Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusesabagina Yasabye Ko Urubanza Rwe Rusubikwa Amezi Atandatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Rusesabagina Yasabye Ko Urubanza Rwe Rusubikwa Amezi Atandatu

Last updated: 12 March 2021 9:50 am
Share
SHARE

Paul Rusesabagina uburana ku byaha by’iterabwoba, yasabye ko urubanza rwe rusubikwa amezi atandatu kugira ngo abashe kwiga dosiye neza kubera ubunini bwayo, kuko ifite paji zirenga ibihumbi 10.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu, Me Rudakemwa Felix umwunganira yavuze ko ku wa 1 Werurwe urukiko rwasuye Gereza ya Nyarugenge i Mageragere ngo rusuzume ibibazo bya Rusesabagina wari warugaragarije ko atabona uburyo bwo gutegura imyiregurire ye.

Urukiko ngo rwafashe ibyemezo bitandukanye byamufasha gutegura dosiye, ariko kugeza ubu ngo nta cyakozwe.

Me Rudakemwa yavuze ko dosiye ari nini cyane kuko iregwamo abantu 21, inyandiko itanga ikirego ubwayo ni paji hafi 300 naho izijyana na zo zikagera muri paji “hafi nk’ibihumbi 10”, bagasanga Rusesabagina akwiye guhabwa imashini na ‘imprimante” kugira ngo abone uko ajya ahanahana inyandiko n’abamwunganira.

Rusesabagina abwiye urukiko ko umuyobozi wa gereza yamwemereye ko bazamuha mudasobwa, ariko mu gihe akiyitegereje atabona uko yiregura kuko gusoma dosiye ukanayisesengura “si ibintu umuntu akora mu kanya nk’ako guhumbya.”

Me Rudakemwa na Rusesabagina imbere y’Urukiko

Umucamanza abajije Rusesabagina impamvu bisa n’aho aribwo bagiye gutangira kwiga dosiye kandi yararegewe urukiko mu Ugushyingo 2020 ndetse abavoka be bakayibona, avuga ko we atabasha kuyisoma, ati “mu yandi magambo dosiye ntabwo nyifite.”

Umucamanza abajije Rusesabagina igihe akeneye cyo gutegura dosiye, Me Rudakemwa avuga ko hagendewe ku bunini bwayo, ati “twumvaga nibura igihe nibura cy’amezi atandatu cyaba gihagije kugira ngo umuntu iby’ingenzi abe yumvise, noneho umuntu aze ibere yanyu afite icyo yavuga kuri dosiye.”

Ntabwo urukiko rwari rwabifataho icyemezo.

TAGGED:featuredPaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CIA N’U Bufaransa Ntibirarandura Al Qaeda Muri Sahel
Next Article Gukingira Abanyarwanda COVID-19 Byageze Mu Masoko
1 Comment
  • Karegeya says:
    12 March 2021 at 3:15 pm

    Ubwo se arabona ko bizakunda? Aratera imigeri ku mihunda

    Reply

Leave a Reply to Karegeya Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?