Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Ubujura Bw’Imyaka Bwajujubije Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Ubujura Bw’Imyaka Bwajujubije Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2023 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ubujura, hari abaturage bo mu Mudugudu wa Cana, Akagari ka Musamo, Umurenge wa Ruhango bavuga ko ubujura bw’imyaka buri gutuma basarura imyaka iteze.

Abajura barandura imyumbati, ibishyimbo n’amashaza ndetse ngo hari n’abiba amatungo.

Ni ikibazo bavuga ko cyakajije umurego muri Nzeri, 2023.

Hari umuturage witwa Hategikimana wabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE  ko bafashe icyemezo  cyo gusarura iyi myaka iteze nyuma yo kubona ko abajura barimo kuyirandura.

Ikibazo kinini gihari kandi ngo ni uko mu kurandura imyaka, badatoranya.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko ngo n’abafashwe batamara kabiri bafunzwe, ahubwo barekurwa.

Ikindi ni uko uretse kwiba imyaka, hari n’abajura biba amatungo, bikarushaho kubabaza abaturage.

Ubujura ni ingeso…

Umuturage witwa Ngirumpatse Fidèl avuga ko abajura babikoreshwa n’ingeso kubera ko abashonje bose batiba.

Ati: “Ntabwo ari inzara ibibatera ahubwo ni ingeso.”

Yifuza ko bahabwa irondo ryitwaje intwaro kuko n’ibyo byatuma batinya.

Ntatinya kuvuga ko hagizwe uraswa byatinyisha abandi bajura.

Yemeza batanze raporo y’ubujura kuva ku rwego rw’Umudugudu, Akagari n’Umurenge ariko nta gisubizo bari babona.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango Kayitare Wellars avuga ko ikibazo cy’ubujura mu minsi ishize cyagaragaye cyane mu Mujyi wa Ruhango ariko baza kugihashya.

Ku bivugwa kuri iki kibazo muri iki gihe, Gitifu Kayitare avuga ko atari azi ubukana bwacyo ariko ngo kigiye gukuriranwa.

Yabwiye bagenzi bacu ati: “Ntabwo bigeze bakitumenyesha. Kuba bakitubwiwe tugiye kugikurikirana.”

Ngo kuba abaturage bakivuze bisobanuye ko gihari ariko akavuga ko iby’uko imyaka yibwa bayipakira ku igare bidashoboka kuko byakorohera abatuye muri uwo Mudugudu gufata abo bajura.

Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere mu mwaka wa  2023 bwerekana ko muri rusange ubujura aribwo bukomeje kuza imbere mu bibazo bibangamiye umutekano w’abantu n’ibintu ku gipimo cya 87,6%.

TAGGED:AbaturageImyakaRuhangoubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Inzego Z’Umutekano Zafatanyije Na RIB Mu Kuburira Abaturage
Next Article Polisi Yishimira Ko Ibyaha Biri Kugabanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?