Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2025 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ifoto yakuwe muri video ya REMA yerekana imyotsi iva mu ruganda SteeelRwa rukorera i Rwamagana.
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije cyatangaje ko uruganda rukora ibyuma rwitwa SteelRwa rukorera i Rwamagana rufunzwe.

REMA ivuga ko yasabye uru ruganda rukora ibyuma kubahiriza ibiteganywa mu kurinda abaturage guhumana kubera ibyotsi rucucumura ariko ruvunira ibiti mu matwi.

Amashusho iki kigo cyashyizwe kuri X/Twitter, arerekana ibyotsi byinshi biva muri urwo ruganda.

Mu bihe bitandukanye, REMA ivuga ko yegereye uruganda SteelRwa irusaba gukurikiza amategeko ariko ntirwabikora.

Umwe mu bakozi ba REMA waganiriye na Taarifa Rwanda yavuze ko igenzura baherutse gukora Tariki 17, Ukwakira, 2025 ryerekanye ko ikibazo kiri muri ruriya ruganda kitigeze gikemurwa.

Ati: “Nk’uko mwabibonye, twaganiriye kenshi na ruriya ruganda ariko ntibakosoye ibyo basabwaga.”

Imyotsi iruvamo irazamuka igakora icyokotsi (smog) gikwira mu bice bituriye uru ruganda ku buryo REMA ivuga ko yasanze nta kundi byagenda keretse kuba rufunzwe hanyuma rukazabanza gukemura ibibazo birurimo.

Kuri X/Twitter haranditse hati: “ Ubugenzuzi twakoze bwasanze nta buryo bundi buboneye bwashyizweho n’uru ruganda bwo gufata no kuyungurura iyi myotsi iva mu ruganda. Ibi kandi byanabaye tariki 11, Nzeri, 2025.”

On several occasions, SteelRwa factory has been warned about air pollution violations and fined for failing to comply with environmental regulations. Despite this, since 2021, there has been no improvement in reducing emissions or safeguarding the health of the nearby community. pic.twitter.com/p90y5jsPhz

— Rwanda Environment Management Authority (@REMA_Rwanda) October 19, 2025

Taarifa Rwanda yavuganye n’umwe mu bakozi ba SteelRwa binyuze ku murongo wo kubahamagaraho uboneka ku rubuga rwabo rwa murandasi batubwira ko bari butuvugishe, gusa inkuru yatambutse ntacyo baratubwira.

Igihe cyose bagira icyo badutangariza kuri iyi ngingo, abasomyi bazabimenya.

Si ubwa mbere rufunzwe…

Mu bihe bitandukanye guhera mu mwaka wa 2021, uruganda SteelRwanda rwafungiwe imiryango kubera kutubahiriza ibyo rwasabwaga mu kurinda abaturage ingaruka z’ibyotsi rusohora.

Hashize amezi icyenda, RBA ikoze inkuru yavugaga ko abaturage bataka kubangamirwa n’uru ruganda nanone kubera ibyotsi biruvamo.

Icyo gihe Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda yavuze ko mu gihe cy’ukwezi kumwe hari umuti yari igiye kubivugutira.

Ubuhamya abaturiye urwo ruganda bahaye itangazamakuru buvuga ko ibirutukamo byabateraga uburwayi bwo mu myanya y’ubuhumekero.

Minisiteri y’inganda yavugaga ko mu gihe gito cyari bukurikireho, hari bube isuzuma rizerekana niba hagomba kwimurwa abaturage cyangwa uruganda rukaba ari rwo ruvanwa aho ruri rukajyanwa mu cyanya cy’inganda cya Rwamagana.

Uruganda SteelRwa rumaze imyaka 10 rubatswe kandi rukora.

Abadepite bagize Komisiyo y’ubutaka, ubuhinzi n’ubworozi n’ibidukikije bigeze kubaza Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda witwa Antoine Marie Kajangwe icyo nka Minisiteri bateganya kuri iki kibazo.

Yasubije ko mu gukemura iki kibazo hari ingamba zirimo no ‘gufata imyotsi’ iva muri urwo ruganda.

Hagati aho ariko, yavuze ko hari gushakwa ingengo y’imari yo kwimura abo baturage.

Antoine Marie Kajangwe yabwiye Abadepite ati: “Icyo kibazo turagisangiye nka Guverinoma kandi turabizeza ko tugiye kubishyiramo imbaraga kugira ngo tubashe kubirangiza byihuse mu buryo ubwo ari bwo bwose bushoboka. Navuga ko nitumara kubona ingengo y’imari, icyo tuzakora nka MINICOM ni ukubishyira mu ngingo y’imari yacu y’umwaka utaha kandi turizera ko na MINECOFIN izabyumva.”

Antoine Marie Kajangwe

Kajangwe yavuze ko ayo mafaranga azakoreshwa muri kimwe hagati yo kwimura abaturage cyangwa kwimura uruganda.

Icyo gihe abaturiye uruganda kugera muri Metero 500 nibo bavugwaga ko bagomba kwimurwa.

RBA yatangaje ko imibare yari ifite yerekanaga ko kwimura uruganda byatwara Miliyari Frw 12 naho kwimura abaturage byo bigatwwara Miliyari Frw 3.

Kuba REMA yasanze iki kibazo kigihari kandi kicyugarije abaturage ni ibyerekana ko hari ibitarakorwa ngo uruganda SteelRwa rureke gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage.

TAGGED:AbaturagefeaturedIkirereRwamaganaSteelRwaUmwotsiUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ku Manywa Y’Ihangu Bibye Inzu Ndangamurage Ya Mbere Ikomeye Ku Isi
Next Article DRC Na Uganda Biyemeje Kongera Imbaraga Mu Bucuruzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inganda Z’Intwaro Zungutse 5.9% Kubera Intambara Ya Ukraine N’Iya Gaza

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?