Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Borojwe Inkoko Kugira Ngo Umwana Atazabura Igi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Borojwe Inkoko Kugira Ngo Umwana Atazabura Igi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2023 6:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi borojwe inkoko bahabwa n’ibiribwa byazo kugira ngo zizaterere amagi ku gihe babone ayo bagaburira abana.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire y’abana kivuga ko iyo umwana agaburiwe igi rimwe ku munsi bimurinda kugwingira.

Umushinga waroje ababyeyi bo muri Rusizi  witwa Sight and Life.

Bavuga ko bafite intego yo gufasha ababyeyi bo muri Rusizi na Rubavu kuvana abana mu mirire mibi.

Aborojwe inkoko zitera amagi batoranyijwe mu mirenge yose y’Akarere ka Rusizi ariko igikorwa cyo kuboroza cyatangiye kuri uyu wa Kabiri taliki 14, Werurwe, 2023.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Si muri Rusizi gusa kizakorerwa kuko no mu Karere ka Rubavu n’aho bizakorwa.

Imiryango irenga 900 niyo izorozwa.

Umwe mu bagore borojwe inkoko avuga ko yari asanzwe azi akamaro ko korora inkoko ariko amikoro yo kuzorora no kuzibonera ibiribwa akamubana make.

Ati: “ Leta ikunze kuduhugurira korora amatungo magufi cyane cyane inkoko kugira ngo tubone amagi duha abana. Ndashima ko aba bantu banyunze amaboko bakandemera bakanashyiraho n’ibiribwa by’inkoko kandi ndabizeza ko nzazitaho amagi sinyagurishe ahubwo nkayatekera umwana.”

Afite umwana w’imyaka ibiri n’igice.

- Advertisement -

Undi witwa Yankurije nawe avuga ko inkoko itagora ahubwo ikibazo zikunze kugira ari icy’ibiribwa n’imiti.

Imiryango irenga 900 yo muri Rusizi izahabwa inkoko kugira ngo izayifashe kubonera abana babo amagi yo kuzamura imirire myiza

Mu bushobozi bwe avuga ko azakora uko ashoboye akazibonera imiti kugira ngo zitazamupfira ubusa.

Elvis Gakuba , Umuyobozi wa Sight and Life Rwanda asaba ababyeyi bahawe inkoko kuzazitaho ntibazigurishe kandi amagi ziteye agakoreshwa mu kwita ku mirire myiza y’abana babo.

Bahawe inkoko z’amagi.

Amagi ni ibiribwa bifite intungamubiri (proteins) zihagije n’ubutare(irons) bufasha uyarya kugira amagufa akomeye.

Akarere ka Rusizi kari ku mwanya wa 20 ku rutonde rw’uturere dufite abana bagwingiye.

Igipimo cy’igwingira muri ko kiri ku kigero cya 30.7% by’abana bose bakabamo.

Ubuyobozi bwa Rusizi buvuga ko hari gukorwa ibishoboka byose ngo ababyeyi bamenye akamaro ko gutegurira abana babo indyo yuzuye kandi idahenze cyane.

Kimwe mu bigize indyo nk’iyo ni  amagi, imboga, ibishyimbo, ibirayi, ubunyobwa n’amata.

TAGGED:AbabyeyiAbanaAmagiInkokoRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Inkuba Yishe Umugabo N’Umwana
Next Article Bakomeje Gushimirwa Ku Kazi Bakorera Imahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuyobozi Mukuru Wa Croix Rouge Ku Rwego Rw’Isi Yasuye u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?