Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yataye Muri Yombi Abasore Batatu Bafite Ibilo 12 By’Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Polisi Yataye Muri Yombi Abasore Batatu Bafite Ibilo 12 By’Urumogi

Last updated: 09 June 2021 12:23 pm
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abantu batatu bafite ibilo 12.5 by’urumogi bagiye kurucuruza mu baturage, bahita bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha ngo bakorweho iperereza.

 

Kuri uyu wa 8 Kamena nibwo ku bufatanye n’izindi nzego, mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Busasamana, Polisi yafashe umusore w’imyaka 23 wafatanwe ibiro 7.5. Mu karere ka Gicumbi ho hafatiwe umusore w’imyaka 25 na mugenzi we wa 28, bafatanwa ibilo 5 babihetse kuri moto.

 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko gufatwa k’uriya wo muri Rubavu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

 

Ati “Polisi yari ifite amakuru ko asanzwe akekwaho gukwirakwiza ibiyobyabwenge  ariko ntawe urabimufatana. Kuri iyi nshuro rero abaturage baramubonye mu gihe cy’umugoroba ahetse igikapu, ahagurutse mu Mudugudu wa Hanika asanzwe atuyemo, bagira amakenga bahita bihutira ku bimenyesha Polisi ya Busasamana.»

 

«Nayo ihita imutangirira mu nzira atararenga muri uwo mudugudu, bamuhagaritse bareba muri cya gikapu basanga afitemo ibiro birindwi n’igice by’urumogi.”

 

CIP Karekezi avuga ko abapolisi bamubajije aho yari ajyanye urwo rumogi ababwira ko ari mu Karere ka Nyabihu mu isanteri ya Gora, ntiyatangaza uwo yari arushyiriye.

 

Mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Cyumba ho abahafatiwe byatewe n’abaturage bahamagaye inzego z’umutekano, baziha amakuru ko hari moto iturutse mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kivuye, iriho abantu babiri bikekwa ko bahetse urumogi.

 

Polisi ku bufatanye n’izindi nzego zishinzwe umutekano bahise batangira ya moto, ibageraho abayiriho bafite ibiro bitanu by’urumogi, babijyanye mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Gashenyi.

 

CIP Karekezi yashimiye abaturage bakomeje kuba abafatanya bikorwa beza, bagatanga amakuru y’abakora ibyaha. Asaba n’abandi kugira uruhare mu kwicungira umutekano batangira amakuru ku gihe.

 

Yongeye kwibutsa abantu bacyijandika mu biyobyabwenge gucika kuri iyi ngeso, kuko ibikorwa byo kubafata bitazigera bihagarara.

 

Itegeko rihana ibyaha riteganya ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

 

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye, birimo n’urumogi.

TAGGED:BurerafeaturedGakenkeNyabihuPolisi y’u RwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gutinda Kugira Igikorwa Kuri HIV Muri Afurika Byari Ikosa – Kagame
Next Article Afurika Y’Epfo Yasabiwe Ibihano Kubera Gucumbikira ‘Abajenosideri’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?