Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafunze Abayobozi Bari Baherutse Kurekurwa N’urukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yafunze Abayobozi Bari Baherutse Kurekurwa N’urukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 April 2023 8:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
African Man With Handcuffed Hands Isolated On White Background
SHARE

Urwego rw’ubugenzacyaha rwaraye rwongeye guta muri yombi abayobozi batanu barimo bane  bo muri Nyanza n’umwe wo muri Gisagara.

Uru rwego ruvuga ko bariya bayobozi batawe muri yombi kubera ibimenyetso bishya byagaragaye by’uruhare ‘bashobora kuba baragize’ mu masoko yatanzwe mu buryo budakurikije amategeko.

Amasoko bakurikiranyweho kugira uruhare mu kuyatanga bidakurikije amategeko ni ayo muri Nyanza na Gisagara.

Mu Karere ka Nyanza hafunzwe uwari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’aka karere witwa Olivier Niyonshimye.

Hafunzwe na Enock Nkurunziza usanzwe ushinzwe imirimo rusange, hafunzwe Mpitiye Jean Bosco ushinzwe amasoko na Uwambajimana Clement wari usanzwe ushinzwe imyubakire muri One Stop Center mu Karere ka Nyanza.

Muri Gisagara ho hafunzwe umugabo witwa Athanase Ntaganzwa wari usanzwe ari  Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere.

Abafashwe bafungiye kuri  station ya RIB ya Kimihurura, iya Kicukiro, iya Kimironko n’iya Rwezamenyo.

Ubugenzacyaha buvuga ko babaye bafunzwe kugira ngo iperereza ku byaha bakekwaho rikozwe neza hanyuma amadosiye yabo azagezwe ku bushinjacyaha yuzuye neza.

Uko ari batanu  urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwari ruherutse kubarekura by’agateganyo, bikaba byarabaye muri Mata, 2023.

Nyuma yo kurekurwa, amakuru avuga ko hari imikoranire bari bafite yaganishaga mu gusibanganya ibimenyetso.

Ikindi ni uko bose bakurikiranweho ibyaha byo gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kutubahiriza ihame ryo kuzigamira Leta mu itangwa ry’amasoko, gutanga inyungu zidafite ishingiro, ndetse n’akagambane bagiriye rwiyemezamirimo watsindiye isoko bigateza Leta igihombo, nawe akaba ari gushakishwa n’ubutabera.

TAGGED:AbayoboziAkarereAmasokofeaturedGisagaraNyanzaUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanda Muhanga – Ngororero Si Nyabagendwa
Next Article Abanyamahanga Batangiye Guhunga Sudani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?