Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2025 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byabereye mu Karere ka Ruhango.
SHARE

Mu Kagari ka Rutabo, Umurenge wa Kinazi muri Ruhango hafatiwe abaturage batandatu Polisi ivuga ko bategaga abantu bakabambura.

Byabereye mu Murenge wa Kinazi muri Ruhango.

Ni ubujura Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police( CIP) Hassan Kamanzi yabwiye Taarifa Rwanda avuga ko bwajyaniranaga no gutega abantu bakabaniga bakabambura utwabo.

Kamanzi avuga ko ubwo bujura bwarimo no kwiba imyaka n’amatungo kandi bakabikora banyoye ibiyobyabwenge.

CIP Hassan Kamanzi ati: “ Mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Kinazi, mu Tugari twa Rutabo na Gisari k’ubufatanye n’inzego z’ibanze harimo n’abaturage, Polisi yafashe abasore batandatu bakekwaho guhungabanya umutekano w’abaturage bakora ubujura bushukana, gutega abantu bakabambura ibyabo, kwiba imyaka n’amatungo no gukoresha ibiyobyabwenge”.

Chief Inspector of Police( CIP) Hassan Kamanzi.

Abafashwe bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kinazi mbere yo gushyikirizwa ubugenzacyaha.

CIP Kamanzi asaba abaturage kurya akagabuye, bakirinda kurarikira iby’abandi, bakirinda ibikorwa bihungabanya umutekano.

Avuga ko aho ubujura n’ibindi bikorwa by’ubwicamategeko bigaragaraye biba bigomba kwamaganwa, abantu bakumva ko gukurikiza amategeko no kwirinda ibyaha bigirira akamaro abantu muri rusange.

Aba basore bafatiwe mu byo Polisi ivuga ko ari ubujura.
TAGGED:AbaturageKwamburaPolisiUbucukuziUbwambuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika
Next Article Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?