Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Babiri Barashwe N’Inzego Z’Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Babiri Barashwe N’Inzego Z’Umutekano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 September 2022 2:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Byimana, Akagari ka Kirengeli harasiwe abantu babiri barapfa. Bivugwa ko bari bamwe mu bagizi ba nabi bategaga abaturage bakabambura ibyabo. Mu minsi ishize hari umupolisikazi bahatemeye mu mutwe n’ikiganza bamwambura n’ibye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yabwiye bagenzi bacu bo ku UMUSEKE ko ayo makuru atari yayamenye ubwo bandikaga iyi nkuru ariko ko ari bugire icyo abibatangarizaho.

Ngo yarababwiye ati: “Ndi mu Ntara y’Iburasirazuba ndaza kubaza ndababwira.”

Ku byerekeye iraswa rya bariya bantu, ngo byabaye ahagana saa kenda mu rucyerera  rwo kuri uyu wa Gatatu Taliki 31, Kanama, 2022.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abaturage bahaturiye bagiye kumva bumva bakanguwe n’urufaya rw’amasasu, basohoka baje kureba icyabaye.

Basanze ari abantu babiri barasiwe hafi ya Kaburimbo.

Abahageze mbere, bavuga ko muri bariya bantu ntawe bashoboye kumenya mo.

Icyakora bakeka ko ari bamwe mu bisambo bimaze iminsi byarazengereje abantu bibambura ibyabo ndetse bamwe bikabatemagura.

N’ikimenyimenyi, ngo ubwoba ni bwinshi mu batuye kiriya gice kubera ko nta muntu ugisohoka mu ijoro cyangwa ngo bwire atarataha.

- Advertisement -

Ikindi kandi  ni uko aho bariya bantu barasiwe, ari n’aho ibisambo biherutse gutemera umupolisikazi wari uri kumwe n’undi mugabo bitahiye, bibambura ibyo bari bafite.

Muri aka gace kandi ngo hari ahantu abo bagizi ba nabi bahishaga imihoro n’izindi ntwaro gakondo bakoreshaga mu kwambura abaturage.

Ibi babikora mu masaha abanziriza saa mbiri z’ijoro.

Imirambo y’abarashwe yajyanywe ku bitaro bya Kabgayi ariko abaganga bayakiriye babwiye UMUSEKE ko nta byangombwa basanganye abo bantu.

Ruhango: Umupolisikazi Yatemwe Bikomeye N’Abagizi Ba Nabi

TAGGED:AbaturageAmasasuIbisamboKaberaPolisiRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Melodie Wari Wafungiwe Mu Burundi Ashinjwa Ubwambuzi Yarekuwe
Next Article Bamporiki Aritaba Urukiko VUBA AHA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?