Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusesabagina Yivumbuye Mu Rukiko Atangaza Ko Urubanza Rwe Aruhagaritse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Rusesabagina Yivumbuye Mu Rukiko Atangaza Ko Urubanza Rwe Aruhagaritse

admin
Last updated: 12 March 2021 3:59 pm
admin
Share
SHARE

Paul Rusesabagina uregwa ibyaha by’iterabwoba yavuze ko ahagaritse kwitabira urubanza rwe, ashinja urukiko ko rutashoboye kubahiriza uburenganzira bwe bwo kwiregura no kugira uburenganzira ku rubanza ruboneye.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu, Ruesabagina yasabye ko kubera ubunini bwa dosiye, iburanisha rya none ryasubikwa mu gihe nibura cy’amezi atandatu, kugira ngo abanze abone ibikenewe byose byamufasha kwiga dosiye no gutegura imyiregurire.

Umucamanza yanze ubusabe bwe, ategeka ko iburanisha rikomeza hiregura Nsabimana Callixte ‘Sankara’ wari ugeze ku cyaha cya cyenda mu bisaga 16 aregwa.

Rusesabagina yahise azamura ukuboko, ati “Kuba rero uburenganzira bwanjye bwanze kubahirizwa, ndagira ngo menyeshe urukiko ko nta butabera na bumwe ntegereje hano, bityo nkaba mbamenyesha ko ntazongera kwitabira urubanza, urubanza rwanjye nduhagaritse.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Me Rudakemwa umwunganira yahise avuga ko na we aragendera ku mabwiriza y’uwo yunganira.

Ati “Ibyo avuze nanjye ndabishyigikiye nta kindi narenzaho.”

Bivuze ko igihe yahagarika kwitabira iburanisha kandi yamenyeshejwe, urubanza rwaburanishwa adahari, ntibibuze urukiko kumukatira kimwe n’abandi.

Impamvu ubusabe bwe bwanzwe

Nyuma yo kwiherera mu gihe kirenga isaha, urukiko rwanzuye ko igihe cy’amezi atandatu cyo gusubika urubanza cyasabwe na Rusesabagina kidakwiriye, hashingiwe ku nyungu z’ubutabera n’uburenganzira bw’ababuranyi ku butabera buboneye.

- Advertisement -

Rwashingiye ku mpamvu zirimo kuba Rusesabagina yemera ko kuva urubanza rwaregerwa urukiko, hari inyandiko za dosiye afite kandi ko yatangiye kurutegura, ahubwo ikibazo ari uko gereza itamuha igihe gihagije cyo gusoma dosiye kuko izimya amatara hakiri kare.

Hari kandi ko yabwiye urukiko ko igihe cyose abishakiye abonana n’abavoka be mu rwego rwo gutegura dosiye, ko kandi hari inyandiko zirebana na dosiye bamugezaho.

Indi mpamvu ni ukuba Rusesabagina Paul ahuriye n’abandi baburanyi mu rubanza rumwe, nabo bakaba bakeneye ko uburenganzira bwabo ku rubanza ruciwe ku gihe gikwiye bwubahirizwa nk’uko babyemererwa n’amategeko.

TAGGED:featuredPaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahatanira Ikamba Rya Miss 2021 Baratiwe Imodoka Uzabahiga Azatwara
Next Article Abanyarwanda Bo Muri Bimwe Mu Bihugu By’Aziya Bizihije Umunsi W’Abagore
1 Comment
  • Pingback: Uburyo Rusesabagina Afunzwemo I Mageragere Bwahinduwe - Taarifa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?