Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Umugore Yicishije Umuhoro Mugenzi We Bapfa Umugabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Umugore Yicishije Umuhoro Mugenzi We Bapfa Umugabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2023 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Nyarubuye mu Kagari ka Buhanda, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango abaturage baraye babonye umurambo w’umugore witwa Béatrice Musanabera bivugwa ko yishwe atamaguwe n’umugore wari mukeba we.

Nyakwigendera yari afite imyaka 50 y’amavuko, akaba yari yabanje gutonganira mu kabari n’uwo mukeba we nk’uko ababibonye babibwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE.

Bavuga ko yatonganiye mu kabari n’umugore basangiye umugabo, basohoka basa n’abatashye ariko bagenda batongana inzira yose.

Abo baturage bavuga ko bishoboka ko bageze mu nzira hafi y’urugo rw’uwo mugore ukekwaho kwica Musanabera akagenda akazana umuhoro akamutema kugeza amwishe.

Yahise acika, ubu ari gushakishwa.

Umurambo wa Musanabera Béatrice ugaragaza ibikomere bikomeye kandi henshi k’umubiri ndetse aho yaguye bahasanze igitenge.

Umuturage wari usanzwe uzi imibanire y’abo bagore, yabwiye itangazamakuru ko bombi bajyaga kuri uwo mugabo kandi ko nta n’umwe muri bo bari barashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.

Abumvise intandaro z’ayo makimbirane, bemeza ko umwe yashinjaga mugenzi we kumutwarira umugabo.

Hari uwagize ati “Bose nta n’umwe wari ufite umugabo, umwe yararaga iwe, bakagenda basimburana.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana, Ntivuguruzwa Emmanuel avuga ko iby’urupfu rw’uyu mugore babimenye, ariko ahakana ko ibyo kuba yishwe atemaguwe na mukeba we atabizi, ko byaharirwa n’inzego zibifite mu nshingano.

Avuga ko icyo azi ari uko umurambo we wagaragaye,  icyamwishe kikaba kitaramenyekana.

Gitifu avuga ko ababonye umurambo we bwa mbere bawubonye mu gitondo, ariko akavuga ko bishoboka cyane ko yaba yarishwe mu ijoro.

Umurambo wa Musanabera wajyanywe mu bitaro bya Gitwe gukorerwa isuzumwa.

Uwapfuye yakomokaga mu Murenge wa Ruganda mu Karere ka Karongi.

Yari yaraje mu Ruhango kuhaca  inshuro, akaba asize umwana umwe.

TAGGED:AkabarifeaturedGitifuMukebaRuhangoUmugoreUmuhoroUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kugira Ngo Roho Nzima Iture Mu Mubiri Muzima Ni Ngombwa Kongera Umusaruro-PM Ngirente
Next Article Icyo Sosiyete Sivile Ivuga Ku Bwicanyi Buri Mu Muryango Nyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

Perezida Wa Misiri Yambitse Umupolisi W’u Rwanda Umudali

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Kabila Yashinze Ishyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?