Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abacuruzi 54 Bafungiwe Business Kubera Kutishyura Imisoro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abacuruzi 54 Bafungiwe Business Kubera Kutishyura Imisoro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2023 1:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imisoro n’amahoro gitangaza ko mu gihe gito kimaze kugaruza imisoro n’amahoro bingana na Miliyoni Frw zikabakaba 400. Ndetse  ngo hari inzu z’ubucuruzi 54 zafunzwe.

Gifatanyije n’izindi nzego, iki  kigo kiri kugenzura niba abacuruzi batanga fagitire za Electronic Billing Machine( EBM) uwo basanze atabikora agacibwa amande kandi akaba afungiwe business mu gihe cy’iminsi 30.

Komiseri wungirije ushinzwe abasora muri iki kigo witwa Uwitonze Jean Paulin yabwiye itangazamakuru ko yavuze ko mu kwezi  kumwe bamaze gufunga inzu z’ubucuruzi 54, batanga PV (Inyandikomvugo imenyesha icyaha) 400 ndetse bagaruza miliyoni zirenga Frw  300.

Ati: “Tumaze gutanga PV zigera kuri 400 kandi tumaze kugaruza miliyoni zigera kuri 300 Frw mu kwezi kumwe.”

Avuga ko ari amafaranga menshi cyane kandi ngo baracyakomeje iki gikorwa.

Uyu muyobozi avuga ko nubwo hari abasaba imbabazi bagafungurirwa ariko muri rusange abadacuruza mu buryo bukurikije amategeko barafungirwa kandi bagacibwa amande.

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) gikora igenzura ry’ububiko bw’ibicuruzwa by’umucuruzi runaka kugira ngo harebwe niba nta yindi misoro yanyerejwe na mbere ngo uwabikoze abihanirwe.

Uwitonze yavuze ko bafungira abacuruzi binangiye.

Yunzemo  ati: “Abakoze ibyaha bazafungirwa, abo dufungira ni abantu bagaragaza ko binangiye mu mikorere yabo, usanga afite PV hejuru y’eshatu, uw’imwe cyangwa ebyiri hari ukuntu tugoragoza, ariko hejuru y’eshatu icyo gihe bigaragara ko afite umugambi wo kunyereza umusoro.”

Komiseri Jean Paul Uwitonze

Avuga ko amayeri abacuruzi bafite yo kudatanga inyemezabwishyu ya EBM bamaze kuyatahura, bityo abagitekereza kubikora bakwiye kurya bari menge.

Ati: “Abantu bareke kubikora kubera ubwoba bavuga ngo Rwanda Revenue yakajije umurego, EBM yabaye ibindi bindi ngo reka tuguhe ako kwitwaza, bahindura umuvuno bakajya bandika make, uwishyuye ibihumbi icumi( Frw 10,000)   bakandika bitandatu( Frw 6,000), ibyo turabizi kandi turanabibona. Hari abandi barangura bakababwira ngo ni bagende nibagera yo bavuge barahita bahagarika facture.”

Yasabye abakora ibintu nk’ibyo kubireka.

Abacuruzi n’abaguzi bibutswa ko gutanga no guhabwa inyemezabwishyu ya EBM bigomba kuba umuco, ibi bikazafasha mu itangwa ry’imisoro yifashishwa mu uguteza imbere u Rwanda.

Rwanda: Guverinoma Irashaka Ko EBM Iba Itegeko Ku Bacuruzi Bose

TAGGED:AmahorofeaturedImisoroRevenueRwandaUwitije
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indi Ndege Y’Intambara Ya DRC Yinjiye Mu Kirere Cy’u Rwanda
Next Article Imana Yagennye Igihe Nyacyo Cyo Gutaramira Abarundi- Israel Mbonyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?