Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Ubujura Bw’Imyaka Bwajujubije Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Ubujura Bw’Imyaka Bwajujubije Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2023 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ubujura, hari abaturage bo mu Mudugudu wa Cana, Akagari ka Musamo, Umurenge wa Ruhango bavuga ko ubujura bw’imyaka buri gutuma basarura imyaka iteze.

Abajura barandura imyumbati, ibishyimbo n’amashaza ndetse ngo hari n’abiba amatungo.

Ni ikibazo bavuga ko cyakajije umurego muri Nzeri, 2023.

Hari umuturage witwa Hategikimana wabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE  ko bafashe icyemezo  cyo gusarura iyi myaka iteze nyuma yo kubona ko abajura barimo kuyirandura.

Ikibazo kinini gihari kandi ngo ni uko mu kurandura imyaka, badatoranya.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko ngo n’abafashwe batamara kabiri bafunzwe, ahubwo barekurwa.

Ikindi ni uko uretse kwiba imyaka, hari n’abajura biba amatungo, bikarushaho kubabaza abaturage.

Ubujura ni ingeso…

Umuturage witwa Ngirumpatse Fidèl avuga ko abajura babikoreshwa n’ingeso kubera ko abashonje bose batiba.

Ati: “Ntabwo ari inzara ibibatera ahubwo ni ingeso.”

Yifuza ko bahabwa irondo ryitwaje intwaro kuko n’ibyo byatuma batinya.

Ntatinya kuvuga ko hagizwe uraswa byatinyisha abandi bajura.

Yemeza batanze raporo y’ubujura kuva ku rwego rw’Umudugudu, Akagari n’Umurenge ariko nta gisubizo bari babona.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango Kayitare Wellars avuga ko ikibazo cy’ubujura mu minsi ishize cyagaragaye cyane mu Mujyi wa Ruhango ariko baza kugihashya.

Ku bivugwa kuri iki kibazo muri iki gihe, Gitifu Kayitare avuga ko atari azi ubukana bwacyo ariko ngo kigiye gukuriranwa.

Yabwiye bagenzi bacu ati: “Ntabwo bigeze bakitumenyesha. Kuba bakitubwiwe tugiye kugikurikirana.”

Ngo kuba abaturage bakivuze bisobanuye ko gihari ariko akavuga ko iby’uko imyaka yibwa bayipakira ku igare bidashoboka kuko byakorohera abatuye muri uwo Mudugudu gufata abo bajura.

Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere mu mwaka wa  2023 bwerekana ko muri rusange ubujura aribwo bukomeje kuza imbere mu bibazo bibangamiye umutekano w’abantu n’ibintu ku gipimo cya 87,6%.

TAGGED:AbaturageImyakaRuhangoubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Inzego Z’Umutekano Zafatanyije Na RIB Mu Kuburira Abaturage
Next Article Polisi Yishimira Ko Ibyaha Biri Kugabanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?