Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Bafashwe Bacukura Amabuye Y’Agaciro Mu Buryo Butemewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Bafashwe Bacukura Amabuye Y’Agaciro Mu Buryo Butemewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2023 10:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasore babiri baherutse gutabwa muri yombi na Polisi y’ u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu ibasanze bacukura amabuye y’agaciro yitwa Beryl.  Umwe afite imyaka 32 undi afite imyaka 22 y’amavuko.

Basanzwe mu Murenge wa Nyamyumba, Akagari ka Burushya mu Mudugudu w’Intwari mu kirombe kigenzurwa n’ikigo gicukura amabuye kitwa CEMINYAKI Mining.

Abashinzwe kurinda umutekano wa kiriya kirombe nibo babwiye Polisi ko hari abantu baza kuhacukura amabuye mu buryo butemewe.

Umupolisi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’i Burengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo avuga ko bariya bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abashinzwe umutekano muri icyo kirombe.

Ati: “Ahagana saa tanu n’igice z’ijoro nibwo twahawe amakuru n’abashinzwe umutekano w’ikirombe cya Nyamyumba, ko hari abantu bane barimo gucukura amabuye mu buryo butemewe. Twateguye igikorwa cyo kubafata nibwo twafashemo babiri  bari bamaze gucukura amabuye apima ibilo 35.”

Avuga n’ubwo hafashwe babiri, hari abandi bagishakishwa.

CIP  Rukundo yibukije abaturage ko gucukura no gucuruza amabuye y’agaciro bitangirwa ibyangombwa n’inzego zibishinzwe.

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), rukorera kuri Sitasiyo ya Nyamyumba ngo bakurikiranwe n’amategeko.

Ingingo ya 54 yo mu itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri Ingingo  ya 54  ivuga ko  Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya,ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

TAGGED:AgaciroAmabuyeRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Batangije Uburyo Bw’Ikoranabuhanga Bufasha Ba Rwiyemezamirimo Gucunga Imari Badahari
Next Article Ngoma: Babwiye Perezida W’Urukiko Rw’Ikirenga Imbogamizi Bahura Nazo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?