Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Uwari Warasigaye Wenyine Muri Jenoside Yishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Ruhango: Uwari Warasigaye Wenyine Muri Jenoside Yishwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2024 8:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango buremeza urupfu rw’umubyeyi w’imyaka 51 y’amavuko witwa Renatha Ntashamaje wari warasigaye wenyine kuko abe bose bishwe muri Jenoside. Ikibabaje cyane ni uko yapfuye yishwe.

Umurambo we wasanzwe munsi y’urugo rwe bigakekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi bakamuta mu rutoki ruri hafi y’iwe.

Yari atuye mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Rwoga, Umurenge wa Kabagari, mu Karere ka Ruhango.

Ku bw’amahirwe Ntashamaje yari yarabyaye ariko umukobwe we ubu yarashatse aba mu Mujyi wa Kigali nk’uko bagenzi bacu ba UMUSEKE babyemeza.

Ababonye umurambo we bwa mbere basanze urambitse mu rutoki muri metero nka 200 uvuye iwe kandi hari saa tanu z’amanywa.

Bavuga ko bishoboka cyane ko yishwe anizwe ndetse akaba ashobora no kuba yakubiswe ikintu mu mutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Kabagari Benimpuhwe Marie Goreth avuga ko iyo nkuru y’urupfu rwa Ntashamaje bayamenye bahamagara Inzego z’Ubugenzacyaha na Polisi.

Gusa avuga ko icyamwishe kitaramenyekana kuko kiri mu iperereza.

Ati “Icyamwishe ntabwo turakimenya, ababishinzwe batangiye gukora iperereza.”

Ntashamaje Renatha yakoraga mu Kigo cy’ishuri ryisumbuye mu Murenge wa Kabagari kandi inzu yabagamo basanze ikinze.

Umurambo we wajyanywe mu Bitaro bya Gitwe kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Amakuru yandi Taarifa ifite avuga ko mbere y’uko abagizi ba nabi bica uwo mugore babanje kumusambanya baramutwara utwo yari afite.

TAGGED:JenosideRuhangoUmucekuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Batahanye Umudali Wa Zahabu Mu Irushanwa Ry’Abanyamibare
Next Article Tchad: Imyuzure Yahitanye Abantu 54
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?