REG VC Na Police WVC Begukanye Irushanwa Ryo Kwibohora

Umwanditsi wa Taarifa
1 Min Read
Police WVC yatsinze APR WVC byoroshye.

REG VC mu bagabo na Police WVC mu bagore, ni yo makipe yitwaye neza yegukana Irushanwa ryo kwizihiza imyaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye.

Irushanwa ry’iminsi ibiri ryakinwaga ku nshuro ya gatatu muu kuzirikana ukwibohora kw’Abayarwanda rikaba ryaritabiriwe  n’amakipe ane ya mbere mu mwaka ushize wa Shampiyona mu bagore n’abagabo ryasojwe ku wa 3 Nyakanga 2026 muri Petit Stade i Remera, REG VC na Police VC ari yo aritwaye.

Nyuma y’imikino ya ½ cy’irangiza yabaye mu minsi yabanje, umukino wa nyuma uba kuri uyu wa Gatanu italiki 03, Nyakanga, 2026.

Police WVC yisubije iki gikombe ku nshuro ya kabiri yikurikiranya nyuma yo gutsinda APR WVC amaseti 3-0 (29-27, 25-21, 26-24).

Umukino wari utegerejwe cyane mu bagabo wahuje Police VC na REG VC zaherukaga guhurira ku  mukino wa nyuma wa shampiyona, urangira REG VC yegukanye igikombe itsinze Police VC amaseti 3-1 (25-18, 20-25, 25-22, 25-23).

Mu mikino yo guhatanira umwanya wa gatatu mu bagabo, ikipe ya Gisagara VC yatsinze APR VC amaseti 3-2 (26-28, 25-15, 31-29, 15-25, 15-9).

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *