Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yibukije Abashoferi B’Amakamyo Ko Amagara Aseseka Ntayorwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Yibukije Abashoferi B’Amakamyo Ko Amagara Aseseka Ntayorwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 July 2023 7:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda ACP Gerald Mpayimana yaraye abwiye abatwara amakamyo ko nibatirwararika ngo bayatware neza kandi baruhuke bihagije, bizashyira ubuzima bwabo mu kaga.;

Yabivuze ubwo Polisi yaganiraga n’abatwara amakamyo ibibutsa akamaro ko guharanira kugera iyo ujya amahoro.

Ni muri gahunda ya Gerayo Amahoro Polisi imaze iminsi ishishikariza abantu kubahiriza.

Abashoferi Polisi yaganirije ni abibumbiye muri Koperative y’abatwara amakamyo aremereye mu Rwanda (UHTDRC) n’abandi bakura imizigo hanze y’igihugu.

Bari bahuriye i Gikondo mu Karere ka Kicukiro.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Gerald Mpayimana yabashishikarije guhora batekereza icyakorwa ngo birinde impanuka.

Yagize ati: “…Mukora ingendo ndende mutwaye amakamyo, ni ngombwa ko muzirikana ubuzima bwanyu n’ubw’abandi muhurira muri izo ngendo mwirinda impanuka kandi mwibaza icyo mwakora kugira ngo umuhanda urusheho gutekana”.

Buri mwaka isi yose itakaza abantu bagera kuri miliyoni 1 n’ibihumbi 300, bazize impanuka zo mu muhanda nk’uko bitangazwa n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS).

ACP Mpayimana yagaragarije abashoferi ko ikibazo cy’impanuka ari ikibazo gikomeye bityo ko bagomba kumva ko bari mu bagomba kukirinda.

Avuga ko akenshi impanuka ziterwa n’uburangare buterwa n’abashoferi bagenda nabi mu muhanda ntibubahirize gusiga intera hagati y’ibinyabiziga no kuringaniza umuvuduko.

Abandi bateza abantu akaga n’abo batiretse ni abatwara bari kuri telefoni cyangwa basinze.

Ingabire Jean, umwe mu bashoferi umaze imyaka 21 atwara ikamyo, yavuze ko hari bamwe mu bashoferi bagaragaza imyitwarire mibi irimo gutwara bananiwe cyangwa banyoye ibisindisha ariko ko Gerayo Amahoro ibafashije guhora bitwararika kandi bibutsa bagenzi babo kwirinda icyateza impanuka.

Polisi yatangije Gerayo Amahoro ishishikariza abantu kwitwararika mu muhanda

Umuyobozi wa Koperative y’abatwara amakamyo Bagirishya Hassan, yashimiye Polisi ko ifata umwanya ikaza kubibutsa ko amagara aseseka ntayorwe, ko bakwiye kuba maso.

Bagirishya ati: “Ni byiza kuba Polisi yaje kuduhugura nk’abashoferi batwara amakamyo yambukiranya umupaka no kutwibutsa bimwe mu bibangamira umutekano wo mu muhanda”.

Ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bugamije gushishikariza abakoresha umuhanda kugira imyitwarire yimakaza umutekano wo mu muhanda ku bw’amahitamo kugeza bibaye umuco.

Gerayo Amahoro yatangijwe mu mwaka wa 2019 ariko izaguhagarikwa nyuma y’ibyumweru 39 mu mwaka wa 2020, bitewe n’icyorezo cya COVID-19.

Mu mwaka wa 2022 nibwo bwasubukuwe.

Mu mezi atandatu, kuva umwaka wa 2023 watangira mu Rwanda, abantu  380 bamaze guhitanwa n’impanuka.

Zakomerekeje mu buryo bukomeye 340, abandi 4000 bakomereka byoroheje.

TAGGED:AmakamyofeaturedGikondoImpanukaKicukiroMpayimanaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Malaria: Indwara Bita Iy’Abakene Iri Gufata Abanyamerika
Next Article Tshisekedi Agaya Ubutabera Bw’Igihugu Cye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kenya: Abantu 12 Baguye Mu Mpanuka Y’Indege

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu RwandaUbuzima

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?