Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Bashima Ko RIB Ibahugurira Kwirinda Ibyaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rutsiro: Bashima Ko RIB Ibahugurira Kwirinda Ibyaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2024 5:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abaturage bo muri Rutsiro bashima ko Urwego rw’Ubugenzacyaha ruhugura abantu ku kwirinda ibyaha, bikabafasha kutagongana n’ amategeko.

Umwe muri bo avuga ko kwiga ari uguhozaho kandi ko mu gihe urwego runaka rw’igihugu ruhisemo guhugura abaturage biba ari ngombwa ko batega amatwi.

Umujyanama wa Komite Nshingwabikorwa iyobora Rutsiro witwa Jean Baptiste Uwihanganye nawe yunze mu ry’umuturage, avuga ko ari ngombwa ko abayobora inzego z’ibanze bakwiye kongererwa ubumenyi mu gutahura no gukumira ibyaha.

Avuga ko kuba ariya mahugurwa yateguwe kugira ngo abayobozi b’inzego z’ibanze bahabwe ubumenyi ku buryo bwo gutahura no gukumira ihohoterwa ari iby’agaciro.

Yabibukije ko kwerekana uruhare rwabo mukurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ari inshingano zabo.

Umugenzacyaha ukora mu ishami rya RIB rishinzwe ubushakashatsi witwa Augustin Mutabazi Mutabeshya yabwiye abo bayobozi ko kumenya amakuru ku ihohoterwa ryakorewe runaka ukabihisha bigize icyaha.

Ati: “Abayobozi bagomba gutangira amakuru ku gihe kugira ngo dukomeze kurwanya iki cyaha gicike burundu tunanibutswa ko guhishira icyaha nk’iki bidakwiye kandi ko bigomba gucika”.

RIB iri mu bukangurambaga bwo kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa hirya no hino mu Rwanda.

Ibikorana n’anagatanyabikorwa bayo barimo Umuryango mpuzamahanga ushinzwe iby’abinjira n’abasohoka(IOM), UNICEF n’Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.

Mu Karere ka Rutsiro ubwo bukangurambaga batangiriye mu Murenge wa Kivumu bwitabirwa ndetse n’abaturutse mu wa Nyahbirasi.

Yitabiriwe n’abayobozi 103 b’inzego z’ibanze, akazakomereza mu Mirenge itandukanye yo muri aka Karere n’iyo mu Karere ka Karongi

TAGGED:AbaturageRIBRutsiroUbugenzacyahaUbukangurambaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 30% By’Ibitunguru N’Urusenda Abanyarwanda Basarura Urangirika
Next Article Kagame Yitabiriye Inama Ikomeye Yiga Ku Burezi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?