Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamagana: Ubushera Bwateye Abaturage 53 Kujyanwa Kwa Muganga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwamagana: Ubushera Bwateye Abaturage 53 Kujyanwa Kwa Muganga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2023 6:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana haraye havugwa inkuru y’abaturage 53 bajyanywe ku kigo nderabuzima cya Munyaga nyuma yo kunywa ubushera bukabazonga mu nda.

Ubushera ni ikinyobwa gukorwa mu masaka y’amamera ariko kidasembuye.

Iyo icyo kinyobwa gisembuwe kitwa ikigage n’aho ikigage kiriwe, cyatangiye gutakaza ubukana bakita umusururu.

Bamwe mu banyweye buriya bushera batangiye kugubwa nabi ku wa 18, Nyakanga, 2023.

Batangiye kuribwa mu nda ndetse no gucibwamo bya hato na hato.

Bari babunyweye ku Cyumweru ubwo bari bitabiriye ubukwe bw’umuturanyi wabo nk’uko Kigali Today yabyanditse.

Uwo muturanyi wabo yari yagiye kwirega kwa Sebukwe.

Uyu mugabo wari wagiye kwikiranura n’iwabo w’umugore we avuga ko bishoboka cyane ko hari umuntu waba waracunze abari bashinzwe ikigega agahumanya kiriya kinyobwa kidasembuye.

Ngo hari uwo bakeka ariko ntamuvuga amazina.

Ati “Turi gukeka ko haje umuntu agaca mu rihumye abari ku kigega agahumanya ubushera kuko abanyoye ibindi bitari ubushera ntacyo babaye.”

Umwe mu babunyoye yavuze ko yafashwe aribwa mu nda ndetse akanacibwamo.

Ati “Twaje hano ku Cyumweru hari habaye ubukwe baduha ubushera turanywa ariko byageze ku wa kabiri ku mugoroba numva umutwe utangiye kundya nkagira ngo n’ibisanzwe ariko mu nda naho hatangiye kundya ndetse mfatwa no gucibwamo nibwo batubwiye ko tugomba kujya kwa muganga bakatuvura.”

Nta burozi bwashyizwemo…

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yabwiye itangazamakuru ko iby’uko buriya bushera bwarozwe, atari byo, ahubwo ko umwanda bwashigishanywe ari wo wanduje abaturage.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab

Mbonyumuvunyi ati: “Abaturage 53 nibo bagizweho ingaruka n’ubushera banyoye bugatuma barwara. Abahuye n’ikibazo bamwe muri bo barimo kwitabwaho n’abaganga, twabasuye dusanga barimo koroherwa ndetse harimo abatashye bamaze gukira.”

Asaba abaturage kwita ku isuku mu gihe bagiye gushigisha ubushera n’ikigage.

Kubera ko amasaka yeze kandi mu cyaro imiryango ikaba iri gushyingira, ibinyobwa biri guhabwa abashyitsi ntibiburamo ikigage n’ubushera.

Ibi binyobwa gakondo iyo bitateguwe neza bishobora kuba intandaro y’indwara zo mu nda.

TAGGED:AbaturagefeaturedMbonyumuvunyiRwamaganaUbukweUbushera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda
Next Article U Rwanda Rwongeye Kwibutsa DRC Ko Kurinda Imbibi Zarwo Ari Inshingano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?