Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rihanna Yasohoye Indirimbo Yahogoje Abafana Be
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Rihanna Yasohoye Indirimbo Yahogoje Abafana Be

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2022 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indirimbo Lift Me Up ya Rihanna niyo iri guca ibintu mu masaha make ashize ayirekuye. Abafana be ibyishimo ni byose kubera uyu  mugore uherutse no kwibaruka imfura ye yabyaranye n’umuraperi  A$AP Rocky.

Indirimbo Lift Me Up niyo iteganyijwe kuzacurangwa mu biriro byo gutangaza Filimi ya Black Panther yiswe Wakanda Forever izamurika Taliki 11, Ugushyingo, 2022.

Iyi ndirimbo y’iminota itatu n’amasogonda 14 icurangishijwe piano.

Rihanna akoresha ijwi ryahogoje benshi mu bafana be.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abafana be biyamiriye bavuga ko iyi ndirimbo ari nziza kandi ngo iraboneye.

Bemeza ko irimo amagambo ameze kandi aha usubiza imbaraga mu bugingo.

Haba kuri Twitter no kuri Instagram, abafana ba Rihanna bavuga ko abaruhuye umutima kuko bari bamaze iminsi bamukumbuye kandi ngo yakoze kubaha umuziki urimo ijwi rizira amakaraza.

Ikindi kivugwa ni uko iyi ndirimbo yatuwe nyakwigendera Chadwick Boseman wahoze ari umukinni muri Black Panther ariko watabarutse.

Iyi ndirimbo hari benshi yarijije
Ni indirimbo abafana ba Rihanna bakunze cyane
Ijwi rye ngo rizira amakaraza

- Advertisement -

Urushako ruzamugamburuza…

Muri Mata, 2022, abafana ba Rihanna banenze umugabo we witwa A$AP Rocky kuko ngo yamuciye inyuma mu bihe uyu muririmbyi yari atwite inda y’imvutsi.

Icyakora yaba Rihanna yaba na A$AP ntawigeze agira icyo abivugaho.

Abakurikiranira hafi ubuzima bw’ibi byamamare( umwe ni umuririmbyi undi ni umuraperi) bavuga ko Rihanna yigeze gufatira mu cyuho A$AP aryamanye n’umukobwa ukora inkweto witwa Amaina Muaddi.

Bijya gukwira henshi byabanje gutangazwa n’umugabo witwa Louis Pisano wahoze ari umwanditsi ku mideli.

Ubutumwa bwe bwagiraga buti: “Rihanna & ASAP Rocky ‘bamaze’ gutandukana. Batandukanye nyuma y’uko Rihanna afashe uyu mugabo aryamanye n’umukobwa ufite uruganda rukora inkweto witwa Amina Muaddi.”

Icyababaje ababyumvise ni uko uretse no kuba Rocky yaramuciye inyuma, ahubwo yaryamanye n’umukobwa  Rihanna asanzwe abereye umukiliya w’inkweto.

Muaddi akora inkweto zitwa Fenty.

Hari umufarana wa Rihanna wavuze ko kuba Rihanna yaciwe inyuma n’uriya muraperi byamubabaje k’uburyo yarahiye kutazongera gukunda abagabo.

MailOnline iherutse kwandika ko  A$AP Rocky yatangiye gukundana na Rihanna mu mwaka wa  2020 ariko ngo mu mwaka wa 2013 nibwo ikibatsi cy’urukundo cyatangiye kubavugwamo ubwo Rihanna yari ari mu bitaramo yise ‘Diamonds World Tour.’

N’ubwo abantu bavuga ko umubano hagati y’aba bombi wajemo kidobya, bo bemeza ko nta n’umwe uzasiga undi, ngo bazatunganywa n’urupfu.

 

TAGGED:featuredIndirimboRihannaUrushako
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ari Muri Mozambique
Next Article Uko RPF-Inkotanyi Yakoze Ubukangurambaga Bwo Kubohora u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?