Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafunze Abayobozi Bari Baherutse Kurekurwa N’urukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yafunze Abayobozi Bari Baherutse Kurekurwa N’urukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 April 2023 8:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
African Man With Handcuffed Hands Isolated On White Background
SHARE

Urwego rw’ubugenzacyaha rwaraye rwongeye guta muri yombi abayobozi batanu barimo bane  bo muri Nyanza n’umwe wo muri Gisagara.

Uru rwego ruvuga ko bariya bayobozi batawe muri yombi kubera ibimenyetso bishya byagaragaye by’uruhare ‘bashobora kuba baragize’ mu masoko yatanzwe mu buryo budakurikije amategeko.

Amasoko bakurikiranyweho kugira uruhare mu kuyatanga bidakurikije amategeko ni ayo muri Nyanza na Gisagara.

Mu Karere ka Nyanza hafunzwe uwari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’aka karere witwa Olivier Niyonshimye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hafunzwe na Enock Nkurunziza usanzwe ushinzwe imirimo rusange, hafunzwe Mpitiye Jean Bosco ushinzwe amasoko na Uwambajimana Clement wari usanzwe ushinzwe imyubakire muri One Stop Center mu Karere ka Nyanza.

Muri Gisagara ho hafunzwe umugabo witwa Athanase Ntaganzwa wari usanzwe ari  Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere.

Abafashwe bafungiye kuri  station ya RIB ya Kimihurura, iya Kicukiro, iya Kimironko n’iya Rwezamenyo.

Ubugenzacyaha buvuga ko babaye bafunzwe kugira ngo iperereza ku byaha bakekwaho rikozwe neza hanyuma amadosiye yabo azagezwe ku bushinjacyaha yuzuye neza.

Uko ari batanu  urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwari ruherutse kubarekura by’agateganyo, bikaba byarabaye muri Mata, 2023.

- Advertisement -

Nyuma yo kurekurwa, amakuru avuga ko hari imikoranire bari bafite yaganishaga mu gusibanganya ibimenyetso.

Ikindi ni uko bose bakurikiranweho ibyaha byo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kutubahiriza ihame ryo kuzigamira Leta mu itangwa ry’amasoko, gutanga inyungu zidafite ishingiro, ndetse n’akagambane bagiriye rwiyemezamirimo watsindiye isoko bigateza Leta igihombo, nawe akaba ari gushakishwa n’ubutabera.

TAGGED:AbayoboziAkarereAmasokofeaturedGisagaraNyanzaUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanda Muhanga – Ngororero Si Nyabagendwa
Next Article Abanyamahanga Batangiye Guhunga Sudani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?