Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Ya Canada Yabonye Umurambo Mu Kiyaga, Bikekwa Ko Ari Uw’Umuryarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Polisi Ya Canada Yabonye Umurambo Mu Kiyaga, Bikekwa Ko Ari Uw’Umuryarwanda

admin
Last updated: 25 August 2021 3:27 pm
admin
Share
SHARE

Polisi ya Niagara muri Canada yatangaje ko ku wa Kabiri yarohoye umurambo w’umusore mu Kiyaga cya Ontario, ubu harimo gukorwa isuzuma ngo harebwe niba ari uw’Umunyarwanda Sam Nkusi, uheruka kuburirwa irengero.

Polisi yatangaje ko mu gushakisha, abari mu bwato babonye umurambo ureremba mu mazi. Wahise ujyanwa ku Kigo gishinzwe gupima bya gihanga (Centre of Forensic Sciences) i Toronto, kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Ibinyamakuru byo muri Canada byabashije kuganira n’abagize umuryango wa nyakwigendera, byanditse ko ku wa Gatandatu tariki 21 Ukwakira, Nkusi w’imyaka 24 wabaga mu mujyi wa Ottawa, yajyanye n’inshuti ze muri Ontario kwishimira isabukuru y’umwe mu nshuti.

Bageze kuri Sunset Beach, bakodesheje ubwato batembera mu mazi.

Ikinyamakuru CBC cyanditse ko mubyara wa Nkusi, Kevin Nkubito, yavuze ko “Steve yari umuntu ukora imyitozo ngororamubiri cyane, aza kuvuga ko ashaka koga.”

Yakomeje ati “Inshuti ze zaje kubona atangiye kunanirwa koga ari mu mazi hagati, bagerageza kumunagira ikoti ribuza umuntu kurohama ariko ntiyabasha kurifata.”

Nkusi ngo yahise arigita hasi mu mazi, ntiyongera kuzamuka.

Polisi ya Niagara yatangaje ko bahise batangira kumushakisha ku bufatanye n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu mazi, ariko bakomeza kumubura.

Hagiye hanifashishwa kamera (camera) zoherezwa hasi mu mazi, ariko ntizabasha kumubona.

Ni umunyarwanda wakundaga kuba ari mu gihugu, ubundi akaba ari muri Canada.

Muri uyu mwaka nibwo yarangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’imari, muri Kaminuza ya Ottawa.

Yari amaze n’iminsi akora ibijyanye no kumurika imideli, aho guhera muri Werurwe yakoranaga n’ikigo Angie’s Models & Talent International (AMTI), gifite ibiro mu mijyi ya Ottawa na Toronto.

Mushiki we, Sandrine Mugeni, yavuze ko yari umuntu uhora atera ibyishimo aho ageze hose, ku buryo kumubura ari igihombo gikomeye ku muryango.

Nkusi yarangije amasomo muri Kaminuza ya Ottawa muri uyu mwaka
Polisi yakomeje kumushakisha ariko bibanza kugorana
Umuryango wa Nkusi witabiraga ibikorwa byo kumushakisha kuri Sunset Beach muri St. Catharines
TAGGED:CanadafeaturedIkiyagaOntarioOttawaSam Nkusi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Yakiriye Abantu 51 Bahungishijwe Muri Afghanistan
Next Article Umuntu Witwaje Imbunda Yishe Abapolisi Batatu n’Umusivili i Dar es Salaam
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?