Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Meya Kibiriga Yabwiye Abaturage Ko Badakwiye Kubona RIB Ngo Biruke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Rusizi: Meya Kibiriga Yabwiye Abaturage Ko Badakwiye Kubona RIB Ngo Biruke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 August 2024 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Anaclet Kibiriga uyobora Akarere ka Rusizi yabwiye abaturage bo mu Murenge wa Gihundwe ko badakwiye kubona RIB ngo bakuke umutima, bumve ko ishinzwe gufunga abantu gusa.

Bikubiye mu butumwa yagejeje kuri bamwe muri bo bari baje kumva ubukangurambaga buri gukorwa n’uru rwego bugamije kuburira abantu ku byaha bibugarije n’uburyo babyirinda.

Abakozi ba RIB mu ishami ryishinzwe gukumira ibyaha bari mu bukangurambaga bugamije kuburira abaturage ku byaha bibugarije birimo n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi byaha byibasira urubyiruko.

Meya Kibiriga yagize ati: “Biranejeje ko abantu basigaye babona RIB ntibirukanke. Kera abantu bari bazi ko RIB ari ugufata gusa no gufunga”.

Avuga ko muri iki gihe bishimishije kuba abantu baramenye ko Urwego rw’ubugenzacyaha rufite n’inshingano yo kubahugura bakamenya ibyaha bibugarije n’uburyo babyirinda.

Umuyobozi ukuriye ubugenzacyaha mu Ntara y’Uburengerazuba witwa Egide Rwagihuta yasabye abaturage gukomeza kuba intangarugero bakirinda icyatuma bajya muri za Gereza.

Avuga ko kuba baritwaye neza mu matora aheruka( y’Umukuru w’igihugu n’Abadepite) bakwiye gukomereza muri uwo mujyo bakirinda icyabagonganisha n’amategeko.

Ati: “Dukumire hatazagira umuturage n’umwe uzatuvamo agateshuka agakora icyaha bikamuviramo kujya muri gereza cyangwa n’ahandi hantu bafungira abantu”.

Umuyobozi muri RIB ukora mu ishami ryo gukumira ibyaha witwa Jean Claude Ntirenganya avuga ko ibyaha by’ihohoterwa ari byo ntandaro y’ibyaha byinshi abantu bakora.

Avuga ko ingo zihoramo imyiryane ari zo zikunze no kugaragaramo ibyaha bikomeye birimo gukubita no gukomeretsa.

Imiryango nk’iyi kandi niyo igaragaramo abana bakura birera, bamwe bagata imiryango bakajya kuba mu mihanda kuko nta rukundo baba babona iwabo.

Ati: “Iyo umwana atangiye kwirera aba atangiye no kuba ibandi imburagihe. Niba ari akana k’agakobwa nihagira ukarembuza karagenda kihuta kuko karaba gahunga za ntambara ziri iwabo”.

Kuri Ntirenganya, umwuka mubi mu ngo niwo ntandaro y’ibyaha birimo n’ibikomeye biwukorerwamo.

Asaba abaturage kujya begera inzego zibayobora kugira ngo bazigishe inama y’uko bakemura ayo makimbirane aho kugira ngo bamwe bihanire cyangwa bakora ibyaha bibwira ko ari bwo buryo bwo gukemura ibibazo iwabo.

Urwego rw’ubugenzacyaha rusaba abaturage kumenya ko uburenganzira bw’umwana, akarindwa ibimubabariza umubiri n’umutima kandi aho bumvise iryo hohoterwa bakabimenyesha ubuyobozi kugira ngo ababivugwaho babikurikiranweho.

Ubugenzacyaha busaba abaturage kwirinda icyatuma bajya muri gereza
Abakozi b’uru rwego bakora uko bashoboye bakabwira abaturage uko bakwirinda kugongana n’amategeko
Iyo begereye abaturage, baboneraho no kwakira ibibazo byabo

Indi wasoma:

RIB Yaregewe Abitwa Abameni( Men) Bakomeje Kujujubya Abaturage

TAGGED:AbaturageKibirigaMeyaRIBRusiziUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Y’Abanyarwandakazi Ya Sitting Volley Yatsinzwe Uruhenu N’Iya Brazil
Next Article Ambasaderi W’Uburusiya Mu Rwanda Ashima Politiki Yarwo Mu Guhuza Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?