Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Borojwe Inkoko Kugira Ngo Umwana Atazabura Igi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Borojwe Inkoko Kugira Ngo Umwana Atazabura Igi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2023 6:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi borojwe inkoko bahabwa n’ibiribwa byazo kugira ngo zizaterere amagi ku gihe babone ayo bagaburira abana.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire y’abana kivuga ko iyo umwana agaburiwe igi rimwe ku munsi bimurinda kugwingira.

Umushinga waroje ababyeyi bo muri Rusizi  witwa Sight and Life.

Bavuga ko bafite intego yo gufasha ababyeyi bo muri Rusizi na Rubavu kuvana abana mu mirire mibi.

Aborojwe inkoko zitera amagi batoranyijwe mu mirenge yose y’Akarere ka Rusizi ariko igikorwa cyo kuboroza cyatangiye kuri uyu wa Kabiri taliki 14, Werurwe, 2023.

Si muri Rusizi gusa kizakorerwa kuko no mu Karere ka Rubavu n’aho bizakorwa.

Imiryango irenga 900 niyo izorozwa.

Umwe mu bagore borojwe inkoko avuga ko yari asanzwe azi akamaro ko korora inkoko ariko amikoro yo kuzorora no kuzibonera ibiribwa akamubana make.

Ati: “ Leta ikunze kuduhugurira korora amatungo magufi cyane cyane inkoko kugira ngo tubone amagi duha abana. Ndashima ko aba bantu banyunze amaboko bakandemera bakanashyiraho n’ibiribwa by’inkoko kandi ndabizeza ko nzazitaho amagi sinyagurishe ahubwo nkayatekera umwana.”

Afite umwana w’imyaka ibiri n’igice.

Undi witwa Yankurije nawe avuga ko inkoko itagora ahubwo ikibazo zikunze kugira ari icy’ibiribwa n’imiti.

Imiryango irenga 900 yo muri Rusizi izahabwa inkoko kugira ngo izayifashe kubonera abana babo amagi yo kuzamura imirire myiza

Mu bushobozi bwe avuga ko azakora uko ashoboye akazibonera imiti kugira ngo zitazamupfira ubusa.

Elvis Gakuba , Umuyobozi wa Sight and Life Rwanda asaba ababyeyi bahawe inkoko kuzazitaho ntibazigurishe kandi amagi ziteye agakoreshwa mu kwita ku mirire myiza y’abana babo.

Bahawe inkoko z’amagi.

Amagi ni ibiribwa bifite intungamubiri (proteins) zihagije n’ubutare(irons) bufasha uyarya kugira amagufa akomeye.

Akarere ka Rusizi kari ku mwanya wa 20 ku rutonde rw’uturere dufite abana bagwingiye.

Igipimo cy’igwingira muri ko kiri ku kigero cya 30.7% by’abana bose bakabamo.

Ubuyobozi bwa Rusizi buvuga ko hari gukorwa ibishoboka byose ngo ababyeyi bamenye akamaro ko gutegurira abana babo indyo yuzuye kandi idahenze cyane.

Kimwe mu bigize indyo nk’iyo ni  amagi, imboga, ibishyimbo, ibirayi, ubunyobwa n’amata.

TAGGED:AbabyeyiAbanaAmagiInkokoRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Inkuba Yishe Umugabo N’Umwana
Next Article Bakomeje Gushimirwa Ku Kazi Bakorera Imahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?