Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Umugore Yicishije Umuhoro Mugenzi We Bapfa Umugabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Umugore Yicishije Umuhoro Mugenzi We Bapfa Umugabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2023 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Nyarubuye mu Kagari ka Buhanda, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango abaturage baraye babonye umurambo w’umugore witwa Béatrice Musanabera bivugwa ko yishwe atamaguwe n’umugore wari mukeba we.

Nyakwigendera yari afite imyaka 50 y’amavuko, akaba yari yabanje gutonganira mu kabari n’uwo mukeba we nk’uko ababibonye babibwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE.

Bavuga ko yatonganiye mu kabari n’umugore basangiye umugabo, basohoka basa n’abatashye ariko bagenda batongana inzira yose.

Abo baturage bavuga ko bishoboka ko bageze mu nzira hafi y’urugo rw’uwo mugore ukekwaho kwica Musanabera akagenda akazana umuhoro akamutema kugeza amwishe.

Yahise acika, ubu ari gushakishwa.

Umurambo wa Musanabera Béatrice ugaragaza ibikomere bikomeye kandi henshi k’umubiri ndetse aho yaguye bahasanze igitenge.

Umuturage wari usanzwe uzi imibanire y’abo bagore, yabwiye itangazamakuru ko bombi bajyaga kuri uwo mugabo kandi ko nta n’umwe muri bo bari barashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko.

Abumvise intandaro z’ayo makimbirane, bemeza ko umwe yashinjaga mugenzi we kumutwarira umugabo.

Hari uwagize ati “Bose nta n’umwe wari ufite umugabo, umwe yararaga iwe, bakagenda basimburana.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana, Ntivuguruzwa Emmanuel avuga ko iby’urupfu rw’uyu mugore babimenye, ariko ahakana ko ibyo kuba yishwe atemaguwe na mukeba we atabizi, ko byaharirwa n’inzego zibifite mu nshingano.

Avuga ko icyo azi ari uko umurambo we wagaragaye,  icyamwishe kikaba kitaramenyekana.

Gitifu avuga ko ababonye umurambo we bwa mbere bawubonye mu gitondo, ariko akavuga ko bishoboka cyane ko yaba yarishwe mu ijoro.

Umurambo wa Musanabera wajyanywe mu bitaro bya Gitwe gukorerwa isuzumwa.

Uwapfuye yakomokaga mu Murenge wa Ruganda mu Karere ka Karongi.

Yari yaraje mu Ruhango kuhaca  inshuro, akaba asize umwana umwe.

TAGGED:AkabarifeaturedGitifuMukebaRuhangoUmugoreUmuhoroUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kugira Ngo Roho Nzima Iture Mu Mubiri Muzima Ni Ngombwa Kongera Umusaruro-PM Ngirente
Next Article Icyo Sosiyete Sivile Ivuga Ku Bwicanyi Buri Mu Muryango Nyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?