Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Bashinja Rwiyemezamirimo Gutaburura Imibiri Y’Ababo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Rubavu: Bashinja Rwiyemezamirimo Gutaburura Imibiri Y’Ababo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2023 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umucanga ucukurwa mu Murenge wa Nyakiriba muri Rubavu
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwategetse ko gucukura umucanga muri Nyakiriba wajyanwaga gukorwamo sima biba bihagaritswe kubera ko aho bawucukuraga bahabonye imibiri myinshi. Abafite ababo bashyinguye muri iryo rimbi banenga rwiyemezamirimo uhakora ubwo bucukuzi  ko aterera imibiri y’ababo hejuru, akaba ataranababwiye ngo bayimure mbere y’uko atangira imirimo.

We avuga ko iyo hari imibiri ibonetse aho acukura, yimurwa ikajya gushyingurwa mu rindi rimbi.

Yungamo ko afite icyangombwa kimwemerera gukora ibyo akora.

Kigali Today dukesha iyi nkuru ivuga ko hari abatuye Akagari ka Gikombe, Umudugudu wa Nyabibuye, Umurenge wa Nyakiriba bababwiye ko bababazwa nuko rwiyemezamirimo acukura umucanga akoresheje imashini ashyira hejuru imwe mu mibiri ishyinguye mu irimbi rya Nyabibuye.

Hari umwe wagize ati “Mbabajwe no kuba rwiyemezamirimo yarigabije irimbi twashyinguyemo abacu, agakomeza guterera hejuru imibiri y’abacu, nta no kutuganiriza ngo turebere hamwe uburyo abacu bakwimurwa.”

Rwiyemezamirimo Ncamihigo Papias avuga ko iyo hari imibiri ibonetse aho ari gucukura ijyanwa ku irimbi igashyingurwa.

Ati: “Ducukura umucanga mu irimbi, ariko twakoze inama n’abahashyinguye ababo ubuyobozi buhari, ndetse dukorana amasezerano, cyakora hari ibitaranozwa tuzabiganiraho.”

Mu rwego rwo guhosha izo mpaka no kugira ngo ibintu bihabwe umurongo, Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rubavu, Nzabonimpa Déogratias avuga ko ahantu hacukurwa umucanga hashyizwe irimbi mu mwaka 1978 kugera mu 2000 rirafungwa, cyakora ngo bamenye ko hari abandi bakomeje kurishyinguramo nyuma y’umwaka wa 2000.

Ku rundi ruhande ariko ngo nta nyandiko yerekana ko aho hantu hagizwe irimbi mu buryo buzwi.

Ibi ngo byakozwe mu rwego rwo kubanza gushaka amakuru arambuye kuri iyo ngingo.

Nzabonimpa agira ati: “…Abaturage batubwiye ko ryakoraga guhera mu mwaka wa 1978, mu mwaka 2000 rirafungwa ariko nyuma ya 2000 hari abagiye bahashyingura kubera kutagira aho bashyingura. Nta makuru yanditse ahari, gusa iki kibazo twaragikurikiranye dusanga mu myaka 10 cyangwa 15 ishize hari abahashyinguye ababo, byatumye duhagarika ibikorwa byo gucukura…”

Intego ni ukugira ngo hamenyekane  uwahashyinguye nyuma bityo nihafatwa icyemezo kiba gishingiye ku makuru azwi.

Ati: “ …Tuzareba icyakorwa mu nyungu rusange niba imirimo yakomeza cyangwa twahasanga imibiri myinshi k’uburyo abantu batakwimurwa imirimo igahagarara tugaha agaciro abahashyinguye… Gusa tugomba kugendera ku bitekerezo by’abaturage…”

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rubavu, Nzabonimpa Déogratias

Hari n’ikibazo cy’abaturage bavuga ko ahashyinguye iyo mibiri ari mu butaka bwabo, ariko wagenzura ugasanga ubwo bita ubutaka bwabo, butabanditseho.

Ubundi irimbi iyo ryuzuye rigafungwa riba rigomba kumara imyaka 20 kugira ngo ryongere rikoreshwe.

Itegeko rigena imitunganyirize n’imikoreshereze y’amarimbi mu Rwanda ryasohotse tariki 11/03/2013 mu ngingo ya 14 ivuga ko kwimura cyangwa gufunga irimbi rusange rishobora kwimurwa cyangwa guhagarikwa ku nyungu z’ubuzima rusange bw’abaturage cyangwa se ryuzuye.

Ingingo ya 15 ivuga ko kugira ngo imva isanzwe ishyinguwemo yongere ishyingurwemo indi mirambo, bitegereza imyaka icumi (10), naho mu mva zidasanzwe bitegereza imyaka makumyabiri (20) uhereye ku gihe cya nyuma imva yashyinguriwemo. Umuntu wifuza gushyingura mu mva idasanzwe agirana amasezerano na Leta adashobora kurenza imyaka makumyabiri (20).

Ingingo ya 17 isobanura ibishobora gukorerwa umurambo wataburuwe mu mva birimo ko ushobora gutwikwa; gushyingurwa mu mva; gushyingurwa mu rindi rimbi cyangwa kongera gushyingurwa mu mva muri iryo rimbi.

TAGGED:AbaturagefeaturedImibiriIrimbiRubavuRwiyemezamirimo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niger Yazamuye Igiciro Cya Iranium Ngo Ihime Ubufaransa
Next Article Kicukiro: Akurikiranyweho Kwica Abantu Akabashyingura Iwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?