Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2025 7:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Mu Murenge wa Ruhango niho byabereye.
SHARE

Mu rukerera rwo kuwa Tariki 12, Nzeri, 2025, abagabo babiri bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango bavugwaho ko bateye urugo rw’umuturanyi bashaka kumwiba ihene, abahungu be baratabara barwana nabo baza kwicamo umwe.

Igitangaje ni uko abo bagabo bari bakuze cyane kuko umwe afite imyaka 57 naho undi witwa Uwiragiye Fabien akaba yari afite imyaka 73 ari nawe wapfuye.

Bitwaje imihoro, icumu n’icyuma, abo basaza bateye urugo rwa Uwineza Providence w’imyaka 49 ruri mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ruhango mu Kagari ka Tambwe mu Mudugudu wa Ruduha.

Bamaze kugera yo, bacukuye inzu bashaka kwiba ihene, abahungu bo muri urwo rugo babyutse baratabara batangira kurwana.

Umuhungu umwe w’imyaka 17 bamutemye akaboko, mukuru we w’imyaka 24, mu kumutabara, akubita umwe muri abo basaza inkoni ku gahanga arakomereka cyane.

Yamukubise inkoni mu nkovu y’igisebe gikomeye yigeze kugira mu gahanga, bikaba bikekwa ko ari byo byamukururiye urupfu.

Aho amaze kuyikubitirwa, abatabaye bamujyanye ku kigo nderabuzima cya Tambwe, ageze yo avira mu mutwe bituma apfa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan yabwiye Taarifa ko Polisi na RIB bakimara guhabwa amakuru, bahise bajyayo hafatwa aba basore uko ari babiri.

Icyakora yatubwiye ko uwo mwana w’imyaka 17 ari kuvuzwa kuko bamutemye akaboko, bakamubabaza cyane.

Mukuru we hamwe nk’uwari waje kwiba ntahagwe, barafashwe bafungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kinazi, umurambo ujyanwa ku bitaro bya Kinazi gukorerwa isuzuma.

CIP Hassan Kamanzi asaba abumva ko gukora ubwicamategeko ari byo bizabakiza, kubireka.

Kuri we, ibyo ntacyo bizabamarira.

Polisi isaba kandi abaturage kwirinda urugomo no kwihanira kuko bitemewe.

TAGGED:AbasazaKamanziKwihaniraPolisiRIBRuhangoUmuhoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo
Next Article DRC: Batangiye Gukingira Ebola
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?