Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yaburiye Abazitwara Nabi Mu Gihe Cy’Iminsi Mikuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yaburiye Abazitwara Nabi Mu Gihe Cy’Iminsi Mikuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2022 2:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, ruvuga ko ari ngombwa ko buri Munyarwanda agomba kuzirikana ko mu gihe cy’iminsi mikuru kwirinda ibyaha biba ari umwanzuro mwiza.

Bisanzwe bimenyerewe ko mu minsi mikuru ari bwo abantu bahura bagasabana ariko muri ubwo busabane hakunze kuvamo ibikorwa bigize icyaha.

Muri byo harimo ubusinzi, gufata abagore n’abakobwa, guhohotera abana, kwiba, imvugo n’ibikorwa bikomeretsa umubiri cyangwa umutima ndetse no kunywa ibiyobyabwenge.

RIB ivuga ko mu bihe by’iminsi mikuru abantu baba bagomba kwirinda ko bakora ibyo byaha kugira ngo batabifungirwa bityo bakarangiza cyangwa bakazatangira umwaka bari mu bibazo byatewe no kugongana n’amategeko.

Amashusho uru rwego rwasohoye aherekejwe n’amagambo agira ati: “Muri ibi bihe twizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani , RIB irashishikariza abaturarwanda cyane cyane urubyiruko kwirinda ibyaha n’ingeso mbi zirimo ubusinzi, gusambanya abana, ibiyobyabwenge, ubusambanyi n’ibindi.”

Ubugenzacyaha butanze ubu butumwa mu gihe habura iminsi mike ngo Noheli igere.

Kubera ko izahurirana n’umunsi w’ikiruhuko kubera impera z’Icyumweru, bivuze ko ku wa Mbere w’Icyumweru gitaha ni ukuvuga Taliki 26, Ukuboaza, 2022 uzaba ari umunsi w’ikiruhuko.

Kuba abantu bazamara igihe kirekire baruhuka , bishobora kuzaba intandaro yo kunywa bagaheraheza byatuma bamwe bakora ibyaha bitewe n’uko banyoye bakarenza igipimo.

Muri ibi bihe twizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani , RIB irashishikariza abaturarwanda cyane cyane urubyiruko kwirinda ibyaha n’ingeso mbi zirimo ubusinzi, gusambanya abana, ibiyobyabwenge, ubusambanyi n’ibindi. pic.twitter.com/yZnGZ3bGF3

— Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) December 20, 2022

Itegeko ku businzi

Ingingo ya 268 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese usinda ku mugaragaro, mu muhanda, mu kibuga, mu nzira, mu kabari, mu nzu y’imikino cyangwa ahandi hose hateranira abantu, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’iminsi umunani (8) ariko kitarenze amezi abiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi makumyabiri (20.000 FRW) riko atarenze ibihumbi ijana (100.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 143 ivuga ko umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).

TAGGED:AmategekofeaturedNoheliRIBUbugenzacyahaUbusinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Y’u Rwanda Ishimangira Ko Uburinganire Bureba Inzego ZOSE
Next Article Muri Nyabarongo Hatoraguwe Imirambo Y’Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Abanyarwanda Babiri Baguye Mu Mpanuka Yabereye Uganda

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rusizi: Hafatiwe Uvugwaho Gusiga Yishe Sewabo Wagaba i Rulindo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?