Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rulindo, Musanze, Gicumbi, Burera: Bagiye Gusenya Insengero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Rulindo, Musanze, Gicumbi, Burera: Bagiye Gusenya Insengero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2024 2:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Insengero 55 zo mu Ntara ya Amajyaruguru zigiye gusenywa kubera kutuzuza ibisabwa.

Muri Rulindo niho hazasenywa nyinshi muri zo kuko habamaze kubarurwa izigera kuri 39.

Muri Musanze hakazasenywa insegero eshanu,  umunani zisenywe mu Karere ka Burera n’aho eshatu zisenywe muri  Gicumbi.

Gakenke niyo itaragagara ku rutonde rw’uturere two mu Ntara y’Amajyaruguru dufite insengero zizasenywa.

Amashusho y’insengero zizasenywa arerekana ko inyinshi muri zo zishaje ndetse harimo izubatswe nk’ibisharagati abantu bacyurizamo ubukwe.

Kigali Today dukesha iyi nkuru yanditse ko avuga ko abayobozi b’imirenge izo nsengero zubatswe bamaze kumenyesha abazisengeramo gahunda yo kuzisenya.

Ubuyobozi buvuga ko zimwe mu mpamvu zo gusenya izo nsengero ari uko zishaje, zubatswe mu manegeka, zidafite ubwiherero, zubakishije rukarakara n’ibindi ubuyobozi buvuga ko bidakwiye.

Abayobozi b’izi nsengero bavuga ko kuba zubatswe nabi ahanini byatewe n’uko batarabona uburyo bwo ‘kwegeranya Abakirisitu’ ngo bateranire hamwe hanyuma barebe uko bakusanya amikoro yo kuzubaka.

Umwe muri bo yabwiye bagenzi bacu ati: “Nibyo. Ayo makuru nayahawe na Gitifu w’Umurenge n’urutonde narubonye ntegereje kumenya neza ikirakurikiraho, ubwo bazaduhamagara badukoreshe inama, gusa turi mu bibazo bikomeye, bakimara kudufungira twari turi kwisakasaka ngo twuzuze ibyo twasabwe none haje ikindi cyemezo cyo gusenya, ntitworohewe”.

Avuga ko kubona ubushobozi ari ikibazo kibakomereye kuko kubaka urusengero rushya bitoroshye.

Ikindi ni uko ngo hari abazacika intege  bakava mu byo gusenga, bakagwa.

Undi yagize ati: “ Kuba Abakirisitu batari hamwe biratugora. Bibaye ari nk’ibishoboka bakavuga bati mube muteraniye aha, noneho mube mwegeranya imbaraga nizimara kuboneka mubone kuhimuka”.

We asaba Leta  kuba iboroheye ikaba ibafunguriye urusengero bagaterana bikaba byabafasha kubona uko basaba Abakirisitu gukusanya imari yo kubaka insengero zikomeye.

N’ubwo abayobozi b’izo nsengero bemeza ko bamaze gutangarizwa ayo makuru, Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru ntiburayashyira ahagaragara.

Bwemeza ko buzayatangaza igihe kigeze nk’uko Umuyobozi w’iyo Ntara Maurice Mugabowagahunde yabitangaje.

TAGGED:AmajyarugurufeaturedinsengeroRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwahoze Ari Umufasha Wa Perezida Wa Namibia Yahawe Inshingano Mu Rwanda
Next Article Kagame Ntashaka Inama Z’Urudaca Abayobozi Bakoresha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?