Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2025 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bashobora gufashwa bakiga.
SHARE

Mu bice bitandukanye by’u Rwanda haravugwa ababyeyi bagihisha abana babo mu ngo babaziza ko bafite ubumuga bwo mu mutwe. Babikora bumva ko abana nk’abo ari ikimwaro ku muryango bityo bakanga ko abaturanyi bamenya ko babafite.

Hari umuryango utari uwa Leta wita ku bana nk’abo witwa Izere Mubyeyi wasanze imigirire nk’iyo ikiri hirya no hino muri Masaka n’ahandi mu Rwanda, ukavuga ko ibintu nk’ibyo bidakwiye.

Uyu muryango ufite ishuri ryigamo abana 198, barimo 68 bafite ubumuga bwo mu mutwe.

Mu kubafasha kugira ubuzima bwiza, uwo muryango uha abo bana imibereho myiza irimo kubakorera isuku, kubigisha ikinyabupfura n’ubundi bumenyi bujyanye n’ubushobozi bw’ubwonko bwabo.

Umwe muri abo bana witwa Patience Irafasha avuga ko burya hari abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bafite impano nyinshi, akitangaho rw’uko yaraserukiye u Rwanda mu Budage na Abu Dhabi atahukana imidali mu mukino wa Boccia.

Ati: “Ndi umwana ufite ubumuga, ariko narize, nahagarariye igihugu ku rwego mpuzamahanga kandi nazanye ibikombe. Ababyeyi bareke guhisha abana bameze nkanjye, babahe uburenganzira kuko hari ibyo bashoboye.”

Umubyeyi witwa Twahirwa Innocent avuga ko umwana we w’umukobwa yavukanye ubumuga bwo mu mutwe ariko  yo kumugeza muri kiriya kigo yatojwe uburere n’ikinyabupfura kandi ngo iyo amubonye akina n’abandi bana yumva bimuteye ishema.

Ati: “Ni umukobwa nkunda w’inshuti yanjye nawe unkunda, ku buryo kumujyana kwiga bintera ishema. Hari byinshi amaze kugeraho, imirimo arayikora, uyu munsi aratinyuka akavuga mu Gifaransa cyiza n’ibindi.”

Agnes Mukashyaka washinze ikigo Izere Mubyeyi, avuga ko nubwo amasomo batanga agira akamaro gakomeye, hari ababyeyi bagihisha abana bafite ubumuga bakabangira kwiga.

Yabwiye itangazamakuru ko ashinga kiriya kigo yari agamije gufasha abana bafite ubumuga bwo mu mutwe kubona aho bakinira, bakagira uburenganzira nk’ubwa bagenzi babo.

Ati: “Hari abafite imyumvire iri hasi, bumva ko umwana ufite ubumuga bwo mu mutwe ntacyo azageraho, ko ntacyo azabamarira, bakabona ko kumujyana ku ishuri ari uguta igihe. Bagomba kubicikaho kuko ni abana nk’abandi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga,  NCPD, Ndayisaba Emmanuel yasabye ababyeyi bafite iyo myumvire ko ari mibi, ko bakwiye kuyireka.

Yemeza ko abana nk’abo ari abana nk’abandi, ko icyo bakeneye ari ukwerekwa urukundo bakitabwaho, ibyo badashoboye bakabishobozwa.

Ati: “Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bagomba kumva ko ari abana nk’abandi, ntibibatere ipfunwe; nibajyane abana ahabona, bajye ku ishuri bahabwe amasomo nk’abandi.”

Hanenzwe n’imiryango yitwikira gufasha abantu bafite ubumuga ariko igashyira imbere inyungu z’abayishinze aho kuzamura abafite ubumuga.

TAGGED:AbanaIkigoMasakaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza
Next Article Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?