Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2025 7:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
RIB isaba abantu kwirindira utwabo bataratubacucura.
SHARE

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Dr. Thierry B.Murangira yatangaje ko uru rwego rwafunze  abagabo batatu b’abanyamahanga kubera ubucuruzi bw’amafaranga butemewe bakoraga.

Ni ubucuruzi bakoraga bakoresheje ikoranabuhanga bita Cryptocurrency rikoresha urubuga rwa Binance bwishyurwaga mu mafaranga y’ikoranabuhanga yitwa Tether kandi iri faranga rimwe riba ringana na Frw 1,430.51, iri faranga rikagira ikimenyetso cya USD₮ cyangwa USDT

Murangira ati:  “Nibyo koko twafashe abagabo batatu b’abanyamahanga, bakoraga ibikorwa byo gucuruza amafaranga bya ‘Cryptocurrency’ hifashishijwe urubuga rwa ‘Binance’, bakoresha USDT.”

Avuga ko abo banyamahanga- atatangaje ubwenegihugu bwabo- basabaga abantu gushora amafaranga, bakazabungukira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kugeza ubwo bafatwaga, iperereza ryari rimaze kubona ko hari abantu 71 bari baramaze gushoramo Miliyoni Frw 10.

RIB itangaza ko ikimenya amakuru y’uko hari abatangiye gushora muri ubwo bucuruzi, yahise itangira kubigenza, ifata abo bantu batatu kandi ngo yabafashe bari hafi gutoroka u Rwanda.

Ubwo bamenyaga ko bari gukorwaho iperereza bahise bafunga ‘system’ yabo  batangira gutegura gahunda zo gutoroka.

Nyuma y’uko batawe muri yombi bemeye icyaha, bemera gusubiza abantu amafaranga yabo.

Dr. Murangira yasabye abantu bari barashoye muri iyi sosiyete ko bakwigaragaza bagafashwa kubikuza amafaranga yabo.

- Advertisement -

Ikindi ni uko uwabona ko byamugora kuyabikuza, yajya ku biro bikuru bya RIB agafashwa gusubirana ayo yashoye mbere y’uko system bakoreshaga ifungwa.

Yaboneyeho kwibutsa abantu ko uru rwego rubasaba kureka gushora amafaranga yabo mu bikorwa nk’ibi bitizewe kuko birangira babihombeyemo.

Murangira kandi abwira abantu ko ari bo bakwiye kwirindira ibyabo, ntihagire ababatekera imitwe ngo babacucure utwo baruhiye.

Gusa avuga ko bibabaje kubona abantu babwirwa ariko ntibumve.

TAGGED:AbajurafeaturedIfarangaIkoranabuhangaMurangiraRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura
Next Article Kabila Yambuwe Ubudahangarwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?