Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Bafatanywe Imifuka Ibiri YUZUYE Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Bafatanywe Imifuka Ibiri YUZUYE Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2022 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa n’aho guca urumogi muri Rubavu ari urugamba rukomeye kubera ko nta kwezi gushira muri aka karere hadafatiwe abantu batunda cyangwa barukwirakwiza. Nk’ubu hashize iminsi ibiri mu Murenge wa Rubavu, Akagari ka Murambi hafatiwe abagabo babiri bafite imifuka ibiri yuzuye urumogi

Polisi y’u Rwanda ivuga ko abarufatanywe bari bagiye kurukwiza mu baturage.

Abafashwe ni uwitwa  Bizimana Saiba Pascal ufite imyaka 55 y’amavuko na Munyandamutsa Augustin w’imyaka 41.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y ‘i Burengerazuba avuga ko  bariya bagabo bafashwe ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba ubwo bari barushyiriye abakiliya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Twari dufite amakuru ko Bizimana [ari] umucuruzi w’ibiyobyabwenge wabyinjzaga mu Rwanda, abikuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), akabihisha ku biraro by’inka ze biherereye mu mudugudu wa Rwangara.”

Ngo ku wa Gatanu nibwo bahamagawe n’umuturage ababwira ko we Bizimana n’umukozi we bashyiriye abakiliya urumogi.

Polisi yahise itangatanga irabafata ibasanga udupfunyika udupfunyika 6,000 tw’urumogi.

Hamwe n’ibiyobyabwenge bafatanywe bahise bashyikirizwa urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Gisenyi kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha bakurikiranyweho.

Polisi ikangurira abaturage kwirinda gucuruza ibiyobyabwenge, ahubwo bagashaka imirimo yemewe n’amategeko bakora.

- Advertisement -

Yashimiye abaturage barimo kugaragaza ubufatanye na Polisi mu kurwanya ibiyobyabwenge, avuga ko ahanini ari byo ntandaro y’ibindi byaha nko kwiba, gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu abagore n’abakobwa n’ibindi bitandukanye.

Iteka rya Minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

TAGGED:featuredPolisiRubavuUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bahawe Ahabo Ho Gukorera Siporo Bari Kumwe N’Ababyeyi
Next Article Ubuyobozi Bwa APR FC Bwasobanuye Impamvu Z’Ihagarikwa Rya Adil
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

Umwami W’Ubwongereza Atinya Ko Canada Izomekwa Kuri Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'UbuhangaUbuzima

Uhumeka Inshuro 20,000 Ku Munsi-Ariko Se Ubikora Neza?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Igiye Kubakwamo Hoteli Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gakenke: Abaturage Baremeye Abaturanyi Barokotse Jenoside

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?