Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Bashima Ko RIB Ibahugurira Kwirinda Ibyaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rutsiro: Bashima Ko RIB Ibahugurira Kwirinda Ibyaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2024 5:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abaturage bo muri Rutsiro bashima ko Urwego rw’Ubugenzacyaha ruhugura abantu ku kwirinda ibyaha, bikabafasha kutagongana n’ amategeko.

Umwe muri bo avuga ko kwiga ari uguhozaho kandi ko mu gihe urwego runaka rw’igihugu ruhisemo guhugura abaturage biba ari ngombwa ko batega amatwi.

Umujyanama wa Komite Nshingwabikorwa iyobora Rutsiro witwa Jean Baptiste Uwihanganye nawe yunze mu ry’umuturage, avuga ko ari ngombwa ko abayobora inzego z’ibanze bakwiye kongererwa ubumenyi mu gutahura no gukumira ibyaha.

Avuga ko kuba ariya mahugurwa yateguwe kugira ngo abayobozi b’inzego z’ibanze bahabwe ubumenyi ku buryo bwo gutahura no gukumira ihohoterwa ari iby’agaciro.

Yabibukije ko kwerekana uruhare rwabo mukurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ari inshingano zabo.

Umugenzacyaha ukora mu ishami rya RIB rishinzwe ubushakashatsi witwa Augustin Mutabazi Mutabeshya yabwiye abo bayobozi ko kumenya amakuru ku ihohoterwa ryakorewe runaka ukabihisha bigize icyaha.

Ati: “Abayobozi bagomba gutangira amakuru ku gihe kugira ngo dukomeze kurwanya iki cyaha gicike burundu tunanibutswa ko guhishira icyaha nk’iki bidakwiye kandi ko bigomba gucika”.

RIB iri mu bukangurambaga bwo kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa hirya no hino mu Rwanda.

Ibikorana n’anagatanyabikorwa bayo barimo Umuryango mpuzamahanga ushinzwe iby’abinjira n’abasohoka(IOM), UNICEF n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.

Mu Karere ka Rutsiro ubwo bukangurambaga batangiriye mu Murenge wa Kivumu bwitabirwa ndetse n’abaturutse mu wa Nyahbirasi.

Yitabiriwe n’abayobozi 103 b’inzego z’ibanze, akazakomereza mu Mirenge itandukanye yo muri aka Karere n’iyo mu Karere ka Karongi

TAGGED:AbaturageRIBRutsiroUbugenzacyahaUbukangurambaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 30% By’Ibitunguru N’Urusenda Abanyarwanda Basarura Urangirika
Next Article Kagame Yitabiriye Inama Ikomeye Yiga Ku Burezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?