye kubasangana amafaranga baje kwishyura.

Gusa abavugwa muri iyi nkuru bafashwe baje kureba aho abo bishyuye ayabo bageze bacukura no kureba niba ntawaje akishyura menshi akaba ari we watumye imari yabo itinda.

Aba bakiliya ni abo muri Ruli muri Gakenke ariko nabo ayo mabuye Taarifa Rwanda yamenye ko bayajyana i Kigali.

IP Ngirabakunzi ati: “Abakora ubucukuzi butemewe n’amategeko tubashishikariza gukorera mu bigo byemewe kuko n’ibyo bitanga umutekano uhagije. Abatabyumva bazajya bahanwa hisunzwe amategeko.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ignace Ngirabakunzi.

Abafashwe bose uko ari icyenda bafunguye kuri station ya Polisi ya Ruli kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko.

Mu minsi ishize hari abandi bafatiwe muri Rulindo  baje kwishyura amafaranga abacukuzi.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version