Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abacuruzi 54 Bafungiwe Business Kubera Kutishyura Imisoro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abacuruzi 54 Bafungiwe Business Kubera Kutishyura Imisoro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2023 1:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imisoro n’amahoro gitangaza ko mu gihe gito kimaze kugaruza imisoro n’amahoro bingana na Miliyoni Frw zikabakaba 400. Ndetse  ngo hari inzu z’ubucuruzi 54 zafunzwe.

Gifatanyije n’izindi nzego, iki  kigo kiri kugenzura niba abacuruzi batanga fagitire za Electronic Billing Machine( EBM) uwo basanze atabikora agacibwa amande kandi akaba afungiwe business mu gihe cy’iminsi 30.

Komiseri wungirije ushinzwe abasora muri iki kigo witwa Uwitonze Jean Paulin yabwiye itangazamakuru ko yavuze ko mu kwezi  kumwe bamaze gufunga inzu z’ubucuruzi 54, batanga PV (Inyandikomvugo imenyesha icyaha) 400 ndetse bagaruza miliyoni zirenga Frw  300.

Ati: “Tumaze gutanga PV zigera kuri 400 kandi tumaze kugaruza miliyoni zigera kuri 300 Frw mu kwezi kumwe.”

Avuga ko ari amafaranga menshi cyane kandi ngo baracyakomeje iki gikorwa.

Uyu muyobozi avuga ko nubwo hari abasaba imbabazi bagafungurirwa ariko muri rusange abadacuruza mu buryo bukurikije amategeko barafungirwa kandi bagacibwa amande.

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) gikora igenzura ry’ububiko bw’ibicuruzwa by’umucuruzi runaka kugira ngo harebwe niba nta yindi misoro yanyerejwe na mbere ngo uwabikoze abihanirwe.

Uwitonze yavuze ko bafungira abacuruzi binangiye.

Yunzemo  ati: “Abakoze ibyaha bazafungirwa, abo dufungira ni abantu bagaragaza ko binangiye mu mikorere yabo, usanga afite PV hejuru y’eshatu, uw’imwe cyangwa ebyiri hari ukuntu tugoragoza, ariko hejuru y’eshatu icyo gihe bigaragara ko afite umugambi wo kunyereza umusoro.”

Komiseri Jean Paul Uwitonze

Avuga ko amayeri abacuruzi bafite yo kudatanga inyemezabwishyu ya EBM bamaze kuyatahura, bityo abagitekereza kubikora bakwiye kurya bari menge.

Ati: “Abantu bareke kubikora kubera ubwoba bavuga ngo Rwanda Revenue yakajije umurego, EBM yabaye ibindi bindi ngo reka tuguhe ako kwitwaza, bahindura umuvuno bakajya bandika make, uwishyuye ibihumbi icumi( Frw 10,000)   bakandika bitandatu( Frw 6,000), ibyo turabizi kandi turanabibona. Hari abandi barangura bakababwira ngo ni bagende nibagera yo bavuge barahita bahagarika facture.”

Yasabye abakora ibintu nk’ibyo kubireka.

Abacuruzi n’abaguzi bibutswa ko gutanga no guhabwa inyemezabwishyu ya EBM bigomba kuba umuco, ibi bikazafasha mu itangwa ry’imisoro yifashishwa mu uguteza imbere u Rwanda.

Rwanda: Guverinoma Irashaka Ko EBM Iba Itegeko Ku Bacuruzi Bose

TAGGED:AmahorofeaturedImisoroRevenueRwandaUwitije
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indi Ndege Y’Intambara Ya DRC Yinjiye Mu Kirere Cy’u Rwanda
Next Article Imana Yagennye Igihe Nyacyo Cyo Gutaramira Abarundi- Israel Mbonyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?