Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Raporo Icukumbuye Ku Buzima Bwa Félicien Kabuga Yabonetse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Raporo Icukumbuye Ku Buzima Bwa Félicien Kabuga Yabonetse

Last updated: 25 June 2021 11:32 am
Share
Kabuga
SHARE

Urwego mpuzamahanga rurimo kuburanisha Kabuga Félicien ku byaha bya Jenoside rwamaze gushyikirizwa raporo icukumbuye ku buzima bwe, ari nayo igomba gushingirwaho hafatwa icyemezo niba akomeza kuburanishwa, akaba yanoherezwa gufungirwa i Arusha muri Tanzania.

Uyu mukambwe w’imyaka 88 yafatiwe mu Bufaransa ku wa 16 Gicurasi 2020.

Aregwa ibyaha bitandatu birimo icyaha cya Jenoside, gushishikariza abantu gukora Jenoside, icyaha cy’ubugambanyi mu gukora Jenoside n’ibyaha bitatu byibasiye inyokomuntu.

Ubwo yafatwaga yoherejwe muri gereza z’Umuryango w’Abibumbye mu Buholandi, mu gihe hagisesengurwa ibijyanye n’ubuzima bwe ngo harebwe niba bishoboka ko yakorezwa i Arusha muri Tanzania, akaba ariho aburanira. Ni byo impapuro zisaba ko atabwa muri yombi zateganyije.

Umucamanza urimo gukurikirana imirimo mbanzirizarubanza Iain Bonomy, kuri uyu wa Kane yatangaje ko urukiko rumaze igihe rwakira raporo ebyiri mu kwezi zigaragaza imiterere y’ubuzima bwa Kabuga, guhera ku wa 9 Ukuboza 2020.

Ku wa 15 Mata 2021 rwategetse ubwanditsi gushyiraho impuguke mu buzima bw’izabukuru (gerontologist) itarigeze igira aho ihurira n’urubanza rwa Kabuga, ngo isuzume ubuzima bwe ibitangire raporo isesenguye, yiswe “Medical Expert Report”.

Umucamanza Bonomy kuri uyu wa Kane yatangaje ko wa 18 Kamena 2021 Ubwanditsi bw’Urwego bwatanze ya raporo y’umuganga w’impuguke. Ntabwo ariko ibikubiyemo byashyizwe ahabona.

Mu cyemezo cye, yavuze ko ari ngombwa ko Ababuranyi n’Ubwanditsi bagomba bagira umwanya wo gushyikiriza urukiko imyanzuro yabo ku bigaragazwa na Raporo y’Umuganga w’Inzobere ku buzima bwa Kabuga, ubushobozi bwo kuburanishwa no koherezwa ku ishami rya Arusha.

Ati “Nsabye Ababuranyi n’Ubwanditsi gutanga imyanzuro yabo, niba ihari, ku ngingo zavuzweho, mu gihe kitarenze iminsi 10 iki cyemezo gifashwe. Nsabye kandi Ababuranyi n’Ubwanditsi kuba bayitanzeho ibisubizo, niba bihari, mu minsi irindwi kuva iyo myanzuro itanzwe.”

Imiterere y’ubuzima bwa Kabuga yakomeje gutera ibibazo byinshi mu rubanza, kugeza ubwo ku wa 6 Gicurasi 2021 abunganizi be bandikiye Urwego barusaba ko kumuburanisha byaba bisubitswe kubera ubuzima bwe butameze neza, cyangwa akarekurwa by’agateganyo ku mpamvu za kimuntu.

Bavugaga ko arekuwe yaba ashyizwe ahantu hakwemezwa n’ubwanditsi bw’urukiko i La Haye.

Me Emmanuel Altit umwunganira yasabye ko afungurwa by’agateganyo kubera ko nta kibazo yateza ku maperereza y’Ubushinjacyaha cyangwa ku batangabuhamya, ndetse ngo hashingiwe ku buryo ameze, nta mpungenge z’uko yacika.

Gusa Guverinoma y’u Buholandi yavuze ko nta nshingano ifite zo gufasha Kabuga kuba ku butaka bwayo igihe yarekurwa by’agateganyo, ndetse ngo na we ntiyagaragaje impamvu akwiye kuhaba.

Ubwo busabe bwatewe utwatsi ku wa 1 Kamena n’abacamanza.

Banzuye ko nubwo Kabuga afite iriya myaka ndetse n’uburyo ameze, yihishe ubutabera imyaka isaga makumyabiri nyuma yo kwemezwa kw’impapuro zisaba ko afatwa, ku wa 26 Ugushyingo 1997.

Bati “Bityo Urwego ntirwanyuzwe n’ibivugwa na Kabuga ko igihe akenewe yazajya yitaba ndetse akarwishyikiriza bibaye ngombwa.”

Kugeza ubu kuburanisha Kabuga biracyari mu mirimo mbanzirizarubanza.

Kabuga Félicien Yangiwe Gufungurwa By’Agateganyo

 

TAGGED:ArushafeaturedIRMCTJenosideKabuga Felicien
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Islamic State Yugarije Afurika
Next Article Graduation ceremony of Senior Command and Staff Course Rwanda National Police College
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Uko DJ TOXXYK Yireguye Mbere Y’Uko Hemezwa Ko Afungwa By’Agateganyo

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbukungu

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?