Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubagumya: Nyiri Stafford Coffee Ikorwamo N’Abafite Ubumuga Bwo Kutumva
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rubagumya: Nyiri Stafford Coffee Ikorwamo N’Abafite Ubumuga Bwo Kutumva

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 January 2024 2:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanywi b’ikawa bazi amaduka acuruza ikawa bita Stafford Coffee Shops hirya no hino mu Rwanda. Ni aya Rubagumya Stafford akaba umugabo wiyemeje guha akazi abafite ubumuga bwo kutumva ngo  bamucururize ikawa.

Aherutse kuvuga ko yiyemeje ko mu bakozi be hagomba kuba harimo ijanisha runaka ry’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Avuga ko muri iyi ntangiriro z’umwaka[2024] hari urundi rubyiruko ari gutoza bagera kuri 13 ariko ko muri azafatamo 70% bafite icyo kibazo akaba akazi.

Yabwiye urubyiruko ndetse n’abandi bafata ibyemezo mu iterambere ryarwo ko ubucuruzi bw’ikawa abumazemo imyaka 12.

Mu mwaka wa 2014 nibyo yatangiye aka kazi ubwo yakoreraga ikigo cy’Abanyamerika cyavanaga ikawa mu Rwanda kikayijyana iwabo.

Ati: “Icyo gihe nabwiye umuyobozi wanjye w’umunyamahanga mubaza impamvu twohereza ikawa yose hanze ntitugire iyo ducuruza mu gihugu. Icyo gihe yambwiye ko ntawe uzayigura.”

Akirangiza kumusubiza atyo, undi yumvise bimuriye, yibaza niba Abanyarwanda wanywa ikaba biramushobora.

Ntibyatinze yumva aho Perezida Paul Kagame abaza impamvu ituma u Rwanda ruhinga ikawa nziza igashimwa n’abandi, ikoherezwa hanze yose, ikagaruka ihenze igiciro cyikubye inshuro nyinshi, yibaza impamvu u Rwanda rutayikorera.

Icyo gihe hari mu mwaka wa 2016, umwaka wakurikiyeho(2017) Rubagumya avuga ko na bwo Perezida Kagame yayasubiyemo ubwo yari mu Bufaransa, bituma Rubagumya yicara aratekereza ndetse yiyemeza gushaka icyo gisubizo.

Imwe mu mpamvu yaje kubona ko zituma Abanyarwanda batanywa ikawa ari uko ihenda.

Yatanze urugero rugira ruti: “Kugira ngo ufungure Coffee Shop bisaba byibuze atari munsi ya miliyoni Frw 30 na bwo ikaba iyoroheje. Ibyo biri mu bituma ihenda.”

Rubagumya amaze kubona ibyo bibazo byo kutabona no kutigondera ikawa, yashatse ibisubizo anatanga n’umuti wo kurwanya ikibazo cyo kwishingikiriza ku isoko ryo mu mahanga gusa.

Atangira gukora ikawa, yatangiranye imashini yaguze mu Budage ku 75 € atangira gukora ikawa.

Yatangiriye gukorera ikawa muri Gare ya Kimironko asaba umugore wari ufite iduka kumuha umwanya wa metero ebyiri ashyiraho akameza akamwishyura, atangira gucuruza ikawa ya Frw 500 Frw itarimo isukari n’iya Frw 1000 Frw ku ikawa irimo isukari.

Abantu bagendaga muri iyo gare baramuguriye biratinda, icyo gihe hari mu 2018 ari na bwo yashinze akaduka i Kanombe.

Mu mwaka wa 2019 yashyizeho andi maduka atandatu hirya no hino muri Kigali, umwaka wakurikiyeho akomereza mu Ntara.

Ahambere yatangiriye ni muri Kamonyi atunganyiriza ikawa i Musambira, icyakora ngo yabikoze asa n’uwiyahura kuko hari cyaro.

Ati “Icyo gihe naratangiye ndetse muri bya bihe bya Covid-19 abantu saa tatu bagomba kuba bavuye mu muhanda. Natangiye saa moya z’ijoro, saa tatu nari maze gukorera ibihumbi 50 Frw, umwaka urangiye nari maze kugira mafaranga afatika ku munsi.”

Stafford Rubagumya, rwiyemezamirimo wiyemeje guha akazi abafite ubumuga

Iryo duka ngo niryo rimwinjiriza kurusha andi kuko mu kwezi rimwinjiriza miliyoni Frw 40.

Muri iki gihe afite umugambi wo gutangiza ishami rya Stafford Coffee mu Majyaruguru.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIkawaRubagumyaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Abanyeshuri Bahiriye Mu Cyumba Bararamo
Next Article Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN Yavuganye N’Uw’Amerika Ku Mutekano Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?