Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2025 9:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Qatar Mohammed ben Abdelrahmane al-Thani avuga ko Benyamini Netanyahu agomba gukurikiranwa mu butabera kuko yategetse ko ingabo ze zirasa i Doha mu Murwa mukuru w’igihugu cye.

Israel ivuga ko yabikoze igamije kwivugana abanzi bayo, ikemeza ko kubikora ari ibintu byumvikana.

Mohammed ben Abdelrahmane al-Thani avuga ko kurasa ku gihugu cye bigaragaza ubushotoranyi budakwiye kwihanganirwa.

Qatar isanzwe ari umuhuza mu biganiro by’amahoro hagati ya Israel na Hamas gusa mu mwaka wa 2024 yigeze gutangaza ko icibwa intege n’abarebwa n’ikibazo kuko buri ruhande rwahengamiraga gusa kubyo rwifuza.

Uko iminsi yahitaga, Qatar yaje gushobora guhuza impande zombi zisinya amasezerano yatumye habaho guhererekanya imfungwa cyangwa imirambo y’abaguye mu bunyago.

Muri Mutarama, 2025 nibwo iryo hererekanya ryabaye ariko icyiciro cyaryo cya kabiri kirananirana kubera impamvu buri ruhande rushinja urundi kugira mo uruhare.

Ibyakurikiyeho byabaye ibindi kuko Israel yatangiye guhiga bukware abayobozi bose ba Hamas, umwe ku wundi aho yaba ari hose.

Uw’ingenzi yishe ni Yahya Sinwar wari umuyobozi mukuru wayo yitsinze mu bwihisho mu Ukwakira, 2024.

Yishe kandi n’abandi bakomeye muri uyu mutwe yongeraho n’uwayoboraga Hezbollah witwaga Hassan Nasrallah.

Guhiga abanzi bayo, Israel yarabikomeje kugeza kuri uyu wa Kabiri Tariki 09, Nzeri, 2025 ubwo yarasaga mu nzu abayobozi ba Hamas bari bateraniyemo i Doha.

Icyakora ntiyabahamije ahubwo haguye abantu bari baharinze.

Ibi byahise biteza umwuka mubi hagati ya Israel na Qatar.

Inshuti za Qatar zirimo Ubushinwa, Uburusiya n’ibindi zabaye iza mbere mu kubyamagana, ndetse Algeria na Afurika y’Epfo bisaba ko UN iteranisha Inama y’igitaraganya yo kubyigaho.

I Doha ho basabye ko Netanyahu akurikiramwa mu butabera kuko ibyo yakoze ari ubushotoranyi mu rwego mpuzamahanga.

Minisitiri w’Intebe wa Qatar avuga ko ibyo Israel ivuga by’uko Hamas yahawe ubwihisho mu gihugu cye ari ukubeshya kuko ubwo cyahashyirwaga byakozwe ku bwumvikane bwa Qatar, Amerika na Israel.

Qatar yahise itangaza ko igiye kureba uko yava no mu byo guhuza Israel na Hamas kuko ibyo Netanyahu yakoze byatumye icyizere cyose kiyoyoka.

Netanyahu we yigeze kubwira amahanga harimo na Qatar ko igihugu cyose gicumbikiye abantu ba Hamas gikwiye kubirukana, cyangwa kikabafunga, ikitabikoze kikitega ko Israel izabyikorera.

TAGGED:featuredHamasIntambaraIsraelMinisitiriQatar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inshuti Ya Trump Yishwe 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?