Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2025 9:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Qatar Mohammed ben Abdelrahmane al-Thani avuga ko Benyamini Netanyahu agomba gukurikiranwa mu butabera kuko yategetse ko ingabo ze zirasa i Doha mu Murwa mukuru w’igihugu cye.

Israel ivuga ko yabikoze igamije kwivugana abanzi bayo, ikemeza ko kubikora ari ibintu byumvikana.

Mohammed ben Abdelrahmane al-Thani avuga ko kurasa ku gihugu cye bigaragaza ubushotoranyi budakwiye kwihanganirwa.

Qatar isanzwe ari umuhuza mu biganiro by’amahoro hagati ya Israel na Hamas gusa mu mwaka wa 2024 yigeze gutangaza ko icibwa intege n’abarebwa n’ikibazo kuko buri ruhande rwahengamiraga gusa kubyo rwifuza.

Uko iminsi yahitaga, Qatar yaje gushobora guhuza impande zombi zisinya amasezerano yatumye habaho guhererekanya imfungwa cyangwa imirambo y’abaguye mu bunyago.

Muri Mutarama, 2025 nibwo iryo hererekanya ryabaye ariko icyiciro cyaryo cya kabiri kirananirana kubera impamvu buri ruhande rushinja urundi kugira mo uruhare.

Ibyakurikiyeho byabaye ibindi kuko Israel yatangiye guhiga bukware abayobozi bose ba Hamas, umwe ku wundi aho yaba ari hose.

Uw’ingenzi yishe ni Yahya Sinwar wari umuyobozi mukuru wayo yitsinze mu bwihisho mu Ukwakira, 2024.

Yishe kandi n’abandi bakomeye muri uyu mutwe yongeraho n’uwayoboraga Hezbollah witwaga Hassan Nasrallah.

Guhiga abanzi bayo, Israel yarabikomeje kugeza kuri uyu wa Kabiri Tariki 09, Nzeri, 2025 ubwo yarasaga mu nzu abayobozi ba Hamas bari bateraniyemo i Doha.

Icyakora ntiyabahamije ahubwo haguye abantu bari baharinze.

Ibi byahise biteza umwuka mubi hagati ya Israel na Qatar.

Inshuti za Qatar zirimo Ubushinwa, Uburusiya n’ibindi zabaye iza mbere mu kubyamagana, ndetse Algeria na Afurika y’Epfo bisaba ko UN iteranisha Inama y’igitaraganya yo kubyigaho.

I Doha ho basabye ko Netanyahu akurikiramwa mu butabera kuko ibyo yakoze ari ubushotoranyi mu rwego mpuzamahanga.

Minisitiri w’Intebe wa Qatar avuga ko ibyo Israel ivuga by’uko Hamas yahawe ubwihisho mu gihugu cye ari ukubeshya kuko ubwo cyahashyirwaga byakozwe ku bwumvikane bwa Qatar, Amerika na Israel.

Qatar yahise itangaza ko igiye kureba uko yava no mu byo guhuza Israel na Hamas kuko ibyo Netanyahu yakoze byatumye icyizere cyose kiyoyoka.

Netanyahu we yigeze kubwira amahanga harimo na Qatar ko igihugu cyose gicumbikiye abantu ba Hamas gikwiye kubirukana, cyangwa kikabafunga, ikitabikoze kikitega ko Israel izabyikorera.

TAGGED:featuredHamasIntambaraIsraelMinisitiriQatar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inshuti Ya Trump Yishwe 
Next Article Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hatangijwe Ihuriro Ry’Abashoramari Bo Mu Bwongereza Bakorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Ivuga Ko Isiganwa Rya UCI Ryasukuye Ikirere Cya Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?