Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusesabagina Yivumbuye Mu Rukiko Atangaza Ko Urubanza Rwe Aruhagaritse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Rusesabagina Yivumbuye Mu Rukiko Atangaza Ko Urubanza Rwe Aruhagaritse

Last updated: 12 March 2021 3:59 pm
Share
SHARE

Paul Rusesabagina uregwa ibyaha by’iterabwoba yavuze ko ahagaritse kwitabira urubanza rwe, ashinja urukiko ko rutashoboye kubahiriza uburenganzira bwe bwo kwiregura no kugira uburenganzira ku rubanza ruboneye.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu, Ruesabagina yasabye ko kubera ubunini bwa dosiye, iburanisha rya none ryasubikwa mu gihe nibura cy’amezi atandatu, kugira ngo abanze abone ibikenewe byose byamufasha kwiga dosiye no gutegura imyiregurire.

Umucamanza yanze ubusabe bwe, ategeka ko iburanisha rikomeza hiregura Nsabimana Callixte ‘Sankara’ wari ugeze ku cyaha cya cyenda mu bisaga 16 aregwa.

Rusesabagina yahise azamura ukuboko, ati “Kuba rero uburenganzira bwanjye bwanze kubahirizwa, ndagira ngo menyeshe urukiko ko nta butabera na bumwe ntegereje hano, bityo nkaba mbamenyesha ko ntazongera kwitabira urubanza, urubanza rwanjye nduhagaritse.”

Me Rudakemwa umwunganira yahise avuga ko na we aragendera ku mabwiriza y’uwo yunganira.

Ati “Ibyo avuze nanjye ndabishyigikiye nta kindi narenzaho.”

Bivuze ko igihe yahagarika kwitabira iburanisha kandi yamenyeshejwe, urubanza rwaburanishwa adahari, ntibibuze urukiko kumukatira kimwe n’abandi.

Impamvu ubusabe bwe bwanzwe

Nyuma yo kwiherera mu gihe kirenga isaha, urukiko rwanzuye ko igihe cy’amezi atandatu cyo gusubika urubanza cyasabwe na Rusesabagina kidakwiriye, hashingiwe ku nyungu z’ubutabera n’uburenganzira bw’ababuranyi ku butabera buboneye.

Rwashingiye ku mpamvu zirimo kuba Rusesabagina yemera ko kuva urubanza rwaregerwa urukiko, hari inyandiko za dosiye afite kandi ko yatangiye kurutegura, ahubwo ikibazo ari uko gereza itamuha igihe gihagije cyo gusoma dosiye kuko izimya amatara hakiri kare.

Hari kandi ko yabwiye urukiko ko igihe cyose abishakiye abonana n’abavoka be mu rwego rwo gutegura dosiye, ko kandi hari inyandiko zirebana na dosiye bamugezaho.

Indi mpamvu ni ukuba Rusesabagina Paul ahuriye n’abandi baburanyi mu rubanza rumwe, nabo bakaba bakeneye ko uburenganzira bwabo ku rubanza ruciwe ku gihe gikwiye bwubahirizwa nk’uko babyemererwa n’amategeko.

TAGGED:featuredPaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahatanira Ikamba Rya Miss 2021 Baratiwe Imodoka Uzabahiga Azatwara
Next Article Abanyarwanda Bo Muri Bimwe Mu Bihugu By’Aziya Bizihije Umunsi W’Abagore
1 Comment
  • Pingback: Uburyo Rusesabagina Afunzwemo I Mageragere Bwahinduwe - Taarifa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?