Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yungutse Abofisiye 501
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Yungutse Abofisiye 501

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 July 2023 2:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku ishuri rya Polisi y’u Rwanda riri i Gishari mu Karere ka Rwamagana habereye umuhango wo kwakira abapolisi b’abofisiye bato 501. Bagize icyiciro cya 12 cy’abapolisi bahawe ipeti rya Assistant Inspector of Police ( AIP) bahawe na Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana.

Polisi y’u Rwanda ifite inshingano zo kurinda Abanyarwanda n’abanyamahanga baba mu Rwanda ndetse n’ibyabo.

Ifasha abaturage kandi kumenya uko bakwirinda ibyaha cyangwa ibindi byashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Abahawe ipeti ryabo uyu munsi bigishijwe ubuyobozi n’imicungire y’abantu nk’uko umuyobozi w’ishuri rya Gishari Commissioner of Police Niyonshuti Robert yabivuze.

Bahuguwe kandi mu bumenyi mu bikorwa bya Polisi no mu bikorwa bya gisirikare.

Bigishijwe kandi ibyo gukoresha imbaraga cyangwa imbunda mu gihe bari gutabara abaturage, biga amategeko n’uburyo bwo gucunga umutekano mu muhanda ndetse n’ubumenyi mu ikoranabuhanga.

CP Niyonshuti yavuze ko abanyeshuri bahawe ririya peti bahawe ariya masomo mu gihe cy’amezi 12 bamwe babuhererwa no mu Mujyi wa Kigali.

Minisitiri Gasana yashimiye abanyeshuri ku muhati bashyizeho kugira ngo bige neza kandi babihererwe ririya peti.

Yashimye n’ababyeyi ndetse n’inshuti zabo zababaye hafi kugira ngo bige neza.

Yabwiye abapolisi ko bafite akazi kanini kabategereje karimo gufasha abantu kubaho bahanganye n’ibintu bibugarije birimo imihindagurikire y’ikirere, ubukungu butifashe neza, intambara n’ibindi.

Minisitiri Gasana yashimye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ku buyobozi bwabwo mu gufasha abapolisi kugera ku nshingano zayo.

TAGGED:AbapolisifeaturedGasanaGishariNiyonshutiPolisiUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Uwigeze Kuba Minisitiri Yishwe
Next Article Ukraine Yakiriye Ibisasu Yari Yarifuje Kuva Kera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?