Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusesabagina Yasabiwe Gufungwa Burundu, Nsabimana ‘Sankara’ Azamurirwa Igihano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Rusesabagina Yasabiwe Gufungwa Burundu, Nsabimana ‘Sankara’ Azamurirwa Igihano

Last updated: 22 February 2022 10:36 am
Share
SHARE

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ubujurire guhamya Paul Rusesabagina ibyaha by’iterabwoba maze agahanishwa gufungwa burundu, aho kuba imyaka 25 yahawe n’Urukiko rukuru.

Kuri uyu wa 21 Werurwe nibwo Urukiko rw’Ubujurire rwasoje iburanisha ku bujurire bw’Ubushinjacyaha, butishimiye ibihano byahawe abari abayobozi n’abarwanyi b’umutwe wa MRCD/FLN.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko gutesha agaciro ubujurire bw’abaregwa basabye kugabanyirizwa ibihano, uretse Nsabimana Jean Damascene wahamijwe icyaha cyo kugambana no gushishikariza abandi gukora icyaha cy’iterabwoba kandi atarakirezwe.

Bwasabye ariko ko Nsabimana, Rusesabagina na Nizeyimana Marc bahamwa n’icyaha cyo gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, kandi hakwemezwa ko “bakoze ubwabo ibikorwa by’iterabwoba, aho kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba byakozwe n’abandi.”

Bwanasabye urukiko guhamya Nsabimana icyaha cy’iremwa ry’umutwe w’ingabo ritemewe, Rusesabagina agahamwa n’ibyaha by’iremwa ry’umutwe w’ingabo ritemewe n’icyaha cyo gutera inkunga ibikorwa by’iterabwoba.

Ubushinjacyaha kandi bwasabye urukiko guhamya icyaha cy’iremwa ry’umutwe w’ingabo ritemewe Nizeyimana Marc, Bizimana Cassien, Nsengimana Herman, Iyamuremye Emmanuel, Niyirora Marcel, Kwitonda Andre, Nhimiyimana Emmanuel, Ndagijimana Jean Chretien, Hakizimana Theogene, Nsanzubukire Felicien na Munyaneza Anastase.

Umushinjacyaha yakomeje ati “Ibi byaha turasaba ko babihamwa ku nyongera y’ibyo bahamijwe ku rwego rwa mbere.”

Ubushinjacyaha bwasabye ko “Nsabimana Callixte Alias Sankara ahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 25, ko Rusesabagina Paul ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu, kuri Nizeyimana Marc, turasaba ko yahanishwa igifungo cya burundu.”

Nsabimana yari yarahanishijwe gufungwa imyaka 20 kimwe na Nizeyimana Marc.

Ubushinjacyaha kandi bwasabiye Nsengimana Herman gufungwa imyaka 20 kimwe na Iyamuremye Emmanuel, Kwitonda Andre, Nshimiyimana Emmanuel, Hakizimana Theogene, Ndagisjimana Jean Chretien, Nsanzubukire Felicien, Munyaneza Anastase, Nikuze Simeon, Ntabangamyimana Joseph na Mukandutiye Angelina.

Ni mu gihe Niyirora Marcel we yasabiwe gufungwa imyaka 15.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko kwemeza ko “nta gihindutse” ku bihano Urukiko Rukuru rwahaye Bizimana Cassien, Matakamba Jean Berchmas, Shaban Emmanuel, Ntibiramira Innocent, Byukusenge Jean Claude na Nsabimana Jean Damascene.

Umushinjacyaha yakomeje ati “Ibi nibikurikizwa nyakubahwa Perezida, banyakubahwa bacamanza, bizaba ari ubutabera.”

Nsabimana Sankara yavuze ko nta rundi rukiko bafite bazajuririramo icyemezo cy’Urukiko rw’Ubujurire, ku buryo rukwiye guca inkoni izamba.

Yavuze ko icyifuzo cy’Ubushinjacyaha cyo kumufuga imyaka 25 kitagamije kumugorora kubera ko ubutabera ntabwo ari ukwihorera.

Yakomeje ati “N’iyo byaha kumvisha umuntu, ntabwo wakumvisha umuntu wemeye gukorana n’ubutabera, wenda byaha ku muntu winangiye.”

Yavuze ko igihano yasabiwe gitandukanye n’isezerano yahawe ryo kugabanyirizwa ibihano ubwo yasabwaga gufasha ubutabera, asaba urukiko kumworohereza.

Ati “Ibyabaye byarabaye nta marira narira kugira ngo mbisubize inyuma, bibaho mu buzima ko umuntu ashobora gukora ikosa, ikibazo nkaba mbona cyaba gutsimbarara ku bintu wabonye ko ari amakosa, ntabwo ari wo murongo nahisemo.”

“Ntabwo nahisemo umurongo wo kuba kagarara, nahisemo umurongo wo gufasha ubutabera, nkaba nsaba rero uru rukiko ko rwazareba ku ruhande rumwe ibibi nakoze, ariko rukareba ku rundi ruhande ibyiza nakoze, byo gufasha ubutabera, mukabiheraho mungabanyiriza ibihano. Nkaba mbizeza ko niteguye kuzaba umunyarwanda mwiza wubahiriza abategeko y’igihugu nk’ivanjili ntagatifu.”

Ntabwo Rusesabagina yigeze yitabira iburanisha ku bushake bwe, urubanza rukomeza adahari.

Umucamanza yemeje ko urubanza ruzasomwa ku wa 21 Werurwe 2022, saa tatu.

Rusesabagina Yakatiwe Gufungwa Imyaka 25, Nsabimana ‘Sankara’ Akatirwa 20

 

TAGGED:featuredFLNMRCDNsabimana Callixte SankaraPaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Mu Biganiro Bigamije Kurinda Ibinyabuzima Biba Mu Mazi
Next Article Umuganga Akurikiranweho Gutanga Ibyemezo Bihimbano Bya COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Umurundi Kirikou Akili Ukunzwe Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Israel Na Hamas Ntibiri Buhagararirwe Mu Isinywa Rya Burundu Ry’Amahoro Ya Gaza

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?