Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rihanna Yasohoye Indirimbo Yahogoje Abafana Be
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Rihanna Yasohoye Indirimbo Yahogoje Abafana Be

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2022 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indirimbo Lift Me Up ya Rihanna niyo iri guca ibintu mu masaha make ashize ayirekuye. Abafana be ibyishimo ni byose kubera uyu  mugore uherutse no kwibaruka imfura ye yabyaranye n’umuraperi  A$AP Rocky.

Indirimbo Lift Me Up niyo iteganyijwe kuzacurangwa mu biriro byo gutangaza Filimi ya Black Panther yiswe Wakanda Forever izamurika Taliki 11, Ugushyingo, 2022.

Iyi ndirimbo y’iminota itatu n’amasogonda 14 icurangishijwe piano.

Rihanna akoresha ijwi ryahogoje benshi mu bafana be.

Abafana be biyamiriye bavuga ko iyi ndirimbo ari nziza kandi ngo iraboneye.

Bemeza ko irimo amagambo ameze kandi aha usubiza imbaraga mu bugingo.

Haba kuri Twitter no kuri Instagram, abafana ba Rihanna bavuga ko abaruhuye umutima kuko bari bamaze iminsi bamukumbuye kandi ngo yakoze kubaha umuziki urimo ijwi rizira amakaraza.

Ikindi kivugwa ni uko iyi ndirimbo yatuwe nyakwigendera Chadwick Boseman wahoze ari umukinni muri Black Panther ariko watabarutse.

Iyi ndirimbo hari benshi yarijije
Ni indirimbo abafana ba Rihanna bakunze cyane
Ijwi rye ngo rizira amakaraza

Urushako ruzamugamburuza…

Muri Mata, 2022, abafana ba Rihanna banenze umugabo we witwa A$AP Rocky kuko ngo yamuciye inyuma mu bihe uyu muririmbyi yari atwite inda y’imvutsi.

Icyakora yaba Rihanna yaba na A$AP ntawigeze agira icyo abivugaho.

Abakurikiranira hafi ubuzima bw’ibi byamamare( umwe ni umuririmbyi undi ni umuraperi) bavuga ko Rihanna yigeze gufatira mu cyuho A$AP aryamanye n’umukobwa ukora inkweto witwa Amaina Muaddi.

Bijya gukwira henshi byabanje gutangazwa n’umugabo witwa Louis Pisano wahoze ari umwanditsi ku mideli.

Ubutumwa bwe bwagiraga buti: “Rihanna & ASAP Rocky ‘bamaze’ gutandukana. Batandukanye nyuma y’uko Rihanna afashe uyu mugabo aryamanye n’umukobwa ufite uruganda rukora inkweto witwa Amina Muaddi.”

Icyababaje ababyumvise ni uko uretse no kuba Rocky yaramuciye inyuma, ahubwo yaryamanye n’umukobwa  Rihanna asanzwe abereye umukiliya w’inkweto.

Muaddi akora inkweto zitwa Fenty.

Hari umufarana wa Rihanna wavuze ko kuba Rihanna yaciwe inyuma n’uriya muraperi byamubabaje k’uburyo yarahiye kutazongera gukunda abagabo.

MailOnline iherutse kwandika ko  A$AP Rocky yatangiye gukundana na Rihanna mu mwaka wa  2020 ariko ngo mu mwaka wa 2013 nibwo ikibatsi cy’urukundo cyatangiye kubavugwamo ubwo Rihanna yari ari mu bitaramo yise ‘Diamonds World Tour.’

N’ubwo abantu bavuga ko umubano hagati y’aba bombi wajemo kidobya, bo bemeza ko nta n’umwe uzasiga undi, ngo bazatunganywa n’urupfu.

 

TAGGED:featuredIndirimboRihannaUrushako
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ari Muri Mozambique
Next Article Uko RPF-Inkotanyi Yakoze Ubukangurambaga Bwo Kubohora u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?