Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RURA Yemeye Ko ‘Yibye’ Abaturage Miliyoni Hafi 400
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RURA Yemeye Ko ‘Yibye’ Abaturage Miliyoni Hafi 400

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2023 4:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu mu Nteko ishinga amategeko bavuga ko kuba buri mugenzi ugenda muri bisi rusange muri Kigali acibwa amafaranga ya internet kandi hari n’abatagira telephone ari ubujura bakorewe na RURA bityo ko ikwiye kubasubiza ibyabo.

Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta [OAG] muri raporo yabwo iheruka rwagaragaje ko hashize imyaka itanu abakoresha imodoka rusange mu ngendo zo mu Mujyi wa Kigali, bishyura amafaranga ya internet ahenshi ntayirimo.

Muri Werurwe 2018, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasinyanye amasezerano yo gukwirakwiza internet mu modoka na AC Group.

Byari biteganyijwe ko buri modoka itwara abagenzi muri Kigali ishyirwamo internet rusange ikoreshwa n’abagenzi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Binyuze muri ayo masezerano, abagenzi bo mu Mujyi wa Kigali bishyura 10 Frw ya internet yo muri bisi. Ni ukuvuga ko uko ukojeje ikarita ya Tap&Go kuri iriya mashini, amafaranga 10Frw ya Internet ahita agenda.

Ubwanditsi bwa Taarifa, ishami ry’Icyongereza, muri uwo mwaka bwasohoye inkuru icukumbuye yerakanaga ko hari amafaranga abagenzi bishyura kuri internet ya baringa.

Byagaragaye ko hari imodoka nyinshi zitwara abantu zibaga nta murandasi izirimo ariko buri wese uzigenzemo akagira ayo akatwa kubera iyo murandasi ya baringa.

Uko imyaka yatambukaga, icyo kibazo cyarakomeje kubera ko no muri raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta iheruka icyo kibazo cyaragarutse.

Byatumye amafaranga yishyuwe murandasi ku modoka zitayifite angana na Frw 388.603.725, ayo yose  akaba yari abitswe kuri konti ya RURA kugeza ku wa 30 Kamena 2022 kandi adakoreshwa.

- Advertisement -

Abagize PAC bavuga ko ikindi kibabaje babonye ari uko umuntu wese winjiraga muri ziriya modoka yagombaga gukatwa aya murandasi kandi afite telefoni itayakira cyangwea nta na telefoni namba agira.

Umwe muri aba Badepite witwa  Depite Niyorurema Jean René ati ‘‘Ikintu babonaga cyihutirwa ni ugushyira murandasi muri bisi cyangwa ni ugushaka uko abaturage bava ku muhanda ? kuko ntanze nk’urugero, nigeze kuyijyamo njya i Nyabugogo, njya no mu yindi ijya mu Mujyi ariko nta internet nigeze mbonamo.’’

Yibaza n’uburyo abafataga iyo murandasi kuri telefoni zabo bayikoreshaga kuko muri bisi abantu bagenda bahagaze, amaboko afashe inkingi ngo batagwirirana.

Yatanze icyifuzo cy’uko ayo mafaranga bavuga ngo bashaka gushyira muri nkunganire bakwiye kuyashyira muri mutuelle y’abaturage bakivuza.

Depite Bakundufite we yavuze ko mu buryo busanzwe bumenyerewe, iyo ugiye guha umuntu serivisi agomba kwishyura, biba ari ngombwa ko mubyumvikana.

Yibaza niba abaturage baramenyeshejwe ubwo buryo.

Depite Uwimanimpaye Jeanne d’Arc ati ‘‘Twahoze twibaza uburyo ibyemezo byafatwaga muri RURA n’igenamigambi uburyo rikorwa bikatuyobera ariko iri ryo rirarenze!”

Uwimanimpaye ati:”…Turamutse dufashe imibare y’Abanyarwanda batunze ‘Smartphones’ ukoze n’iy’Abanyarwanda bagenda muri bisi n’icyiciro bariho, mwasanze aribo bafite telefone mushobora gufasha kubona iyo serivisi?’’

Depite Uwimanimpaye yavuze ko abaturage batega bisi abenshi baba badafite ‘Smartphones’ cyangwa za mudasobwa zo kugenda bicaye bakoresha iyo murandasi bityo ko abayishyizemo hari uburyo babibye.

Undi Mudepite we yavuze ko RURA ibyuka mu gitondo igafatira Abanyarwanda ibyemezo.

Yitwa  Ntezimana Jean Claude.

Yagize ati ‘‘Ibibazo byose twabonye muri RURA bishingiye ku bijyanye n’ igenamigambi […] bisa n’aho RURA ifite ububasha bw’umurengera. Urabyuka mu gitondo ugafatira icyemezo umuntu ugenda kuri moto uti aya yo urayaduha […] hakwiye kubaho isesengura kuko ubu ni ubuzima bw’abaturage.’’

Abagize PAC basabye RURA gusubiza abaturage amafaranga yabo

RURA ibitse amafaranga y’abishyuye murandasi…

Umuyobozi w’Ishami ry’amategeko muri RURA, Kabiru Jacques yabwiye Abadepite ko habayeho intege nke mu bijyanye no gushyira murandasi muri  bisi by’umwihariko izikorera mu Mujyi wa Kigali.

Yeruye ko ayo mafaranga bakase abagenzi, abitswe muri RURA.

Ati: ‘‘Abagenzi mu by’ukuri amafaranga ari mu giciro, umugenzi ntayo yabonaga ariko nanone hari uburyo n’ubwo uwayatangaga atabashije kubona serivisi, amafaranga yose RURA irayafite.’’

Avuga ko hari gutekerezwa uko ariya mafaranga yahabwa abaturage muri rusange kuko ngo ntiyahabwa umuntu ku giti cye.

Kabiru avuga ko hari kwigwa uko ayo mafaranga yazasubizwa mu batega bisi mu buryo bwa Nkunganire.

Perezida wa Komisiyo ya PAC, Muhakwa Valens, yavuze ko kuba abaturage barishyujwe amafaranga ya murandasi ariko ntibayihabwe ari ibintu bitumvikana bityo hakwiye kubaho uburyo bwo gusubiza abaturage ayo mafaranga.

Ati ‘‘Mwebwe mubwiye umuntu uti dushyize Wi-Fi mu modoka, ku giciro wishyuye uragenda ukora akazi kawe nta kibazo none uti izi miliyoni Frw 417 ubwo zimaze no kurenga, tugiye kuzongera tuzishyire muri nkunganire? Ubonye iyo uba uvuze uti umuturage wese wishyuye iyo Wi-Fi tugiye kumusubiza amafaranga aye!”

Visi Perezida wa Komisiyo ya PAC, Uwineza Beline we avuga ko ayo mafaranga yishyuwe n’umuturage kugira ngo abone murandasi atari ayo gutera inkunga urwego rwo gutwara abantu.

Depite Uwineza yavuze ko Abadepite batakwicara ngo bumve ko umuturage yagiye gutera inkunga urwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange.

Mugenzi we witwa Depite Mukabalisa Germaine we ati ‘‘Ubwo rero ntabwo twanyuranya kuri RURA ni baduhe gahunda yo gusubiza abaturage miliyoni 400Frw babafitiye. Naho kuvuga ngo amafaranga azakoreshwa nka nkunganire, ndagira ngo nkumenyeshe ko na nkunganire ari abaturage bayitanga kuko iva mu misoro yabo. Nonese turabasoresha kabiri ? ntabwo ari ubwa mbere urwego rwaba rutubwiye ko ruzasubiza amafaranga abaturage.’’

Umuyobozi w’Ishami ry’Ikoranabuhanga muri RURA, François Gatete yasubije ko ibibazo byatumye abaturage badahabwa murandasi bishyuye birimo kuba uburyo bwakoreshejwe mu kugira ngo iyo itangwe neza bwari butaranozwa neza.

Uyobora  RURA, Rugigana Evariste  yavuze ko ibyo bibazo byose bizakosorwa ariko nk’umuyobozi mukuru ntiyamaze Abadepite amatsiko y’uburyo bazasubiza abaturage amafaranga yabo.

TAGGED:AbaturagefeaturedMurandasiRURA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke Yahawe Isange One Stop Center Ya Gatatu
Next Article RIB Ivuga Ko Nta SIDA Kazungu Yanduye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?