Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yataye Muri Yombi Abasore Batatu Bafite Ibilo 12 By’Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Polisi Yataye Muri Yombi Abasore Batatu Bafite Ibilo 12 By’Urumogi

admin
Last updated: 09 June 2021 12:23 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abantu batatu bafite ibilo 12.5 by’urumogi bagiye kurucuruza mu baturage, bahita bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha ngo bakorweho iperereza.

 

Kuri uyu wa 8 Kamena nibwo ku bufatanye n’izindi nzego, mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Busasamana, Polisi yafashe umusore w’imyaka 23 wafatanwe ibiro 7.5. Mu karere ka Gicumbi ho hafatiwe umusore w’imyaka 25 na mugenzi we wa 28, bafatanwa ibilo 5 babihetse kuri moto.

 

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko gufatwa k’uriya wo muri Rubavu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

 

Ati “Polisi yari ifite amakuru ko asanzwe akekwaho gukwirakwiza ibiyobyabwenge  ariko ntawe urabimufatana. Kuri iyi nshuro rero abaturage baramubonye mu gihe cy’umugoroba ahetse igikapu, ahagurutse mu Mudugudu wa Hanika asanzwe atuyemo, bagira amakenga bahita bihutira ku bimenyesha Polisi ya Busasamana.»

 

«Nayo ihita imutangirira mu nzira atararenga muri uwo mudugudu, bamuhagaritse bareba muri cya gikapu basanga afitemo ibiro birindwi n’igice by’urumogi.”

- Advertisement -

 

CIP Karekezi avuga ko abapolisi bamubajije aho yari ajyanye urwo rumogi ababwira ko ari mu Karere ka Nyabihu mu isanteri ya Gora, ntiyatangaza uwo yari arushyiriye.

 

Mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Cyumba ho abahafatiwe byatewe n’abaturage bahamagaye inzego z’umutekano, baziha amakuru ko hari moto iturutse mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kivuye, iriho abantu babiri bikekwa ko bahetse urumogi.

 

Polisi ku bufatanye n’izindi nzego zishinzwe umutekano bahise batangira ya moto, ibageraho abayiriho bafite ibiro bitanu by’urumogi, babijyanye mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Gashenyi.

 

CIP Karekezi yashimiye abaturage bakomeje kuba abafatanya bikorwa beza, bagatanga amakuru y’abakora ibyaha. Asaba n’abandi kugira uruhare mu kwicungira umutekano batangira amakuru ku gihe.

 

Yongeye kwibutsa abantu bacyijandika mu biyobyabwenge gucika kuri iyi ngeso, kuko ibikorwa byo kubafata bitazigera bihagarara.

 

Itegeko rihana ibyaha riteganya ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

 

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye, birimo n’urumogi.

TAGGED:BurerafeaturedGakenkeNyabihuPolisi y’u RwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gutinda Kugira Igikorwa Kuri HIV Muri Afurika Byari Ikosa – Kagame
Next Article Afurika Y’Epfo Yasabiwe Ibihano Kubera Gucumbikira ‘Abajenosideri’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?