Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Inzego Z’Umutekano Zafatanyije Na RIB Mu Kuburira Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Inzego Z’Umutekano Zafatanyije Na RIB Mu Kuburira Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2023 11:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi b’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, bafatanyije na Polisi ndetse n’abasirikare kubwira abatuye Akarere ka Rubavu kwirinda uruhare urwo ari rwo rwose mu bucuruzi bw’abantu cyangwa ibindi bifatanye isano.

RIB imaze iminsi mu bukangurambaga bwiswe:  ‘Uruhare rwa buri wese mu kurwanya icyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi.’

Abatuye imirenge itandukanye ya Rubavu bahuriye mu Kagari ka Kivumu, mu Murenge wa Gisenyi baganirizwa uko abacuruza abantu babigenza, uko wabatahura n’uko watanga amakuru kugira ngo bafatwe bahanwe kandi hagaruzwe abari bagiye gucuruzwa cyangwa gushakirwamo indonke.

Lt Col William Ryarasa

Abahagarariye Inzego z’umutekano basobanuriye abitabiriye biriya biganiro ingero zifatika z’uko ubucuruzi bw’abantu bukorwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umwe mu batanze ikiganiro Lt Col William Ryarasa uyobora ingabo zisanzwe zikorera mu gace Rubavu iherereyemo.

Jean Claude Ntirenganya umukozi wa RIB aganiriza abatuye Umurenge wa Gisenyi

Babwiwe icyo amategeko abivugaho n’ibihano kuri ibyo byaha, basabwa kandi kugira uruhare mu kubikumira.

Kuba ijisho rya mugenzi wawe ngo ni imwe mu ngamba nziza zifasha abantu kurinda ko bagenzi babo bakorerwaho ubwo bucuruzi cyangwa basahakirwamo indonke.

Ubukangurambaga bwa RIB bwatangiriye mu Karere ka Nyagatare.

Bumaze gukorerwa mu Karere ka Nyaruguru, ubu hakaba hatahiwe aka Rubavu.

- Advertisement -

Intego ni ugufasha abatuye uturere dukora ku mipaka kumenya amayeri y’abacuruza abantu n’uburyo bajya bakumira icyo cyaha.

Imibare igaragaza ko abakobwa ari bo bakunze kwibasirwa n’abacuruza abantu bakareshya bakajya kubagurisha mu bihugu by’Aziya  babizeza akazi keza.

Ubuvugizi bwa RIB muri Mutarama, 2023 bwatangaje ko hagati y’umwaka wa 2020 n’umwaka wa 2022 mu Banyarwanda 150 bacurujwe, abenshi bari abagore.

Mu mwaka wa  2020 uru rwego rwakiriye ibirego 33 by’abantu bakorewe icuruzwa byari birimo abantu 36 bacurujwe.

Abagabo bari barindwi(7), abagore ari 29.

Mu mwaka wakurikiyeho ni ukuvuga uwa 2021, imibare yariyongereye igera ku bantu 66 bakorewe icuruzwa.

Muri bo abagabo ni 22, abagore bakaba 44. Icyo gihe ibirego byagejejwe kuri ruriya rwego byari 17.

Mu mwaka wa 2022, abacurujwe bari 48 barimo abagabo batandatu(6) n’abagore 42.

Iyi mibare yerekana ko abagore cyangwa abakobwa ari bo bibasirwa n’abagizi ba nabi bacuruza abantu.

Ubugenzacyaha bw’u Rwanda buvuga ko mu bantu bacurujwe, abagera kuri 68 bafite imyaka iri munsi ya 18, mu gihe abandi 68 bafite hagati y’imyaka 18 n’imyaka 30 y’amavuko naho abandi 14 bari hejuru y’imyaka 30 y’amavuko.

Mu mwaka wa 2020, abacurujwe bafite munsi y’imyaka 18 y’amavuko  bari abantu 15, naho abari bafite imyaka iri hagati ya 18-30 bari 17 mu gihe abarengeje imyaka 30 bari bane(4).

Mu mwaka wakurikiyeho wa 2021, Abanyarwanda 27 nibo bacurujwe bafite munsi y’imyaka 18, naho abandi 32 bari  bafite hagati y’imyaka 18-30 mu gihe barindwi(7) bari bafite imyaka iri hejuru ya 30.

Imibare ya RIB y’umwaka ushize(2022) igaragaza ko abantu 26 bari munsi y’imyaka 18 ari bo bacurujwe, mu gihe abandi bantu 19 bari hagati y’imyaka 18-30 bacurujwe naho batatu(3) bari hejuru y’imyaka 30 akaba aribo bakorewe ibi bikorwa by’icuruzwa ry’abantu.

Abagenzacyaha bavuga ko Abanyarwanda[kazi] benshi bacuruzwa muri Aziya no mu Burasirazuba bwo hagati.

Icyakora hari n’abacuruzwa Mu Burengerazuba bwa Afurika.

Mu mikoranire n’izindi nzego cyane cyane Polisi mpuzamahanga, Abanyarwanda 41 bagaruwe mu Rwanda bavanywe mu bihugu birimo byo muri Aziya n’Uburasirazuba bwo Hagati aho bari barajyanywe gucuruzwa.

Abenshi bavanywe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Qatar.

Mu bagaruwe mu Rwanda mu myaka itatu ishize, 11 bagaruwe  mu mwaka wa 2020 mu gihe mu mwaka wa 2021 hagaruwe 11 nanone naho mu mwaka ushize wa 2022 hagarurwa Abanyarwanda 19.

Hari Abanyarwanda 24 bafatiwe  ku bibuga by’indege  no ku mipaka bajyanywe gucuruzwa mu bihugu bya Aziya, Uburasirazuba bwo Hagati ndetse no mu Burengerazuba bwa Afurika.

Mu kiganiro Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, Dr. Murangira B Thierry yigeze guha The New Times,  yavuze ko  bamwe mu bagaruwe, baje kongera guhimba andi mayeri birangira basubiye muri biriya bihugu.

Dr. Thierry B. Murangira

Hari bamwe muri bo bafata RIB nk’intambamyi ibabuza iterambere bari buzabonere iyo mu mahanga.

Iyi myumvire ituma iyo babonye uburyo bahita bongera bagasubira iyo bavanywe.

Dr. Murangira avuga ko hari ingamba zafashwe mu guhashya abantu bakora ubucuruzi bw’abantu.

Ibi ngo biri mu byatumye uyu mubare ugabanuka mu mwaka wa 2021.

Uko bimeze kose, iki kiracyari ikibazo kuko cyahagurukije RIB ngo iburire abaturiye imipaka ngo babe maso.

TAGGED:featuredRIBRubavuUbugenzacyahaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwandakazi Depite Germaine Yatsindiye Umudali Wa Zahabu
Next Article Ruhango: Ubujura Bw’Imyaka Bwajujubije Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?