Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Prof Rugege yashyizwe mu nteko mpuzamahanga y’abunzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Prof Rugege yashyizwe mu nteko mpuzamahanga y’abunzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Prof  Sam Rugege wahoze ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yashyizwe mu Nteko mpuzamahanga y’abunzi yitwa The Weinstein International Foundation ikorera San Fransicso muri USA.

Rugege yashimiwe uruhare yagize mu gushyiraho politiki zafashije mu butabera bw’u Rwanda harimo n’Urwego rw’Abunzi.

Rugege yamaze imyaka 16 ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba yarabanje kuba Perezida wungirije warwo.

Yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru mu Ukuboza, 2019.

Akiri Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege yagize uruhare mu gushyiraho Politiki z’ubutabera zirimo ubwunzi, gukoresha ikoranabuhanga  mu nkiko no guhugura abacamanza kugira ngo batere imbere mu kazi kabo.

Abasesengura imikorere y’ubutabera bw’u Rwanda bashima ko Prof Sam Rugege yatangije ubwunzi, iyi ikaba ari politiki yafashije mu kugabanya umubare w’imanza zajyanwa mu nkiko kandi igafasha mu kubanisha Abanyarwanda neza.

Ubwo yakirwaga muri ruriya runana, Prof Rugege yabashimiye ko bamugiriye icyizere, avuga ko icyo kizere kandi agisangiye n’Abanyarwanda bose.

Ati: “ Nejejwe n’uko mwanyakiriye muri uru runana rw’inararibonye mu bwunzi. Ni urunana rwagize uruhare runini mu guteza imbere ubutabera bushingiye ku bwunzi no kwigisha abantu amategeko no kwirinda ibyaha. Nishimira ko u Rwanda rwagize amahirwe yo kubigira ho.”

Urunana rw’Abunzi rwiswe Weinstein International Foundation rwashinzwe n’Umucamanza witwa   Danny Weinstein.

Prof Sam Rugege yize muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda , akomereza amategeko muri Yale University nyuma akomereza muri Oxford University.

Arangije amasomo yatangiye akazi ko kwigisha amategeko muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.

Yigishije muri Kaminuza y’igihugu ya Lesotho na Kaminuza y’igihugu ya Swaziland.

Prof Rugege yigishije kandi amategeko muri Kaminuza ya Westen Cape (UWC).

TAGGED:AbunziAfurika y'EpfofeaturedInkikoLesothoRugegeSwazilandUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akazi ko mu bihe biri imbere kazakorwa neza biturutse ku ikoranabuhanga: Kagame
Next Article Umuyobozi wa RIB asaba abagenzacyaha gucukumbura bakamenya igitera ibyaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?